• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ruharwa Laurent Bucyibaruta warimbuye Abatutsi mu cyahoze ari Gikongoro agiye gushyikirizwa ubutabera mu gihugu cy’ubufaransa

Ruharwa Laurent Bucyibaruta warimbuye Abatutsi mu cyahoze ari Gikongoro agiye gushyikirizwa ubutabera mu gihugu cy’ubufaransa

Ubwanditsi 03 Jun 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Laurent Bucyibaruta uzwi cyane m’uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Laurent Bucyibaruta agiye gutangira ku buranishwa mu mizi  n’inkiko zo mu mu Bufaransa. Urubanza ruregwamo Bucyibaruta ruzaburanishwa n’Urukiko rw’i Paris (Cour d’Assise de Paris) mu Bufaransa, kuva ku wa 9 Gicurasi kugeza ku wa 1 Nyakanga 2022.

Laurent Bucyibaruta yavutse muri 1944 mu cyahoze ari Pereegitura ya Gikongoro ubu ni mu ntara y’amajyepfo. Yabaye Perefe wa Gikongoro tariki ya 4 Nyakanga 1992, umunsi umwe mbere yuko MRND ya Habyarimana yizihiza isabukuru ya Coup d’Etat yo gukuraho Kayibanda, akaba yari yoherejwe n’ishyaka rye nk’intumwa muri Perefegitura yari izwiho kugira umubare munini w’Abatutsi ndetse inafite amateka mu bwicanyi bw’Abatutsi urebye ibyabaye mu Bunyambiriri na Bufundu muri kuri Noheli ya 1963.

Bucyibaruta aregwa kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi ku rwego rwa Ruharwa. Mu Ukuboza 1993, muri Mitingi ya MRND yasabye abantu gukusanya amafaranga yo kwikiza umwanzi ariwe “Mututsi”. Bucyibaruta kandi ashinjwa gutanga amabwiriza yo kwica Abatutsi, aho ubwicanyi bukomeye bwabaye muri iyi Perefegitura ariwe wari ubuyoboye.

Aha twavuga nk’ubwicanyi bwabereye kuri Paruwasi ya Cyanika tariki ya 21 Mata 1994, ubwicanyi bwabereye kuri Gereza ya Gikongoro tariki ya 22 Mata 1994 ndetse n’ubwabaye tariki ya 7 Gicurasi 1994 ku ishuri ry’abakobwa rya Kibeho Marie Merci.

Tariki ya 10 Mata 1994, Bucyibaruta yayoboye ubwicanyi bwabereye ku ishuri rya Murambi aho Abatutsi bari babwiwe guhungira ngo barabashakira umutekano ndetse n’ibyo kurya. Abo Batutsi baje kwicwa tariki ya 20 na 21 bikozwe n’abajandarume, abasirikari n’abasiviri.Bucyibaruta yahungiye mu Bufaransa mu mwaka wa 1997.

Urukiko Mpanabyaha rw’Arusha rwashyizeho impapuro zita muri yombi Laurent Bucyibaruta tariki ya 16 Kamena 2005. Nkuko urupapuro rumuta muri yombi rubivuga, Bucyibaruta ashinjwa ibyaha bigera kuri bitandatu harimo ibyaha bya Jenoside, ubufatanyacyaha muri Jenoside, gushishikariza abandi gukora Jenoside , ibyaha byibasiye inyokomuntu, ubwicanyi ndetse no gufata abagore ku ngufu. Uruhare rwe ku giti cye ndetse nuruhare rwe nk’umuyobozi bigaragazwa muri urwo rupapuro rusaba ku muta muri yombi.

Tariki ya 30 Gicurasi 2000, Bucyibaruta yatawe muri yombi, kubera ibirego by’imiryango itandukanye ararekurwa ariko tariki ya 6 Kamena 2000 arafungwa. Yarajuriye arekurwa tariki ya 20 Ukuboza 2000.

Tariki ya 12 Kamena 2007, Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpanabyaha rw’Arusha yasabye ko dosiye ye ndetse niya Munyeshyaka Wenceslas zishyikirizwa inkiko z’Ubufaransa. Yongeye gufatwa tariki ya 20 Nyakanga 2007 nyuma aza kurekurwa ariko baguma ku ijisho ry’ubutabera aho we na Munyeshyaka batemerewe kuva mu gihugu cy’Ubufaransa.

Nk’umuyoboke ukomeye wa MRND, Bucyibaruta yagize imyanya ikomeye harimo kuba Burugumesitiri wa Komini ya Musange mucyahoze ari Gikongoro kuva tariki ya 13 Ukwakira 1973 kugeza tariki ya 22 Ugushyingo 1974 nyuma aza no kuba Superefe muri za Perefegitura ya Butare na Gisenyi.

Yabaye kandi intumwa ya Rubanda (umudepite) nuko muri 1985 aba Perefe wa Kibungo kugeza muri 1992, ubwo yoherezwaga kuba Perefe wa Gikongoro

Abanyarwanda benshi bishimiye ko Bucyibaruta agiye kuburanishwa bikava mu mikino yo gufatwa no kurekurwa

2021-06-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese kuki  Kayumba Nyamwasa Yanyereje RNC, Miliyoni n’igice z’amadolari kandi akaba akomeje gukusanya andi menshi muri Uganda?

Ese kuki  Kayumba Nyamwasa Yanyereje RNC, Miliyoni n’igice z’amadolari kandi akaba akomeje gukusanya andi menshi muri Uganda?

Ubwanditsi 15 Mar 2021
Abapolisi 240 biteguye kujya gusimbura bagenzi babo muri Sudani y’Epfo

Abapolisi 240 biteguye kujya gusimbura bagenzi babo muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 04 Nov 2016
Sunrise FC itaramenya niba izakina ikiciro cya mbere cyangwa icya kabiri umwaka utaha w’imikino yatandukanye n’abakinnyi batandatu

Sunrise FC itaramenya niba izakina ikiciro cya mbere cyangwa icya kabiri umwaka utaha w’imikino yatandukanye n’abakinnyi batandatu

Ubwanditsi 30 Jul 2021
Abasirikare babiri ba FARDC bishwe n’inyeshyamba za FDLR

Abasirikare babiri ba FARDC bishwe n’inyeshyamba za FDLR

Ubwanditsi 23 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Aline Gahongayire yishumbushije umusore nyuma ya gatanya na Gahima Gabriel
SHOWBIZ

Aline Gahongayire yishumbushije umusore nyuma ya gatanya na Gahima Gabriel

Ubwanditsi 05 Feb 2018
Gicumbi: Ubukene, ubujiji n’indwara byarindimukanye n’ubutegetsi bubi cyane
Amakuru

Gicumbi: Ubukene, ubujiji n’indwara byarindimukanye n’ubutegetsi bubi cyane

Ubwanditsi 10 Jul 2024
Paris : Inyandiko   zagizwe ibanga n ‘ Ubutegetsi bwa Mitterand kuri Jenoside y’Abatutsi  zishobora gushyirwa ku karubanda
ITOHOZA

Paris : Inyandiko zagizwe ibanga n ‘ Ubutegetsi bwa Mitterand kuri Jenoside y’Abatutsi zishobora gushyirwa ku karubanda

Ubwanditsi 14 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru