• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umunyarwanda arabundabunda muri ‘New Zealand’ akwepa ubutabera

Umunyarwanda arabundabunda muri ‘New Zealand’ akwepa ubutabera

Ubwanditsi 04 Jan 2017 ITOHOZA

Pheneas Nzaramba, Umunyarwanda ukekwaho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi kuri ubu akaba yarahungiye muri New Zealand yashyizwe ku karubanda n’urwego rw’igihugu rw’ubushinjacyaha (NPPA).

Abashinjacyaha ntibaramenya niba uyu mugabo akoresha andi mazina ngo abone uko atazatabwa muri yombi cyangwa niba atarmutse, ariko umuvugizi w’uru rwego, Faustin Nkusi avugana na The New Times dukesha iyi nkuru, yavuze ko boherereje New Zealand impapuro zo kumuta muri yombi.

Faustin Nkusi yagize ati: “Ubwo twoherezaga impapuro zimuta muri yombi yari hariya (Muri New Zealand) ariko aba bantu bahora bahindura aderese“

Pheneas Nzaramba ashinjwa ibyaha bya jenoside n’itsembatsemba nk’ibyaha byibasiye inyokomuntu. Amakuru yakusanyijwe akaba agaragaza uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 muri Nyakizu. Aha akaba ari mu cyahoze ari Perefegitura ya Butare.

Mu mwaka ushize, Nkusi yavuze ko abantu batatu bagize uruhare muri jenoside bahunze harimo Eugene Uwimana, wahoze ari umwarimu muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (Kaminuza y’u Rwanda kuri ubu), hatanzwe impapuro zo kumuta muri yombi mu 2004 na Enock Ruhigira hatanzwe impapuro zo kumuta muri yombi mu 2007, bose hizerwaga ko batuye muri iki gihugu cya New Zealand.

-5244.jpg

Faustin Nkusi, Umuvugizi w’Ubushinjacyaha

Icyo gihe ikinyamakuru, The Dominion Post, gikorera mu mujyi wa Wellington, kikaba cyaratangaje ko umwe muri aba bashinjwa yari arimo aragerageza no gushakisha mu buryo bw’ibanga abatangabuhamya bo kumushinjura. Nyuma, kuwa 20 Nyakanga, 2016, abayobozi b’u Budage baje guta muri yombi Enock Ruhigira agikandagira ku Kibuga cy’indege cya Frankfurt.

U Rwanda rwarakurikiranye, rwohereza u Budage ibirego Ruhigira ashinjwa. Kuri ubu ari ahantu afungiye mu gihe hagitekerezwa uko yakoherezwa mu Rwanda. Uyu mugabo w’imyaka 65 akaba yarakoze mu biro bya perezida nk’Umuyobozi wa cabinet mu gihe cya jenoside.

Amakuru avuga ko mu gihe cya jenoside uyu Nzaramba yari umucungamutungo w’Ihuriro ry’Amatorero y’Ababatisita mu Rwanda ahitwa Nyatanga muri Paruwasi ya Nyakizu.

Avugwaho kuba yaragize ubwe uruhare mu bwicanyi, atwika amazu y’abicwaga ndetse no kuba yarafashe abagore ku ngufu.

Nubwo bitoroshye kuvuga ubufatanye buri hagati y’u Rwanda na New Zealand kuri iki kibazo, ngo abashinzwe iperereza n’abashinjacyaha bo muri iki gihugu bamaze kugera mu Rwanda inshuro 4 bakora iperereza ku bashinjwa.

-5243.jpg

Pheneas Nzaramba n’umuryango we

2017-01-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umwaka wa 2015 usize abapadiri batatu ba Diyoseze ya Cyangugu aribo  Padri Thomas NAHIMANA,Fortunatus RUDAKEMWA na Padiri Eugene DUSABIREMA ibyabo bitarasobanuka

Umwaka wa 2015 usize abapadiri batatu ba Diyoseze ya Cyangugu aribo Padri Thomas NAHIMANA,Fortunatus RUDAKEMWA na Padiri Eugene DUSABIREMA ibyabo bitarasobanuka

Ubwanditsi 03 Jan 2016
 Itohoza : Imperecyeza y’abahoze ari abakozi ba ISO muri Uganda ngo yaba yarahawe Abadepite mu cyiswe Consultation

 Itohoza : Imperecyeza y’abahoze ari abakozi ba ISO muri Uganda ngo yaba yarahawe Abadepite mu cyiswe Consultation

Ubwanditsi 29 Nov 2017
Perezida Kagame arayobora Umuhango wo gusinya Imihigo ya 2018/2019 anasese Inteko Ishinga Amategeko

Perezida Kagame arayobora Umuhango wo gusinya Imihigo ya 2018/2019 anasese Inteko Ishinga Amategeko

Ubwanditsi 09 Aug 2018
Ubushinwa bwagerageje Igisasu cya Kirimbuzi gifite imitwe 10 mu kwitegura kurwana n’Amerika

Ubushinwa bwagerageje Igisasu cya Kirimbuzi gifite imitwe 10 mu kwitegura kurwana n’Amerika

Ubwanditsi 04 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyarwandakazi Shaddy Yashyize Hanze Ifoto ari Kumwe na Diamond Mucyumba yavanyemo Umwenda
HIRYA NO HINO

Umunyarwandakazi Shaddy Yashyize Hanze Ifoto ari Kumwe na Diamond Mucyumba yavanyemo Umwenda

Ubwanditsi 10 Jun 2017
Uganda: Abanyarwanda 25 bakatiwe igifungo n’urukiko rwo muri Kisoro
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Abanyarwanda 25 bakatiwe igifungo n’urukiko rwo muri Kisoro

Ubwanditsi 14 Oct 2018
Burundi: Nyuma yo gusimbuka urupfu inshuro nyinshi, Col Richard Niyitanga yarishwe bivugwa ko yari agiye kwiba
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Nyuma yo gusimbuka urupfu inshuro nyinshi, Col Richard Niyitanga yarishwe bivugwa ko yari agiye kwiba

Ubwanditsi 28 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru