• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»CNLG iramagana umwunganizi wa Victoire Ingabire wabaye imbata yo guhakana Jenoside

CNLG iramagana umwunganizi wa Victoire Ingabire wabaye imbata yo guhakana Jenoside

Ubwanditsi 12 Jun 2016 Mu Mahanga

Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe kurwanya Jenoside, CNLG iramagana umwavoka wo mu Buholandi uherutse kubwira urukiko rwo mu mujyi wa La Haye ko Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ari umukino wa Politiki ukorwa na Leta y’u Rwanda.

Umuyobozi wa CNLG, Jean Damascene Bizimana, yavuze ko amagambo nk’aya Caroline Buisman, yumvikana buri mwaka mu kanwa k’abakoze Jenoside n’abayipfobya aba agamije gukomeretsa abayirokotse.

Ati” Amagambo ye si ayo kwihanganira. Kwibuka si umukino wa politiki ahubwo ni inshingano za buri gihugu, cyane cyane iyo hibukwa jenoside yaguyemo abasaga miliyoni bishwe na guverinoma yari ishinzwe kubarinda.”

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Ambasade y’u Rwanda mu Buholandi rivuga ko uwo mwavoka yavugiye ayo magambo mu rubanza rwa Jean Claude Iyamuremye na Jean Baptiste Mugimba bakekwaho Jenoside n’ibyaha byibasiye inyokomuntu.

Buisman muri urwo rubanza ni umujyanama mu by’amategeko wa Iyamuremye, ushinjwa kugira uruhare mu kwica Abatutsi bari bahungiye muri ETO Kicukiro.

-2907.jpg

Caroline Buisman akunze kwimakaza ingengabitekerezo ya Jenoside

Iryo tangazo risobanura ko Buisman yabwiye urukiko rw’akarere ati “Guverinoma y’u Rwanda ikoresha Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu nyungu za politiki.”

Iyi ambasade ivuga ko Buisman yirengagiza nkana ko urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda, ICTR rwemeje muri Nzeli 1998 ko Jenoside yakorewe Abatutsi hagamijwe kubarimbura burundu.

-106.png

Ingabire Victoire

Ambasade y’u Rwanda mu Buholandi kandi ivuga ko Buisman akwiye kumenya ko ku ya 23 Ukuboza 2003 Inama rusange ya Loni yafashe umwanzuro A/RES/58/234 wemeza ku ya 7 Mata nk’itariki mpuzamahanga yo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iyi ambasade yemeza ko uyu mwavoka akora ipfobya rya Jenoside nko kwihorera nyuma yo kwirukanwa mu Rwanda azira kubeshya ubuyobozi bw’abinjira n’abasohoka ko yinjiye nk’umukerarugendo kandi yari aje nk’umunyamategeko.

Buisman yinjiye mu Rwanda ku ya 9 Gicurasi akoresheje viza y’ubukerarugendo y’ibihugu bya Afurika y’Uburasirazuba.

-2906.jpg

Bizimana J Damascene umunyamabanga nshingwa bikorwa wa CNLG

Ageze mu Rwanda yashatse gukora akazi nk’uwunganira Victoire Ingabire aza kuvumburwa, ubuyobozi bumusaba guhindura viza cyangwa akava mu gihugu.

Victoire INgabire yakatiwe gufungwa imyaka 15 mu Kuboza 2013 nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo kugumura abaturage, gushinga imitwe yitwaje intwaro yo kuvutsa igihugu umudendezo no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

2016-06-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu Bwongereza, ba bimukira bagombye kuba baroherejwe mu Rwanda, bari mu myigaragambyo ikomeye binubira ubuzima nk’ubw’imfungwa.

Mu Bwongereza, ba bimukira bagombye kuba baroherejwe mu Rwanda, bari mu myigaragambyo ikomeye binubira ubuzima nk’ubw’imfungwa.

Ubwanditsi 17 Aug 2022
Mu RWANDA: Urukiko rwategetse ko Dr Mukankomeje  amanurwa muri gereza agafungwa iminsi 30 y’agateganyo

Mu RWANDA: Urukiko rwategetse ko Dr Mukankomeje amanurwa muri gereza agafungwa iminsi 30 y’agateganyo

Ubwanditsi 01 Apr 2016
Abadepite bo muri Guinée bashimye Serivisi za Isange One Stop Center

Abadepite bo muri Guinée bashimye Serivisi za Isange One Stop Center

Ubwanditsi 16 Nov 2016
Abajenosideri isi ikomeje kubabana ntoya, Urukiko rw’Ikirenga muri Suwede rwategetse ko ruharwa Jean Paul Micomyiza yoherezwa mu Rwanda

Abajenosideri isi ikomeje kubabana ntoya, Urukiko rw’Ikirenga muri Suwede rwategetse ko ruharwa Jean Paul Micomyiza yoherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Menya impamvu umugi wa Rouen mu Bufaransa wabaye indiri y’Interahamwe aho Ingabire Victoire yanyuze agakorera inama ya nyuma mbere yuko aza mu Rwanda muri 2009
HIRYA NO HINO

Menya impamvu umugi wa Rouen mu Bufaransa wabaye indiri y’Interahamwe aho Ingabire Victoire yanyuze agakorera inama ya nyuma mbere yuko aza mu Rwanda muri 2009

Ubwanditsi 05 Feb 2020
Perezida Kagame yihanganishije Kenya yagabweho igitero cy’iterabwoba
ITOHOZA

Perezida Kagame yihanganishije Kenya yagabweho igitero cy’iterabwoba

Ubwanditsi 17 Jan 2019
Umunyamakuru Shyaka Kanuma  aracyagundagurana n’Ubutabera, ahakana  ibyaha ashinjwa
Mu Rwanda

Umunyamakuru Shyaka Kanuma aracyagundagurana n’Ubutabera, ahakana ibyaha ashinjwa

Ubwanditsi 15 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru