• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyatangijwe mu ntara zose z’igihugu

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyatangijwe mu ntara zose z’igihugu

Ubwanditsi 12 Jun 2016 Mu Mahanga

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi, ni icyumweru ngarukamwaka kibanziriza kwizihiza isabukuru y’imyaka 16 Polisi y’u Rwanda imaze ibayeho, kikaba cyatangijwe uyu munsi ku itariki ya 11 kikazasozwa ku itariki ya 16 Kamena, kikaba kizibanda ku bukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana, aho gifite insanganyamatsiko igira iti:”Turengere umwana.”

Intego z’iki cyumweru ni ukwerekana akamaro k’ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage mu gutahura no kwirinda ibyaha, gukangurira abaturage uruhare rwabo mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana, no kongera uburyo, imbaraga no gukorera hamwe mu gutanga serivisi nziza no kugeza ku bagenerwabikorwa ibibakorerwa.

Gutangiza iki cyumweru bikaba byabereye kuri sitasiyo ya Polisi imwe yatoranyijwe muri buri Ntara, aho mu ntara y’Amajyepfo, cyatangirijwe mu murenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, mu Burasirazuba gitangirizwa mu murenge wa Kigabiro akarere ka Rwamagana, mu Burengerazuba gitangirizwa mu murenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu naho mu Majyaruguru gitangirizwa murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze.

Mu ijambo yavugiye mu murenge wa Kigabiro akarere ka Rwamagana ahatangirijwe iki cyumweru mu ntara y’iburasirazuba, Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango Dr Diane Gashumba yakanguriye ababyeyi kurera abana babo neza, bakabatoza indangagaciro za Kinyarwanda, bakabarinda ihohoterwa iryo ariryo ryose kugirango ibyo u Rwanda rwagezeho bitazasenyuka.

-2934.jpg

Umuhango wo gutangiza ’Police Week’ mu mujyi wa Kigali
Umuyobozi w’Umujyi n’uwa Polisi ubwo bari bagiye gutangiza igikorwa cyo gusibura’ Zebra Crossing

Aha yagize ati:”Babyeyi, tujyane abana bacu mu mashuri, tubarinde icyabahohotera, tubarengere kandi tubarinde ibibagusha mu ngeso mbi.”

Yakomeje kandi avuga ati:”Turabwira ababyeyi n’abayobozi batubahiriza inshingano zabo zo kurengera umwana, ko bakwiye kwisubiraho kuko nibitaba ibyo bazahanirwa kutita kubo babyaye cyangwa abo bashinzwe kurera.”

Minisitiri Gashumba yasoje asaba abari bitabiriye uyu muhango ko impanuro bahawe bazishyira mu bikorwa, anashima Polisi uko ihora ishakira umutekano n’imibereho myiza abanyarwanda.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe abakozi n’imiyoborere (DIGP) Juvenal Marizamunda, yashimye abitabiriye uyu muhango, ababwira ko kizasozwa ku itariki ya 16 Gicurasi ari nabwo Polisi y’u Rwanda izizihiza isabukuru y’imyaka 16 imaze ishinzwe.

Yashimiye abanyarwanda bose ubufatanye badahwema kugirira Polisi y’u Rwanda ngo igere ku nshingano zayo, aho yagize ati:”Tuzirikana ko umutekano ariwo shingiro rya byose, kandi Polisi y’u Rwanda ntiyabigeraho mutabigizemo uruhare. Mukomeze ubwo bufatanye maze twese hamwe duharanire kugira u Rwanda ruzira ihohoterwa kandi abanyarwanda bagire icyizere cy’ejo hazaza heza.

Yakomeje asaba abo baturage gutangira amakuru ku gihe y’icyahungabanya umutekano, anaburira abashobora gushaka guhungabanya umutekano w’abanyarwanda, aho yagize ati:”Abashaka guhungabanya umutekano w’abanyarwanda, bamenye ko inzego z’umutekano ndetse n’abanyarwanda bazima bari maso, bazatabwa muri yombi ntacyo barageraho. ”
Yasoje abasaba kuzagira uruhare mu igenda neza ry’ibikorwa byose bizaranga iki cyumweru, abanyarwanda bose bagafatanya mu kurinda ibyagezweho no kugera ku bindi byiza.

Mu ntara zitandukanye, abayobozi b’inzego z’umutekano, ab’intara, ab’inzego z’ibanze, abahagarariye inzego zitegamiye kuri Leta ndetse n’abaturage benshi bakaba bifatanyije na Polisi y’u Rwanda mu gutangiza iki cyumweru.

Iki cyumweru kikaba kizibanda ku bukangurambaga ku kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana, ubukangurambaga ku kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ubukangurambaga ku kurwanya icuruzwa ry’abantu, ubukangurambaga ku kurwanya ikoreshwa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, n’ubukangurambaga ku kwirinda impanuka n’umutekano wo mu muhanda.

-2933.jpg

Ku rwego rw’igihugu, gutangiza iki cyumweru biteganyijwe kubera i Remera kuri Kigali Metropolitan Police Headquarters ku cyumweru tariki ya 12 Kamena.

RNP

2016-06-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho

Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho

Ubwanditsi 14 Nov 2016
Abacuruzi ba Shisha muri Kenya batwaye leta mu rukiko

Abacuruzi ba Shisha muri Kenya batwaye leta mu rukiko

Ubwanditsi 01 Jan 2018
U Butaliyani bwashyizeho agahigo ko kuba ikipe ya mbere itsinze ibitego byinshi mu mukino ufungura irushanwa rya EURO.

U Butaliyani bwashyizeho agahigo ko kuba ikipe ya mbere itsinze ibitego byinshi mu mukino ufungura irushanwa rya EURO.

Ubwanditsi 12 Jun 2021
Urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha rwasabwe kuba maso

Urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha rwasabwe kuba maso

Ubwanditsi 11 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bwongereza  bwatangiye iperereza ku banyarwanda batanu bakekwaho uruhare muri Jenoside
ITOHOZA

U Bwongereza bwatangiye iperereza ku banyarwanda batanu bakekwaho uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 09 Apr 2019
Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro
POLITIKI

Bimwe mu byo wamenya kuri Uhuru Kenyatta uherutse gutsinda amatora bigateshwa agaciro

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Uganda: Ben Rutabana yabuze mu rukiko, hahanzwe amaso inzira za politiki
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Ben Rutabana yabuze mu rukiko, hahanzwe amaso inzira za politiki

Ubwanditsi 06 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru