• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyatangijwe mu ntara zose z’igihugu

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyatangijwe mu ntara zose z’igihugu

Ubwanditsi 12 Jun 2016 Mu Mahanga

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi, ni icyumweru ngarukamwaka kibanziriza kwizihiza isabukuru y’imyaka 16 Polisi y’u Rwanda imaze ibayeho, kikaba cyatangijwe uyu munsi ku itariki ya 11 kikazasozwa ku itariki ya 16 Kamena, kikaba kizibanda ku bukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana, aho gifite insanganyamatsiko igira iti:”Turengere umwana.”

Intego z’iki cyumweru ni ukwerekana akamaro k’ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage mu gutahura no kwirinda ibyaha, gukangurira abaturage uruhare rwabo mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana, no kongera uburyo, imbaraga no gukorera hamwe mu gutanga serivisi nziza no kugeza ku bagenerwabikorwa ibibakorerwa.

Gutangiza iki cyumweru bikaba byabereye kuri sitasiyo ya Polisi imwe yatoranyijwe muri buri Ntara, aho mu ntara y’Amajyepfo, cyatangirijwe mu murenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, mu Burasirazuba gitangirizwa mu murenge wa Kigabiro akarere ka Rwamagana, mu Burengerazuba gitangirizwa mu murenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu naho mu Majyaruguru gitangirizwa murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze.

Mu ijambo yavugiye mu murenge wa Kigabiro akarere ka Rwamagana ahatangirijwe iki cyumweru mu ntara y’iburasirazuba, Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango Dr Diane Gashumba yakanguriye ababyeyi kurera abana babo neza, bakabatoza indangagaciro za Kinyarwanda, bakabarinda ihohoterwa iryo ariryo ryose kugirango ibyo u Rwanda rwagezeho bitazasenyuka.

-2934.jpg

Umuhango wo gutangiza ’Police Week’ mu mujyi wa Kigali
Umuyobozi w’Umujyi n’uwa Polisi ubwo bari bagiye gutangiza igikorwa cyo gusibura’ Zebra Crossing

Aha yagize ati:”Babyeyi, tujyane abana bacu mu mashuri, tubarinde icyabahohotera, tubarengere kandi tubarinde ibibagusha mu ngeso mbi.”

Yakomeje kandi avuga ati:”Turabwira ababyeyi n’abayobozi batubahiriza inshingano zabo zo kurengera umwana, ko bakwiye kwisubiraho kuko nibitaba ibyo bazahanirwa kutita kubo babyaye cyangwa abo bashinzwe kurera.”

Minisitiri Gashumba yasoje asaba abari bitabiriye uyu muhango ko impanuro bahawe bazishyira mu bikorwa, anashima Polisi uko ihora ishakira umutekano n’imibereho myiza abanyarwanda.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe abakozi n’imiyoborere (DIGP) Juvenal Marizamunda, yashimye abitabiriye uyu muhango, ababwira ko kizasozwa ku itariki ya 16 Gicurasi ari nabwo Polisi y’u Rwanda izizihiza isabukuru y’imyaka 16 imaze ishinzwe.

Yashimiye abanyarwanda bose ubufatanye badahwema kugirira Polisi y’u Rwanda ngo igere ku nshingano zayo, aho yagize ati:”Tuzirikana ko umutekano ariwo shingiro rya byose, kandi Polisi y’u Rwanda ntiyabigeraho mutabigizemo uruhare. Mukomeze ubwo bufatanye maze twese hamwe duharanire kugira u Rwanda ruzira ihohoterwa kandi abanyarwanda bagire icyizere cy’ejo hazaza heza.

Yakomeje asaba abo baturage gutangira amakuru ku gihe y’icyahungabanya umutekano, anaburira abashobora gushaka guhungabanya umutekano w’abanyarwanda, aho yagize ati:”Abashaka guhungabanya umutekano w’abanyarwanda, bamenye ko inzego z’umutekano ndetse n’abanyarwanda bazima bari maso, bazatabwa muri yombi ntacyo barageraho. ”
Yasoje abasaba kuzagira uruhare mu igenda neza ry’ibikorwa byose bizaranga iki cyumweru, abanyarwanda bose bagafatanya mu kurinda ibyagezweho no kugera ku bindi byiza.

Mu ntara zitandukanye, abayobozi b’inzego z’umutekano, ab’intara, ab’inzego z’ibanze, abahagarariye inzego zitegamiye kuri Leta ndetse n’abaturage benshi bakaba bifatanyije na Polisi y’u Rwanda mu gutangiza iki cyumweru.

Iki cyumweru kikaba kizibanda ku bukangurambaga ku kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana, ubukangurambaga ku kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ubukangurambaga ku kurwanya icuruzwa ry’abantu, ubukangurambaga ku kurwanya ikoreshwa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, n’ubukangurambaga ku kwirinda impanuka n’umutekano wo mu muhanda.

-2933.jpg

Ku rwego rw’igihugu, gutangiza iki cyumweru biteganyijwe kubera i Remera kuri Kigali Metropolitan Police Headquarters ku cyumweru tariki ya 12 Kamena.

RNP

2016-06-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gatsibo  : Umupolisi yarashe abapolisi bagenzi be yicamo umwe, na we araraswa

Gatsibo : Umupolisi yarashe abapolisi bagenzi be yicamo umwe, na we araraswa

Ubwanditsi 03 Oct 2016
Perezida Kagame yibukije abayobozi ko Imana yabaremanye ubushobozi

Perezida Kagame yibukije abayobozi ko Imana yabaremanye ubushobozi

Ubwanditsi 16 Jan 2017
Sobanukirwa uburyo JMV Ndagijimana yibye amadorali 187.000 yagombaga gufasha amabasade y’u Rwanda muri Amerika gufungura ibikorwa byayo

Sobanukirwa uburyo JMV Ndagijimana yibye amadorali 187.000 yagombaga gufasha amabasade y’u Rwanda muri Amerika gufungura ibikorwa byayo

Ubwanditsi 24 May 2023
Kanombe : Byari ibyishimo n’umunezero kwakira Indege nshya Boeing 737-800NG ya RwandAir yiswe Kalisimbi

Kanombe : Byari ibyishimo n’umunezero kwakira Indege nshya Boeing 737-800NG ya RwandAir yiswe Kalisimbi

Ubwanditsi 16 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Mukura
Mu Rwanda

Rayon Sports yegukanye igikombe cya shampiyona itsinze Mukura

Ubwanditsi 18 May 2017
Besigye yanenze umunyamakuru wavuze ko pasiporo yahawe Mukankusi wo muri RNC ari impimbano
HIRYA NO HINO

Besigye yanenze umunyamakuru wavuze ko pasiporo yahawe Mukankusi wo muri RNC ari impimbano

Ubwanditsi 21 Mar 2019
Kagame yizeje ko FPR izaca iby’abayobozi bategera abaturage
UBUKUNGU

Kagame yizeje ko FPR izaca iby’abayobozi bategera abaturage

Ubwanditsi 26 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru