• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Kagame yibukije abayobozi ko Imana yabaremanye ubushobozi

Perezida Kagame yibukije abayobozi ko Imana yabaremanye ubushobozi

Editorial 16 Jan 2017 Mu Mahanga

Perezida Kagame yibukije abayobozi ko Imana yabaremanye ubushobozi, abashishikariza kubukoresha mu kuzuza inshingano zabo zihindura imibereho y’Abanyarwanda.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabigarutseho ejo ku cyumweru tariki 15 Mutarama 2017, mu masengesho ngarukamwaka yo gusengera igihugu yabereye muri Kigali Convention Centre.

Perezida Kagame wari kumwe na Madamu Jeannette Kagame, yasabye abayobozi gukoresha ubushobozi Imana yabahaye mu kuzuza inshingano bashinzwe.

Ati “Imana iturema ntiyigeze idushyira mu byiciro kuva ku wo hejuru kugeza ku wo hasi. Twese twaremanywe ubushobozi bungana. Abanyafurika, Abanyarwanda bagomba guhindura uburyo batekereza, tugomba kongera gusuzuma imitekerereze yacu, indangagaciro zacu.”

Yakomeje agira ati “Nidutegereza ko badukorera ibyo twakagombye kwikorera, tuzagera kuki? Guhora iteka ahantu ukomera abandi amashyi utahava ngo ukore ibyawe, nta kamaro byagira mu iterambere ryacu.”

Aya masengesho yitabiriwe n’abagera kuri 700 barimo n’abanyamahanga baturutse mu Budage, Nigeria, Uganda, RDC n’u Burundi. Perezida Kagame yagaragaje ko hari ihuriro ryo gukorera Imana no gukorera igihugu nk’umuyobozi ku Isi.

Ati “Kugira ngo twizere ibyiza nyuma y’ubuzima, tugomba kuzuza inshingano zacu muri ubu buzima. Nk’abayobozi, Imana yaduhaye ubushobozi busendereye bwo gukora ibyiza ku bwacu no ku bo dushinzwe gukorera.”

Umuyobozi w’ihuriro ry’amasengesho mu bayobozi b’igihugu, Rev.Past.Antoine Rutayisire, yibukije ko hari iterambere Imana yagejeje ku Rwanda mu myaka ishize, igaha igihugu abayobozi bafite icyerekezo kandi igaha abaturage umutima wo gukunda igihugu.

-5396.jpg

Rev.Past.Antoine Rutayisire

Hagarutswe ku by’Imana yashoboje u Rwanda mu mwaka wa 2016 birimo; gutaha ku mugaragaro Kigali Convention Centre, kwakira inama y’Afurika yunze ubumwe, inama Mpuzamahanga yiga ku bukungu, WEF, gutangiza ikoreshwa rya Drones mu kugeza amaraso ku ndembe n’ibindi.

Aya masengesho yatangijwe mu 1995 agamije gusengera abayobozi b’igihugu muri rusange. Ahuza abayobozi mu nzego nkuru z’igihugu barimo; abagize Guverinoma, abadepite, abasenateri, inzego z’ubutabera, iz’umutekano, abikorera, sosiyete sivile n’abayobozi b’amadini.

-5395.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame aganira n’umukozi w’Imana

2017-01-16
Editorial

IZINDI NKURU

Abantu babiri bafashwe bakekwaho kwigana kashe ngo ntibishyure imisoro

Abantu babiri bafashwe bakekwaho kwigana kashe ngo ntibishyure imisoro

Editorial 30 Mar 2016
PL irizihiza imyaka 25 igihanganye n’urukuta rwa Mitali

PL irizihiza imyaka 25 igihanganye n’urukuta rwa Mitali

Editorial 09 Jun 2016
Leta y’u Rwanda yagaramye ibyo kuburana na  Stanley Safari ndetse na Ingabire Victoire inivana mu masezerano ashyiraho Urukiko Nyafurika

Leta y’u Rwanda yagaramye ibyo kuburana na Stanley Safari ndetse na Ingabire Victoire inivana mu masezerano ashyiraho Urukiko Nyafurika

Editorial 09 Mar 2016
Perezida Kagame yakiriye Umwami wa Maroc, Mohammed VI

Perezida Kagame yakiriye Umwami wa Maroc, Mohammed VI

Editorial 19 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru