• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Kagame yibukije abayobozi ko Imana yabaremanye ubushobozi

Perezida Kagame yibukije abayobozi ko Imana yabaremanye ubushobozi

Ubwanditsi 16 Jan 2017 Mu Mahanga

Perezida Kagame yibukije abayobozi ko Imana yabaremanye ubushobozi, abashishikariza kubukoresha mu kuzuza inshingano zabo zihindura imibereho y’Abanyarwanda.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabigarutseho ejo ku cyumweru tariki 15 Mutarama 2017, mu masengesho ngarukamwaka yo gusengera igihugu yabereye muri Kigali Convention Centre.

Perezida Kagame wari kumwe na Madamu Jeannette Kagame, yasabye abayobozi gukoresha ubushobozi Imana yabahaye mu kuzuza inshingano bashinzwe.

Ati “Imana iturema ntiyigeze idushyira mu byiciro kuva ku wo hejuru kugeza ku wo hasi. Twese twaremanywe ubushobozi bungana. Abanyafurika, Abanyarwanda bagomba guhindura uburyo batekereza, tugomba kongera gusuzuma imitekerereze yacu, indangagaciro zacu.”

Yakomeje agira ati “Nidutegereza ko badukorera ibyo twakagombye kwikorera, tuzagera kuki? Guhora iteka ahantu ukomera abandi amashyi utahava ngo ukore ibyawe, nta kamaro byagira mu iterambere ryacu.”

Aya masengesho yitabiriwe n’abagera kuri 700 barimo n’abanyamahanga baturutse mu Budage, Nigeria, Uganda, RDC n’u Burundi. Perezida Kagame yagaragaje ko hari ihuriro ryo gukorera Imana no gukorera igihugu nk’umuyobozi ku Isi.

Ati “Kugira ngo twizere ibyiza nyuma y’ubuzima, tugomba kuzuza inshingano zacu muri ubu buzima. Nk’abayobozi, Imana yaduhaye ubushobozi busendereye bwo gukora ibyiza ku bwacu no ku bo dushinzwe gukorera.”

Umuyobozi w’ihuriro ry’amasengesho mu bayobozi b’igihugu, Rev.Past.Antoine Rutayisire, yibukije ko hari iterambere Imana yagejeje ku Rwanda mu myaka ishize, igaha igihugu abayobozi bafite icyerekezo kandi igaha abaturage umutima wo gukunda igihugu.

-5396.jpg

Rev.Past.Antoine Rutayisire

Hagarutswe ku by’Imana yashoboje u Rwanda mu mwaka wa 2016 birimo; gutaha ku mugaragaro Kigali Convention Centre, kwakira inama y’Afurika yunze ubumwe, inama Mpuzamahanga yiga ku bukungu, WEF, gutangiza ikoreshwa rya Drones mu kugeza amaraso ku ndembe n’ibindi.

Aya masengesho yatangijwe mu 1995 agamije gusengera abayobozi b’igihugu muri rusange. Ahuza abayobozi mu nzego nkuru z’igihugu barimo; abagize Guverinoma, abadepite, abasenateri, inzego z’ubutabera, iz’umutekano, abikorera, sosiyete sivile n’abayobozi b’amadini.

-5395.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame aganira n’umukozi w’Imana

2017-01-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ukuri kutavuzwe ku rugendo rwa Tshisekedi muri Uganda

Ukuri kutavuzwe ku rugendo rwa Tshisekedi muri Uganda

Ubwanditsi 31 Oct 2024
Abayobozi ba FDLR bishwe nyuma yuko bashishikarijwe gushyira intwaro hasi bagataha mu Rwanda, bavunira ibiti mu matwi ahubwo bagaragaza ingengabitekerezo yabo

Abayobozi ba FDLR bishwe nyuma yuko bashishikarijwe gushyira intwaro hasi bagataha mu Rwanda, bavunira ibiti mu matwi ahubwo bagaragaza ingengabitekerezo yabo

Ubwanditsi 12 Jan 2020
AMAFOTO: Umukino wa Manchester United na Liverpool wasubitswe kubera imyigaragambyo y’abafana ba Manchester binubira uko ikipe yabo iyobowe.

AMAFOTO: Umukino wa Manchester United na Liverpool wasubitswe kubera imyigaragambyo y’abafana ba Manchester binubira uko ikipe yabo iyobowe.

Ubwanditsi 03 May 2021
Fidèle Ndayisaba yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa NURC

Fidèle Ndayisaba yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa NURC

Ubwanditsi 25 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye isabukuru y’imyaka 59 Madagascar ibonye ubwigenge
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye isabukuru y’imyaka 59 Madagascar ibonye ubwigenge

Ubwanditsi 26 Jun 2019
Bomboli-Bomboli mu ishyirahamwe ry’Abamotari mu Rwanda
Mu Rwanda

Bomboli-Bomboli mu ishyirahamwe ry’Abamotari mu Rwanda

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Mu Ishuri rya Polisi y’u Rwanda ry’i Gishari hatangijwe amahugurwa ku kurwanya inkongi z’imiriro
Mu Mahanga

Mu Ishuri rya Polisi y’u Rwanda ry’i Gishari hatangijwe amahugurwa ku kurwanya inkongi z’imiriro

Ubwanditsi 10 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru