• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Mvura nkuvure yarafashije cyane mu cyumweru cyo kwibuka

Mvura nkuvure yarafashije cyane mu cyumweru cyo kwibuka

Ubwanditsi 15 Apr 2016 Mu Mahanga

Mu cyumweru cyo kwibuka jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 twakomeje gusura intara y’uburasirazuba dusanga hari gahunda ifasha cyane mu gusana imitima y’abantu arinako inafasha abacitse ku icumu gukomeza kwiyubaka bushya.

Muri icyo cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 22 twabanje kuzajya dusura Akarere ka Bugesera nyuma tunajya mu cyahoze cyitwa Umutara mu karere ka Gatsibo, ari naho twabonye yuko gahunda cyangwa umushinga wa MVURA NKUVURE ifasha cyane mu cyumweru cyo kwibuka.

Iyi nyito ya Mvura nkuvure yagenekerejwe mu rulimi rw’ikinyarwanda ikuwe mu cyongereza,bivuze Community based sociotherapy Program (CBSP).

Hari kuwa kabiri tariki 12/04/2016 ari bwo nabonye yuko MVURA NKUVURE inakenewe no mu mujyi wa Kigali aho ibintu biva byigira ahandi ! Mu mujyi wa Kigali niho hari icyicaro gikuru cya CBSP ariko nta bikorwa bya MVURA NKUVURE bihari.

Aho muri Gatsibo twasanze ahenshi bari mu bikorwa by’iyo gahunda ya MVURA NKUVURE kandi bishimishije cyane. Ibyo bikorwa byari bifite umwihariko wo gutera ingabo mu bitugu abacitse ku icumu rya jenoside batishoboye kurusha abandi.

Ahitwa Bakiri, Bukomane muri Gitoki twahasanze itsinda ry’abagize MVURA NKUVURE bari baje gusura no kwihanganisha umutegarugore wacitse ku icumu rya jenoside witwa Nyirabahizi Pelagia. Twasanze basenga, nyuma bamuha impano bari bamuzaniye. Izo mpano zari zigizwe n’imifuka y’ifu n’ibigori, umuceri n’utundi tuntu tujyanye nabyo. Nyirabahizi yatubwiye yuko uko gusurwa gutuma yiruhutsa akabona yuko agifite abavandimwe nubwo abe bose baguye muri jenoside yakorewe abatutsi.

Aho muri Bukomane na none twageze ku witwa Mukankusi Emelitha dusanga hari abantu batari bake baje kumubagarira imirima y’ibishyimbo n’ibinyobwa, naho muri Nyamirama twageze kwa Mukabagabo Epephanie dusanga barimo bamuhingira abandi bahoma inzu ye. Abo bahingaga bararangije bamutereramo n’imigozi y’ibijumba.

Iyi gahunda cyangwa umushinga wa MVURA NKUVURE uterwa inkunga na ambasade y’Abahollandi mu Rwanda kandi uko bigaragara n’uko ufite akamaro cyane mu gutanga umusanzu mu rugendo rw ‘ubumwe n’ubwiyunge, gukiza ibikomere abanyarwanda batejwe n`amteka mabi harimo na Genocide yakoreswe abatutsi, gusana imibanire no guteza imbere ubusabane bwabanyarwanda bwari bwarashegeshwe na Genocide. Nvura nkuvure kandi ifasha abaturage kwihesha agaciro no kwishakamo ibisubizo hakoreshejwe itsinda.

Iyi gahunda yatangiriye mu cyahoze ari intara ya Byumba muri 2005 hanyuma iza kwagurirwa mu Bugesera muri 2008. Ubu iyi gahunda yageze mu ntara zose z’igihugu usibye mu mujyi wa Kigali.

Uko bigaragara muri Gatsibo nuko iyi gahunda ya MVURA NKUVURE yakijije ibikomere bya benshi, batari abacitse ku icumu rya jenoside gusa ahubwo n’abayigizemo uruhare ariko nyuma bakaza kwemera no kwicuza ibyaha. Aba bantu CBSP yabafashije kwishyira mu matsinda bagakorana kivandimwe.

Nk’uko Umuhuzabikorwa wa CBSP ku rwego rw’igihugu, Rutayisire Fidele, abivuga Mvura Nkuvure cyangwa sociotherapy ni uburyo bukoresha itsinda nk’umuti aho abantu 15 bagize itsinda bakora urugendo rw’ibyumweru 15 biyubakamo umutekano, icyizere, bakitanaho, bakubahana, bakibuka bakanafata ingamba nshya z’ubuzima bwamo bagamije kwiyubaka. Muri nvura nkuvure, buri muntu ugize itsinda aba igisubizo cya mugenzi we. Iyi gahunda ikaba iri kunganira izindi gahunda za Leta nka Ndi Umunyarwanda, Ubumwe n’ubwiyunge n’izindi.

Ukuri kandi kurigaragaza ; uyu mushinga uterwa inkunga na Ambassade y’Abaholandi mu Rwanda uratanga umusaruro mwiza cyane mu gukiza ibikomere, kwiteza imbere, kwishyura imitungo, kubabarira, kunoza imibanire myiza ariko ikibazo kikaba yuko utaragera kuri benshi nk’uko byakabaye ngombwa.

Twavuze yuko uyu mushinga ukorera mu ntara zose z’u Rwanda ariko ibi ni byo nk’uko atari nabyo. Umushinga ukorera koko mu ntara zose z’u Rwanda ariko muri buri ntara ugakorera mu turere tubiri gusa !

-2684.jpg

Bamwe mu itsinda rya mvura nkuvure babagara mu murima wa Mukankusi Emelitha, Bukomane muri Gatsibo

Nk’uko umuhuzabikorwa w’iyi gahunda ku rwego rw’igihugu, Rutayisire Fideli, abivuga, iyi gahunda yatangiriye mu cyahoze ari intara ya Byumba muri 2005 hanyuma ikomereza mu Bugesera muri 2008. Usibye nyine mu mujyi wa Kigali hari icyicaro gikuru ariko umushinga ukaba nta bikorwa uhafite, Mvura nkuvure ikorera mu turere tubiri muri buri ntara. Mu Burasirazuba ikorera Bugesera na Gatsibo, mu majyaruguru igakorera mu turere twa Rulindo na Gicumbi, mu majyepfo igakorera muri Muhanga na Nyamagabe naho mu burengerazuba igakorera Rubavu na Karongi. Aho hose ni ambasade y’Abahollandi itera inkunga uwo mushinga wa Mvura nkuvure.

Kayumba Casmiry

2016-04-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwibuka 29: Twiyame Padiri Nahimana n’abandi nkawe, imungu muri Kiliziya zikwiza uburozi bw’ingengabitekerezo ya Jenoside

Kwibuka 29: Twiyame Padiri Nahimana n’abandi nkawe, imungu muri Kiliziya zikwiza uburozi bw’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 06 Apr 2023
Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Col. Cyprien Kayumba agiye gushyikirizwa inkiko mu Bufaransa.

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Col. Cyprien Kayumba agiye gushyikirizwa inkiko mu Bufaransa.

Ubwanditsi 05 Sep 2024
Politiki mbiligi isanzwe iciriritse, ariko noneho Abakongomani bari mu Nteko y’Ububiligi barayirunduye!

Politiki mbiligi isanzwe iciriritse, ariko noneho Abakongomani bari mu Nteko y’Ububiligi barayirunduye!

Ubwanditsi 24 Nov 2024
U Butaliyani bwashyizeho agahigo ko kuba ikipe ya mbere itsinze ibitego byinshi mu mukino ufungura irushanwa rya EURO.

U Butaliyani bwashyizeho agahigo ko kuba ikipe ya mbere itsinze ibitego byinshi mu mukino ufungura irushanwa rya EURO.

Ubwanditsi 12 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Entebbe : Indege y’u Burusiya yafatanywe intwaro zari zigiye kujyanwa  ahantu hataramenyekana
Mu Rwanda

Entebbe : Indege y’u Burusiya yafatanywe intwaro zari zigiye kujyanwa ahantu hataramenyekana

Ubwanditsi 01 Sep 2017
Abatatiye amahame ya FPR bishyize mu kangaratete – Kagame
INKURU NYAMUKURU

Abatatiye amahame ya FPR bishyize mu kangaratete – Kagame

Ubwanditsi 14 Dec 2017
Perezida Uhuru Kenyatta yasesekaye mu Rwanda
ITOHOZA

Perezida Uhuru Kenyatta yasesekaye mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru