• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umwami Kigeli yashimiye Rushyashya kumukiza amabandi

Umwami Kigeli yashimiye Rushyashya kumukiza amabandi

Ubwanditsi 03 Sep 2016 ITOHOZA

Ikinyamakuru Rushyashya cyakiriye ubutumwa buturutse ku mwami Kigeli Ndahindurwa ubwe nyuma yo gusoma inkuru twabagejejeho ivuga ko Hagati ya Major Robert Higiro na David Himbara umwe ashobora kwica undi.

Major Robert Higiro, yari yarabaye umuzunguzayi wa za tapes/ cassette ya tekinitse we na Col. Karegeya avuga ko yari yategetswe kwica Kayumba Nyamwasa, ariko izo tapes zateshejwe agaciro,aho bamenyeye ko ari Karegeya wari wazikozeho technique dore ko yarabishoboye.

Amakuru ye, ava muri Amerika avuga ko icyo gihugu kitamuguye neza kuko asigaye asa n’umushushwe,imyenda iratakara. Ngo ubu afite agahenge kuko afite aho yisumamo akazi k’ubunyezamu kuri Federal Building.

Ategereje ngo impapuro z’ubuhunzi kandi icyo yahunze Bruxelles nticyamenyekanye kuko yabeshye ko umutekano we ari muke..Ubu itohoza rirakurikira ubwo buriganya bwa Higiro.

-3919.jpg

-3922.jpg

Pascal Munyampirwa

Iyo nzara niyo yamuteye guca inyuma David Himbara bashinganye Democracy In Rwanda Now, ajya i Virginia gushaka Umwami Kigeli ari kumwe na Cpt Cyusa bafatanyije kuba muri RNC igice cya Kayumba Nyamwasa.

Amakuru twabashije kumenya avuga ko Major Robert Higiro yabashije guhura n’Umwami Kigeli, kuri uyu wa kabiri tariki ya 30 Kanama 2016, abifashijwemo na Pascal Munyampirwa nyiri guest house Kibuye wahunze igihugu ubu akaba aba muri Amerika, ari nawe ukuriye igice cya Kayumba muri icyo gihugu cya Amerika.

Umucuruzi Munyampirwa Pascal, nyuma ya jenoside yaje kwegurirwa ikitwaga Guest House Kibuye, ariko mu mwaka wa 2008 aza kongera kuyakwa na Lete y’u Rwanda, aho yavugaga ko atabashije kuzuza ibyo yari yaremeye mu masezerano ubwo yayiguraga, bimwe mu byo Munyampirwa atubahirije bikaza kumuviramo kwamburwa Guest House akanahunga igihugu.

-3915.jpg

Umwami Jean Baptiste Kigeli V

Amakuru twahawe n’umuntu wizewe avuga ko Pascal Munyampirwa atuye muri Leta imwe n’Umwami Kigeli i Virginia, ari nawe wabaye umuhuza hagati ya Major Robert Higiro, Cpt Cyusa guhura n’Umwami Kigeli.

Nyuma y’uwo mubonano wabaye mu ibanga twatangaje iyo nkuru yaje kugera k’umwami Kigeli, wahise ashimira Rushyashya ndetse muri iki gitondo Kigeli ubwe yatwoherereje ubutumwa avuga ko yashimishijwe n’inkuru yasomye muri Rushyashya kuko amabandi yo muri RNC ayobowe na Major Robert Higiro, yari amurembeje amusaba amafaranga.

-3916.jpg

Major Robert Higiro

Iyo nkuru yo muri Rushyashya Umwami Jean Baptiste Kigeli V avuga yuko yamukijije amabandi twagaragaje ukuntu Higiro na Cyusa ari abatekamutwe bagenda bakuramo abantu amafaranga bababeshya ibyo bagamije gukora kandi ari ntabyo.

Bagiye gusaba amafaranga umwami Kigeli bamubwira yuko ari ayo gukoresha muri icyo kintu bise Democracy in Rwanda now, ngo kiri hafi kuburizamo kuba Perezida Kagame yakwiyamamariza manda ya gatatu.

-3917.jpg

David Himbara nyiri Democracy in Rwanda now

Rushyashya muri iyo nkuru igaragaje yuko ari ubutekamutwe nibwo Umwami Kigeli yabimenye, ashimira Rushyashya yuko imukijije amabandi atari yari yaratekereje yuko ari yo, ngo ariko nyuma yo gusoma iyo nkuru akabaririza yaje gusanga ari amabandi koko !

-3918.jpg

Burasa Jean Gualbert umuyobozi w’ Ikinyamakuru Rushyashya

Cyiza Davidson

2016-09-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese David Himbara yaba yarose perezida Kagame atari we uyoboye u Rwanda cyangwa ni uguta umutwe?

Ese David Himbara yaba yarose perezida Kagame atari we uyoboye u Rwanda cyangwa ni uguta umutwe?

Ubwanditsi 30 May 2018
Umwami Kigeli V Ndahindurwa  ashobora  gutabarizwa muri Amerika

Umwami Kigeli V Ndahindurwa ashobora gutabarizwa muri Amerika

Ubwanditsi 03 Nov 2016
Amatiku, gutukana bya gishumba no gukorera mu dutsiko…

Amatiku, gutukana bya gishumba no gukorera mu dutsiko…

Ubwanditsi 26 Jul 2016
Intambara ishobora kuba hagati y’Ibihugu by’Ibihangange

Intambara ishobora kuba hagati y’Ibihugu by’Ibihangange

Ubwanditsi 25 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mkapa asanga u Rwanda rufite ahazaza heza kubera kurengera ibidukikije
UBUKERARUGENDO

Mkapa asanga u Rwanda rufite ahazaza heza kubera kurengera ibidukikije

Ubwanditsi 11 Jan 2018
Uganda yanze ko intumwa za LONI zivugana na Minisitiri Philemon Mateke ku kibazo cyo gushyigikira imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda, akanavugwa mu bitero byo mu Kinigi
INKURU NYAMUKURU

Uganda yanze ko intumwa za LONI zivugana na Minisitiri Philemon Mateke ku kibazo cyo gushyigikira imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda, akanavugwa mu bitero byo mu Kinigi

Ubwanditsi 14 Dec 2019
Abakinnyi 4 ba banyarwanda berekeje gukina muri  Slovakia
IMIKINO

Abakinnyi 4 ba banyarwanda berekeje gukina muri Slovakia

Ubwanditsi 07 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru