• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi:  Mu kiyaga cya Rweru hongeye kuboneka imirambo ijombyemo ibiti, abaturage ntibashira amakenga  ubuyobozi bwa komini n’ubw’abashinzwe umutekano.

Burundi:  Mu kiyaga cya Rweru hongeye kuboneka imirambo ijombyemo ibiti, abaturage ntibashira amakenga  ubuyobozi bwa komini n’ubw’abashinzwe umutekano.

Ubwanditsi 25 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu kiyaga cya Rweru ku ruhande rw’u Burundi muri Komini Busoni, mu majyaruguru y’iki gihugu, kuri uyu wa Gatanu ushize hongeye kugaragara imirambo itanu y’abantu ireremba hejuru y’amazi, ariko iziritse mu buryo budasanzwe, aho abaturage bo muri iyi komini bavuga ko imirambo imwe yari ifatanyishije igiti cyacishijwe mu mirambo kigatunguka ku rundi ruhande.

Ni imirambo bivugwa ko yabonetse ku mugoroba wo kuwa Gatanu, itariki 22 Gashyantare, aho umwe muri iyi mirambo ugaragara nk’uw’umusore ukiri muto wasanzwe mu gace ka Mubari ko ku musozi wa Nyagisozi.

Indi mirambo ine, harimo ibiri yapfumuwe, yasanzwe mu gace ka Ngeri ko ku musozi wa Gatare, yose ireremba hejuru y’amazi y’Ikiyaga cya Rweru, muri Komini Busoni, ho mu Ntara ya Kirundo nk’uko iyi nkuru dukesha RPA ikomeza ivuga.

Umwe mu baturage bo muri iki gice yagize ati: “Iyi mirambo yagaragaye kuva ejo ni njoro. Uwa mbere mu gace ka Mubari, hatari kure ya Nyagisozi, indi ine yabonetse aho bakunze kwita Ngeri, ku musozi wa Gatare.

Ibiri muri yo yari yanyujijwemo igiti. Abayobozi ba gisivili n’abapolisi batubujije kuroba umurambo wose uri hejuru y’amazi y’Ikiyaga cya Rweru.”

Abaturage rero ngo bibajije kuri iyo myitwarire y’ubuyobozi bwa komini n’ubw’abashinzwe umutekano.

Bati: “Turatekereza ko ubuyobozi bwa komini na polisi bubiziho ikintu kuko bidukomereye kumva ukuntu mu mazi y’Ikiyaga cya Rweru hakunze kugaragara ibintu biteye ubwoba buri byumweru bibiri cyangwa buri kwezi .”

Abaturage bongeraho ko kandi nta perereza rijya rikorwa ngo rigaragaze uko ubwo bwicanyi bwagenze n’ababugizemo uruhare ngo bashyikirizwe ubutabera.

Abaturage bo muri Busoni rero by’umwihariko abaturiye Ikiyaga cya Rweru bakaba babayeho mu bwoba kubera ibyo bakomeje kubona hafi yabo bagasaba ubuyobozi gukaza umutekano wabo.

Mu mwaka wa 2014, nibwo hagaragaye imirambo igera kuri 40 mu kiyaga cya Rweru iri mu mazi y’u Burundi, icyo gihe burayigarama ahubwo bugashaka kuyigereka ku Rwanda mu gihe narwo rwatangazaga ko ntaho ruhuriye nayo.

Iyo mirambo yarerembaga imwe iri mu mifuka, abishwe bamwe bari baboheye amaboko inyuma, bashyizwe ku ngoyi.

Mu gihe u Burundi ari nabwo bwahambye iyi mirambo ku butaka bwabo, Leta y’u Rwanda yateye utwatsi ibyo u Burundi bwavugaga ko yaturutse mu Rwanda, by’umwihariko inzego z’umutekano zinatangaza ko nta muntu wigeze uzigezaho ikirego ko yaba yarabuze umuntu we wenda ngo bikekwe ko yaba muri abo.

Ubu bwicanyi mu Burundi, bwakajije umurego  kuva muri Mata 2015, ubwo abaturage batangiraga kwigaragambya bagaragaza aho amarangamutima yabo abogamiye kuri manda ya 3 ya Perezida Nkurunziza, nibwo bamwe batangiye kwicwa umusubirizo, buri  munsi hagatoragurwa imirambo mu gace aka, ejo hagatoragurwa indi mu kandi gace, ngaho mu miyoboro y’amazi, mu mihanda, abiciwe mu bubari, mu isoko batewe gerenade n’Imbonerakure.

Muri aba bantu bagiye bicwa, hagiye hagaragara imirambo iboheye inyuma, uko bishwe ugasanga bisa neza nuko abakuwe muri Rweru mu mezi make yari ashize bishwe.

Ubu bwicanyi bwari bukabije, bwatumye abarenga ibihumbi b’Abarundi bahunga bava mu gihugu cyabo, abakoranaga na Leta ubu ikinariho batangira no kumena amwe mu mabanga n’uburyo Leta yabo ikomeje kumena amaraso y’abenegihugu.

2019-02-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubutegetsi muri Uganda burashaka kwigizayo umukuru wa Polisi bwitwaje u Rwanda

Ubutegetsi muri Uganda burashaka kwigizayo umukuru wa Polisi bwitwaje u Rwanda

Ubwanditsi 12 Dec 2017
Ibihe bizirikanwa by’Ivuka ry’u Rwanda rushya rwa bose rwubatswe na FPR Uhereye 1994

Ibihe bizirikanwa by’Ivuka ry’u Rwanda rushya rwa bose rwubatswe na FPR Uhereye 1994

Ubwanditsi 20 Jul 2025
Ibinyamakuru byo muri Uganda bikorera mu kwaha kwa CMI bikomeje guhindanya isura y’u Rwanda ku bwicanyi bwabereye muri Kongo

Ibinyamakuru byo muri Uganda bikorera mu kwaha kwa CMI bikomeje guhindanya isura y’u Rwanda ku bwicanyi bwabereye muri Kongo

Ubwanditsi 11 Nov 2020
Ni iki gishingirwaho ngo hemezwe ko abaturage b’igihugu runaka bishimye cyangwa bababaye?

Ni iki gishingirwaho ngo hemezwe ko abaturage b’igihugu runaka bishimye cyangwa bababaye?

Ubwanditsi 22 Mar 2022

Igitekerezo kimwe

  1. Emmy
    February 27, 20199:19 am -

    Imana ikwiye gutabara iki gihugu kuko ibihabera ntaho bitaniye na Genocide ikorwa bucece ikibabaza nuko amahanga abirebera ntagire icyakora.guhagarika inkunga byonyine ntacyo bimaze.Ahubwo ubugome buriyongera .Ninde uzahagarika bino bintu?Mana tabara abarundi.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyarwanda ati:” Aho kugira umwana agapfa ahagaze washyingura ukihanagura”
Amakuru

Umunyarwanda ati:” Aho kugira umwana agapfa ahagaze washyingura ukihanagura”

Ubwanditsi 01 Mar 2025
Umunya-Eritrea Amanuel Ghebreigzabhier yegukanye Shampiona y’Afurika yaberaga mu Rwanda
IMIKINO

Umunya-Eritrea Amanuel Ghebreigzabhier yegukanye Shampiona y’Afurika yaberaga mu Rwanda

Ubwanditsi 18 Feb 2018
Urukiko rw’Ubujurire rwanzuye ko itegeko ryo gutererana Abatutsi muri ETO ritatanzwe n’u Bubiligi
INKURU NYAMUKURU

Urukiko rw’Ubujurire rwanzuye ko itegeko ryo gutererana Abatutsi muri ETO ritatanzwe n’u Bubiligi

Ubwanditsi 16 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru