• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Bazirunge zange zibe isogo. UBufaransa bwanywanye n’abajenosideri ubuziraherezo.

Bazirunge zange zibe isogo. UBufaransa bwanywanye n’abajenosideri ubuziraherezo.

Ubwanditsi 22 Dec 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Mu gihe hari bamwe bibwiraga ko umubano hagati y’u Rwanda n’uBufaransa uri mu nzira yo kuzahuka, icyo gihugu cyo kitweretse ko kigifitanye umubano n’abajenosideri, nk’uko byahozeho mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Imvugo y’Umunyamabanga wa Leta y’uBufaransa ushinzwe Iterambere Mpuzamahanga, Chrysoula Zacharopoulou ushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23, ije yunganira ibinyoma byahimbwe na Leta ya Kongo, igamije guhuma amaso amahanga ngo atabona ubwicanyi bukorerwa Abatutsi b’Abanyekongo. Iragaragaza ko u Bufaransa bubogamiye ku bakora ubwo bwicanyi, aribo igisirikari cya Kongo, FARDC n’abajenosideri ba FDLR-FOCA.

Biratangaje kubona umudipolomate wo ku rwego mpuzamahanga nka Madamu Zacharopoulou, ashinja ikindi gihugu nta kimenyetso na kimwe agendeyeho, uretse amarangamutima, n’urwango bisanganiwe ku Rwanda.

Ni urukozasoni kubona Madamu Zacharopoulou yibanda gusa ku ntambara M23 irwana, akirengagiza icyatumye iyo ntambara ivuka, cyane ko nta gihe uwo mutwe utasobanuye ko mubyo urwanira harimo n’uburenganzira bw’Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, bahohoterwa ku mugaragaro bashinjwa kuba Abanyarwanda.

Nibyo iriya ntambara imaze kugwamo inzirakarengane nyinshi, ndetse hari n’abavuye mu byabo bariho nabi. Ariko se, niba atari wa mugambi basanganywe wo gushyigikira abajenosideri, wasobanura ute ukuntu Chrysoula Zacharopoulou yahururije gusa abahunga n’abagwa mu mirwano hagati ya M23 na FADRC/FDLR, ntagire ijambo na rimwe avuga ku bihumbi n’ibihumbi by’Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, bagiye kumara imyaka isaga 26 mu nkambi zo mu Rwanda, muri Uganda no mu bindi bihugu byo muri aka karere?

Tugarutse mu mateka, mu mwaka w’1994 ubwo RPF/Inkotanyi yatangizaga urugamba rwo kubohora u Rwanda, uBufaransa bwikirije ndetse bunakwiza imvugo yerekana ko “u Rwanda rwatewe n’ umwanzi w’umunyamahanga”. UBufaransa bwihutiye kohereza ibitwaro n’abasirikari bo gutabara Leta ya Habyarimana, ngo “wari watewe na Uganda”!

Ibi byo kwirengagiza ukuri, ni nabyo uBufaransa bwongeye gukora, bubeshya ngo Kongo yatewe n’uRwanda, nk’uko bwabeshye muw’1994 ngo u Rwanda rwatewe na Uganda. Icyo gihe ingabo za RPF/Inkotanyi ziswe abanyamahanga, nyamara Abafaransa batayobewe ko ari Abanyarwanda baharanira uburenganzira bwabo, nk’uko uyu munsi Abanyekongo bavuga ikinyarwanda bitwa Abanyamahanga, hirengagijwe ko bakwiye uburenganzira nk’ubw’abandi Banyekongo.

Mu gihe Jenoside yakorewe Abatutsi yategurwaga, uBufaransa bwatanze inkunga yo gutoza no guha intwaro Interahamwe/mpuzamugambi, ari nazo zifashishijwe ngo umugambi wa jenoside ushyirwe mu bikorwa kandi wihute. Ibi byanashimangiwe mu cyegeranyo cyiswe icya “Duclert”, cyagaragaje mu buryo budasubirwaho uko Leta y’uBufaransa yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu gihe Jenoside yakorewe Abatutsi yari irimbanyije, uBufaransa bwohereje mu Rwanda abasirikari, mu cyiswe”Opération Turquoise”, babyesha ko ari igikorwa cyo gutabara abicwaga muri jenoside. Byahe byo kajya ko ahubwo yari amayeri yo gufasha Leta y’abicanyi kurangiza umugambi wabo mutindi, no kuyikingira ikibaba ngo ibashe guhungira muri zayire y’icyo gihe, dore ko yari iri mu marembera kubera ikibatsi cy’ingabo za FPR/Inkotanyi. Ibi byemejwe n’abatangabuhamya barimo n’abasirikari baje muri iyo operasiyo, nka Guillaume Ancel, wari ufite ipeti rya ofisiye muzi izo ngabo.

Aho Leta yakoze Jenoside, igisirikari cyayo n’interahamwe bagereye mu nkambi zo muri Zayire ariyo Kongo ya none, uBufaransa bwakomeje kubaha intwaro n’imyitozo ngo bazongere bigarurire uRwanda, bityo batsembe n’abatutsi bake bari bacitse ku icumu. Kubera ubushishozi n’ubushobozi bw’ingabo zari zimaze guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, umugambi w’Abafaransa n’abafatanyabikorwa babo wakomwe mu nkokora, inkambi zakorerwagamo imyitozo zirasenywa, impunzi zitaha mu Rwanda.

Twibutse ko uBufaransa ari kimwe mu bihugu bigicumbikiye abajenosideri benshi. Mu rwego rwo kwiyerurutse ababarirwa ku kitwe y’intoki nibo bamaze kuburanishwa, ariko wanashishoza ugasanga abashyikirijwe inkiko ari abatari bafite agaciro gahambaye ku butegetsi bwa Habyarima. Abari ibikomerezwa baridegembya, nka Kanziga Agatha wari umugore wa Hayarimana Yuvenali, Col Laurent Serubuga wabaye umugaba mukuru w’ingabo za Kinani, Gen Ntiwiragabo watahuwe yihishahisha mu nkengero za Paris, Padiri Wenceslas Munyeshyaka wishe abantu muri Sainte Famille, n’abandi benshi.

Benshi mu Banyarwanda bari mu nkambi zo muri zayire bamaze gutaha, abasigayeyo biganjemo abajenosideri nibo baremye imitwe yitwaje intwaro, yavuyemo FDLR tuzi uyu munsi. Iyo mitwe niyo yakwije muri Kongo ingengabitekerezo ya jenoside, Abatutsi baho baricwa, abarokotse bahungira mu Rwanda no mu bihugu duturanye, nk’uko twabisobanuye haruguru.

Abazi neza umutwe wa M23 bahamya ko abarwanyi bawo biganjemo abakomoka kuri abo babyeyi bamaze imyaka itabarika mu nkambi zo mu bihugu byose byo muri aka karere. Bavuga ko barwanira kubaho, bagahabwa agaciro nk’abandi Banyekongo. Ibyo uBufaransa ntibushaka kubyumva, kuko nyine buri inyuma y’abahonyora ubwo burenganzira bw’Abanyekongo bavuga ikinyarwanda.

u Rwanda rurashinjwa gushyigikira umutwe wa M23, ikimenyetso rukumbi abarushinja bagenderaho, ngo akaba ari uko uwo mutwe ufite imbaraga, ubuhanga n’ ubutwari nk’ubw’ingabo z’u Rwanda. Icyo birengagiza ariko, ni uko umuntu wese ufite icyo arwanira arangwa n’umuhate wo kugera ku ntego.

Kuba rero hari ibihugu byatunga agatoki u Rwanda, birimo n’uBufaransa, abasesengura ibya politiki mpuzamahanga barabinonamo isano n’amateka yaranze umubano wabyo n’uRwanda, ariko cyane cyane bakabisangamo inyungu za politiki n’ubukungu. Umutungo kamere wa Kongo ibyo bihugu birawurarikiye bikomeye, cyane cyane muri iki gihe muri Afrika, inyungu z’ibihugu byo mu burengerazuba bw’isi zibangamiwe bikoye n’iz’ibihugu byo muri Aziya.

Imyifatire mibi y’uBufaransa muri Afrika niyo itumye ubu icyo gihugu kirebwa nabi cyane kuri uyu mugabane. Ubu muri za Alijeriya, Mali, Burkina Faso, Santarafrika, n’ahandi uBufaransa bwahoze buvuga rikijya, baravumira Abafaransa ku gahera. Inyungu zabwo zasimbuwe n’iz’Ubushinwa n’Uburusiya. Ngiyo impamvu rero besnhi barimo guhakwa kuri Kongo, bashinja uRwanda ibinyoma bitagira epfo na ruguru

Icyo batazi cyangwa birengagiza ariko, ni uko uRwanda rutagikangwa na politiki za mpatsibihugu. Rwatewe imijugujugu itabarika, rushorwa mu ntambara zaba iz’amasasu n’iz’amagambo, kandi ibyo byose rwabisohotsemo gitwari, kuko Abanyarwanda bamenye kurwanira agaciro kabo.

Icyo Rushyashya yisabira Leta y’u Rwanda, ni ugutumira Ambasaderi w’uBufaransa mu Rwanda, agasobanura impamvu igihugu gihoza u Rwanda ku nkeke.

 

 

2022-12-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Senegal yegukanye igikombe cya Shampiyona Nyafurika ihuza abakinnyi bakina mu bihugu byabo CHAN 2022

Senegal yegukanye igikombe cya Shampiyona Nyafurika ihuza abakinnyi bakina mu bihugu byabo CHAN 2022

Ubwanditsi 05 Feb 2023
Itangazamakuru ry’imikino mu Rwanda ritagira rutangira amaherezo rizaturoha aho tutazikura!

Itangazamakuru ry’imikino mu Rwanda ritagira rutangira amaherezo rizaturoha aho tutazikura!

Ubwanditsi 03 Aug 2021
Gufotora mu ndege byaciwe! Urw’amenyo kuri Sosiyete y’indege muri Uganda kubera gutanga amatike yandikishijwe intoke, no kugabura agatogo mu ndege, bakayirukamo

Gufotora mu ndege byaciwe! Urw’amenyo kuri Sosiyete y’indege muri Uganda kubera gutanga amatike yandikishijwe intoke, no kugabura agatogo mu ndege, bakayirukamo

Ubwanditsi 28 Aug 2019
Chris Froome watwaye Tour de France enye, yageze mu Rwanda ari kumwe n’ikipe ye ya Israel–Premier Tech

Chris Froome watwaye Tour de France enye, yageze mu Rwanda ari kumwe n’ikipe ye ya Israel–Premier Tech

Ubwanditsi 16 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yakuye intsinzi i Rubavu, APR FC itsikirira i MUsanze, Police FC yatsindiwe i Nyanza, ibyaranze 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro
Amakuru

Rayon Sports yakuye intsinzi i Rubavu, APR FC itsikirira i MUsanze, Police FC yatsindiwe i Nyanza, ibyaranze 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 13 Feb 2025
Police Volleyball Club yerekanye abakinnyi izakoresha mu mwaka w’imikino wa Volleyball 2024-2025
Amakuru

Police Volleyball Club yerekanye abakinnyi izakoresha mu mwaka w’imikino wa Volleyball 2024-2025

Ubwanditsi 17 Oct 2024
Abapolisi b’u Rwanda muri Haiti bambitswe imidali
Mu Mahanga

Abapolisi b’u Rwanda muri Haiti bambitswe imidali

Ubwanditsi 18 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru