• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»RECSA yasuzumye raporo ku byaha bikoreshwamo intwaro muri Afurika y’Iburasirazuba.

RECSA yasuzumye raporo ku byaha bikoreshwamo intwaro muri Afurika y’Iburasirazuba.

Ubwanditsi 26 Jul 2016 Mu Mahanga

Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba biri mu nama yo gusuzuma inyigo y’Ikigo gishinzwe intwaro nto(RECSA) igaragaza aho ibyaha bikoreshwamo intwaro bihagaze mu Burundi, Kenya, Rwanda, Tanzaniya na Uganda.

Iyo raporo yiswe”Analysis of Armed Crime Rate yashyizwe ahagaragara ku italiki 25 Nyakanga I Kigali, yakozwe hagati ya 2010 na Werurwe 2016 , ku nkunga ya Banki Nyafurika Itsura Amajyambere(BAD).

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP) Emmanuel K Gasana, ayobora umuhango wo gutangiza iyo nama, yibanze ku ngamba zafashwe n’u Rwanda mu gukumira no kugenzura ikwirakwizwa ry’intwaro nto n’iziciriritse, zirimo amategeko no kwigisha abaturage hamwe no kuzandikaho.

IGP Gasana yagize ati:”Kwandika izi ntwaro mu ikoranabuhanga byaradufashije mu gutunga urutonde rwazo kandi rubitse neza, bikadufasha mu kugabanya cyane ikoreshwa nabi ryazo, bikaba kandi byaragize impinduka ku igabanuka ry’ibyaha zikoreshwamo.”
U Rwanda ni kimwe mu bihugu bya mbere byavuguruye amategeko yabyo agenga intwaro nto bijyanye n’ibyo amahanga n’ibihugu byo mu karere byasabaga.

IGP Gasana yagize ati:” Polisi y’u Rwanda ikomeje gufata ingamba zitandukanye zirimo amahugurwa n’iterambere, ubukangurambaga buciye kuri kominiti polisingi, iperereza n’ikoranabuhanga mu gukorana n’abaturage, kwandika ku ntwaro ndetse no gukusanya no kwangiza izitagikoreshwa n’izitemewe.”

Hagati ya 2010 na Werurwe 2016, iyi raporo yerekana ko u Rwanda rwagize ibyaha 421 bifite aho bihuriye n’intwaro, rukaba ari rwo rufite bike muri afurika y’Iburasirazuba ugereranyije n’ibihugu bine bigenzi byarwo.

Iyi raporo ivuga ko Tanzaniya yagize ibyaha 9, 646, Kenya igira 12,877, u Burubdu bugira 26,041 mu gihe Uganda yagize ibigera kuri 34,512.

Umunyamabanga nshingwabikorwa wa RCSA, Theoneste Mutsindashyaka yashimye umuhate u Rwanda rwashizeho mu gukumira ikwirakwizwa ry’intwaro nto n’iziciriritse.

Yavuze ko amakimbirane akoreshwamo intwaro akomeje guhitana ubuzima bw’abantu.

Ikwirakwizwa ry’intwaro nto ni kimwe mu bihungabanya umutekano kuri ubu ibihugu byo mu karere bihanganye nacyo.

Mutsindashyaka yagize ati:” Ukuboneka kw’izi ntwaro, gutuma habaho umutekano muke, kandi bikadindiza n’iterambere. Ikwirakwiza ry’izi ntwaro ririmo kugira uruhare mu byaka bikomeye, haba mu byaro no mu mijyi, ubujura bw’amatungo mu turere tw’ubworozi.”

Mutsindashyaka yavuze ko intwaro nto ari zo ntwaro zikunda kwifashishwa mu bugizi bwa nabi.

Aha yagize ati:”Ibyinshi mu byaha bw’izi ntwaro byari ubujura, ubushimusi, ubujura by’imodoka n’iterabwoba,… biracyari ikibazo igihe ibihugu 8 muri 15 bigize RECSA bikirangwamo amakimbirane ahabwa ingufu n’izi ntwaro.”

Agaragaza ibibazo biterwa n’izi ntwaro ,Mutsindashyaka yavuze ko ubushobozi ku rwego rw’ibihugu ari imwe mu mbogamizi yo gukumira ikwirakwizwa ry’intwaro nto.

Yagize ati:”Kuba nta gihugu cyagenzura buri metero y’umupaka wacyo, nabyo biri mu biha imbaraga ikwirakwizwa ryazo.”

Inyigo igamije kubara no gusesengura ibyaha bikoreshejwe intwaro muri Afurika y’Iburasirazuba , igaragaza uruhare rwazo muri ibi bihugu kandi igashyiraho n’uburyo bwo kugabanya icyo kibazo.

Dr Somorin Alufunso, impuguke yaturutse muri BAD, yagaragaje isano hagati y’umutekano n’iterambere agira ati:” Kugira ngo igihugu cyose gitere imbere, kigomba kugira umutekano kuko aho uri baba bakeneye iterambere rirambye.”

Hagati aho, muri iki cyumweru RACSA yatanze amahugurwa ku bantu 30 barimo ingabo , abapolisi n’abakora mu rwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa ku kwita no kubika ku ntwaro nto.

-3409.jpg

Hakaba hazabaho kandi igikorwa cyo gusenya toni 49 z’ibiturika n’intwaro zatemewe cyangwa zafashwe zitemewe n’amategeko.

RNP

2016-07-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abapolisi baganirijwe ku mikorananire y’Itangazamakuru na Polisi y’u Rwanda

Abapolisi baganirijwe ku mikorananire y’Itangazamakuru na Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 12 Feb 2017
Afunze akurikiranyweho impapuro mpimbano yibishije amafaranga 950,000 muri banki

Afunze akurikiranyweho impapuro mpimbano yibishije amafaranga 950,000 muri banki

Ubwanditsi 21 Aug 2016
Tumenye neza umujenosoderi Innocent Sagahutu, wahamijwe ibyaha n’urukiko mpuzamahanga rwa Arusha, akaba agihigira kumena amaraso mu Rwanda

Tumenye neza umujenosoderi Innocent Sagahutu, wahamijwe ibyaha n’urukiko mpuzamahanga rwa Arusha, akaba agihigira kumena amaraso mu Rwanda

Ubwanditsi 27 Jul 2024
Trump yahakanye gutanga amadolari yahawe umugore ukina filime z’urukozasoni bivugwa ko baryamanye

Trump yahakanye gutanga amadolari yahawe umugore ukina filime z’urukozasoni bivugwa ko baryamanye

Ubwanditsi 06 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gaby Kamanzi w’imyaka 36 yasubije abarambiwe no kuba atarashaka umugabo
SHOWBIZ

Gaby Kamanzi w’imyaka 36 yasubije abarambiwe no kuba atarashaka umugabo

Ubwanditsi 15 Oct 2017
Uko Angelo Izama yashimangiye ibisanzwe bizwi ku mugambi udacogora wa Museveni wo kwigarurira u Rwanda
ITOHOZA

Uko Angelo Izama yashimangiye ibisanzwe bizwi ku mugambi udacogora wa Museveni wo kwigarurira u Rwanda

Ubwanditsi 10 Jun 2019
Nyagatare : Barishimira umusaruro w’ubukangurambaga mu kurwanya ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Nyagatare : Barishimira umusaruro w’ubukangurambaga mu kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 10 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru