• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»DONALD TRUMP yatsembeye Inzego z’Iperereza ko azakomeza gukoresha SAMSUNG GALXY S3 ye .

DONALD TRUMP yatsembeye Inzego z’Iperereza ko azakomeza gukoresha SAMSUNG GALXY S3 ye .

Ubwanditsi 31 Jan 2017 ITOHOZA

Donald Trump yahuye n’inzego z’ubutasi z’Amerika hagati ya tariki 25-27 Mutarama 2017 hanyuma bamusaba ko yihutira guhindura telephone ngendanwa akoresha kubera ko iyo asanganwe ya Samusung Galaxy S3 akiyikoresha. Trump nubwo yanze kuva kwizima akavuga ko atareka Samsung ye kubera ko ayikunda cyane, yabwiwe ko bitashoboka ko akomeza kuyikoresha mu mabanga y’igihugu mugihe abantu bumviriza abantu kuri za telephone ku isi bakomeje kuvumbura uburyo buhanitse mu kubikora hanyuma uwo bumviriza ntazapfe arabutswe.

Nkuko byemezwa n’ikinyamakuru New York Times cyakuye aya makuru munzego ziperereza z’Amerika, ngo tariki ya 25 Mutarama 2017 urwego rw’iperereza rwa NSA rwatunguwe no kubona Trump arimo kohereza Tweet, barebye basanga ayohereje akoresheje telephone idafite uburyo bwo kuyirinda abashobora kumwumviriza cg kumwiba amabanga binjiye muri iyi telephone ye.

-5547.jpg

Donald Trump na telefone ye Samusung Galaxy S3

Icyakozwe rero ni uko NSA yihutiye kubimenyesha perezida Trump n’abajyanama be, ariko perezida abaca amazi ababwira ko adafite gahunda yo kureka telephone mobile ye yamuhenze kandi akunda cyane. Ibi rero byahise birakaza abashinzwe ubutasi muri NSA ngo kubera ko amabanga y’igihugu ashobora gusohoka muburyo bworoshye bityo umutekano w’Amerika ukaba ushobora kubangamirwa.

Umwe mubashakashatsi mukoranabuhanga witwa Figaro Frederic Mouffle ukora mu kigo kizobereye iby’umutekano mwikoranabuhanga rya mudasobwa, yavuze ko iyi telephone Trump akoresha yakozwe mu 2012, ko idafite uburyo bwo kuba yarindwa abantu bo hanze bashobora kuyibamo amabanga, ngo keretse ari telephone yakozwe nyuma y’umwaka wa 2015 niyo yashirwamo ubu buryo bwo kurinda abayinjiramo bakiba amabanga ye cg se kuyumviriza.

-5546.jpg

Uyu mushakashatsi rero yavuze ko bisaba ko Trump akoresha indi telephone igezweho kandi ishyirwamo ubu buryo bwo kuyirinda umuntu wagerageza kuyinjiramo ngo yibemo amabanga, kugira ngo bikunde agomba gushyiramo card y’ubwoko bwa SD ituma nyiritelephone ahita abona abantu bashaka kumwiba amabanga ye.

Iyi myitwarire ya Trump rero ntiyigeze ishimisha abashinzwe umutekano we, dore ko yabwiwe ko telephone ye igomba kurindwa nuru rwego hanyuma kandi igomba kugenzurwa na National Security Agency (NSA) igihe cyose.

-5544.jpg

-5545.jpg

Ibi rero bikaba byibutsa ikibazo cyabaye kuri Hillary Clinton ubwo yibwaga ababanga kuri za emails ze dore ko nawe ngo ashobora kuba yarazibwe biturutse kuri telephone ye ngendanwa, kandi yaragombaga gukoresha iyo yahawe n’akazi ziba zikingiwe kwinjiramo.

Ikindi ngo ni uko perezida Trump hari abashatse kwinjira muri telephone ye bazwi cyane mukwiba amabanga biyita Anonymous, kandi banabigerageje mugihe yiyamamazaga ubwo bashakaga kujjya bahindura Tweeter ze.

Hakizimana Themistocle

2017-01-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bishop Rugagi yavuze ku by’uko yaba akorana na Satani ku mbaraga yahashye muri Nigeria

Bishop Rugagi yavuze ku by’uko yaba akorana na Satani ku mbaraga yahashye muri Nigeria

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe

Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe

RUSHYASHYA 20 Jun 2026
Abayobozi barindwi batawe muri yombi

Abayobozi barindwi batawe muri yombi

Ubwanditsi 27 Apr 2017
Norway : Padiri Tomas Nahimana yakubiswe ikintu mu mutwe n’indaya  Imana ikinga akaboko

Norway : Padiri Tomas Nahimana yakubiswe ikintu mu mutwe n’indaya Imana ikinga akaboko

Ubwanditsi 04 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FERWAFA na Perezida wayo Olivier Nizeyimana bahaye ikaze Gicumbi FC na Etoile de l’Est zabonye itike yo gukina imikino y’ikiciro cya mbere 2021-2022
Amakuru

FERWAFA na Perezida wayo Olivier Nizeyimana bahaye ikaze Gicumbi FC na Etoile de l’Est zabonye itike yo gukina imikino y’ikiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 13 Oct 2021
Sitade Mpuzamahanga ya Huye yafunzwe by’agateganyo kubera imirimo yo kuyitunganya igiye gutangira
Amakuru

Sitade Mpuzamahanga ya Huye yafunzwe by’agateganyo kubera imirimo yo kuyitunganya igiye gutangira

Ubwanditsi 23 Apr 2022
Nyaruguru: Polisi yafatanye abagabo batanu amafaranga y’amiganano
Mu Rwanda

Nyaruguru: Polisi yafatanye abagabo batanu amafaranga y’amiganano

Ubwanditsi 27 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru