• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»DONALD TRUMP yatsembeye Inzego z’Iperereza ko azakomeza gukoresha SAMSUNG GALXY S3 ye .

DONALD TRUMP yatsembeye Inzego z’Iperereza ko azakomeza gukoresha SAMSUNG GALXY S3 ye .

Ubwanditsi 31 Jan 2017 ITOHOZA

Donald Trump yahuye n’inzego z’ubutasi z’Amerika hagati ya tariki 25-27 Mutarama 2017 hanyuma bamusaba ko yihutira guhindura telephone ngendanwa akoresha kubera ko iyo asanganwe ya Samusung Galaxy S3 akiyikoresha. Trump nubwo yanze kuva kwizima akavuga ko atareka Samsung ye kubera ko ayikunda cyane, yabwiwe ko bitashoboka ko akomeza kuyikoresha mu mabanga y’igihugu mugihe abantu bumviriza abantu kuri za telephone ku isi bakomeje kuvumbura uburyo buhanitse mu kubikora hanyuma uwo bumviriza ntazapfe arabutswe.

Nkuko byemezwa n’ikinyamakuru New York Times cyakuye aya makuru munzego ziperereza z’Amerika, ngo tariki ya 25 Mutarama 2017 urwego rw’iperereza rwa NSA rwatunguwe no kubona Trump arimo kohereza Tweet, barebye basanga ayohereje akoresheje telephone idafite uburyo bwo kuyirinda abashobora kumwumviriza cg kumwiba amabanga binjiye muri iyi telephone ye.

-5547.jpg

Donald Trump na telefone ye Samusung Galaxy S3

Icyakozwe rero ni uko NSA yihutiye kubimenyesha perezida Trump n’abajyanama be, ariko perezida abaca amazi ababwira ko adafite gahunda yo kureka telephone mobile ye yamuhenze kandi akunda cyane. Ibi rero byahise birakaza abashinzwe ubutasi muri NSA ngo kubera ko amabanga y’igihugu ashobora gusohoka muburyo bworoshye bityo umutekano w’Amerika ukaba ushobora kubangamirwa.

Umwe mubashakashatsi mukoranabuhanga witwa Figaro Frederic Mouffle ukora mu kigo kizobereye iby’umutekano mwikoranabuhanga rya mudasobwa, yavuze ko iyi telephone Trump akoresha yakozwe mu 2012, ko idafite uburyo bwo kuba yarindwa abantu bo hanze bashobora kuyibamo amabanga, ngo keretse ari telephone yakozwe nyuma y’umwaka wa 2015 niyo yashirwamo ubu buryo bwo kurinda abayinjiramo bakiba amabanga ye cg se kuyumviriza.

-5546.jpg

Uyu mushakashatsi rero yavuze ko bisaba ko Trump akoresha indi telephone igezweho kandi ishyirwamo ubu buryo bwo kuyirinda umuntu wagerageza kuyinjiramo ngo yibemo amabanga, kugira ngo bikunde agomba gushyiramo card y’ubwoko bwa SD ituma nyiritelephone ahita abona abantu bashaka kumwiba amabanga ye.

Iyi myitwarire ya Trump rero ntiyigeze ishimisha abashinzwe umutekano we, dore ko yabwiwe ko telephone ye igomba kurindwa nuru rwego hanyuma kandi igomba kugenzurwa na National Security Agency (NSA) igihe cyose.

-5544.jpg

-5545.jpg

Ibi rero bikaba byibutsa ikibazo cyabaye kuri Hillary Clinton ubwo yibwaga ababanga kuri za emails ze dore ko nawe ngo ashobora kuba yarazibwe biturutse kuri telephone ye ngendanwa, kandi yaragombaga gukoresha iyo yahawe n’akazi ziba zikingiwe kwinjiramo.

Ikindi ngo ni uko perezida Trump hari abashatse kwinjira muri telephone ye bazwi cyane mukwiba amabanga biyita Anonymous, kandi banabigerageje mugihe yiyamamazaga ubwo bashakaga kujjya bahindura Tweeter ze.

Hakizimana Themistocle

2017-01-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyerekanye uko Isi izaba imeze muri 2022. Yaburiye Amerika ko mu myaka 5 ishobora kuba yaratakaje ubuhangange itabaye maso

Icyerekanye uko Isi izaba imeze muri 2022. Yaburiye Amerika ko mu myaka 5 ishobora kuba yaratakaje ubuhangange itabaye maso

Ubwanditsi 24 Jan 2017
Uganda : Gereza ya CMI ayigereranya no ‘kuramukanya na Satani’

Uganda : Gereza ya CMI ayigereranya no ‘kuramukanya na Satani’

Ubwanditsi 29 May 2019
Uko Museveni yahaye RNC rugali  mu bitangazamakuru bye guharabika u Rwanda

Uko Museveni yahaye RNC rugali mu bitangazamakuru bye guharabika u Rwanda

Ubwanditsi 05 May 2019
Amabanga yo kwica Kim Jong Un wa Koreya ya Ruguru Amerika yari isangiye na Koreya y’epfo yibwe

Amabanga yo kwica Kim Jong Un wa Koreya ya Ruguru Amerika yari isangiye na Koreya y’epfo yibwe

Ubwanditsi 12 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwatsinze Tanzanie mu gikombe cya Afurika cya Volleyball rugera muri 1/4 aho bzahura na Algerie
Amakuru

U Rwanda rwatsinze Tanzanie mu gikombe cya Afurika cya Volleyball rugera muri 1/4 aho bzahura na Algerie

Ubwanditsi 08 Sep 2023
Kagame na Magufuli batangiye guhana amasomo
Mu Mahanga

Kagame na Magufuli batangiye guhana amasomo

Ubwanditsi 16 Mar 2016
Ubuhamya bwa Harerimana waje kwisanga mu ngabo za Kayumba Nyamwasa
INKURU NYAMUKURU

Ubuhamya bwa Harerimana waje kwisanga mu ngabo za Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 13 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru