• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amahoro mu burasirazuba bwa Kongo aracyari kure nk’ukwezi

Amahoro mu burasirazuba bwa Kongo aracyari kure nk’ukwezi

Ubwanditsi 08 Jul 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Ubwo kuri iki cyumweru, muri Zanzibar haberaga umwiherero w’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga mu bihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, Minisitiri Wungirije w’Ububanyi n’Amahanga wa Kongo, Bestine Yamba Kazadi, yibese bagenzi be, asohora itangazo rihabanye kure n’ibyo yumvikanye na bagenzi be.

Muri uwo mwiherero u Rwanda rwari ruhagarariwe na Minisitiri Olivier Nduhungirehe, n’Umunyamabanga wa Leta, Gen. James Kabarebe

Mu gihe umwiherero wari umaze kwemeza ko ibyemezo bya Luanda na Nairobi bigomba kubahirizwa mu rwego rwo kugarura amahoro n’umutekano muri Kongo, harimo kuyoboka inzira y’ibiganiro hagati y’impande zihanganye no gusenya imitwe yitwaje intwaro, iy’abanyamahanga nka FDLR igasubizwa mu bihugu ikomokamo, Madamu Yamba Kazadi yavuze ko “ibibazo byo mu burasirazuba bwa Kongo biterwa n’ingabo z’u Rwanda, RDF, n’umutwe wa M23, indi mitwe yitwara gisirikari ntaho ihuriye n’ibyo bibazo”.

Ayo magambo ya Minisitiri uhagarariye guverinoma ya Kongo asobanuye ko indi mitwe isaga 260, irimo FDLR, Mai-Mai, CODECO, ADF, ntacyo itwaye abanyekongo.

Reka abivuge ariko, n’ubundi iyo mitwe yica abaturage, ikabasahura, igasambanya abagore ku ngufu, yashinzwe kandi ikorana n’ubutegetsi bwa Kinshasa.

Abasesenguzi basanga ariko n’ubundi ntacyo uwo mwiherero wari kugeraho kigaragara, kuko ubutegetsi bwa Tshisekedi bwakomeje kwerekana ko budaha agaciro Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba.

Urugero rwa hafi ni uko bwirukanye nabi ingabo z’uwo muryango zari zagiye gutanga umusanzu wo kugarura amahoro n’umutekano mu burasirazuba bw’icyo gihugu, buzisimbuza ingabo za SADC, kugeza ubu zitari zagira icyo zimara kuva zagera muri Kongo mu mpera z’umwaka ushize, ahubwo ibintu bikaba byararushijeho kujya irudubi.

Kuva Kongo yakwinjira mu Muryango w’Afrika y’Uburasirazuba kandi ntiratanga umusanzu wayo na rimwe, ubu ikaba irimo umwenda ukabakaba miliyoni 15 z’amadolari y’Abanyamerika.

2024-07-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwasubije iwabo Abarobyi bafatiwe muri Rweru barenze amazi y’u Burundi

U Rwanda rwasubije iwabo Abarobyi bafatiwe muri Rweru barenze amazi y’u Burundi

Ubwanditsi 12 Dec 2018
Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye

Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye

RUSHYASHYA 14 Jul 2026
Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri yo kuwa Kabiri tariki ya 13 Nzeri 2016

Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri yo kuwa Kabiri tariki ya 13 Nzeri 2016

Ubwanditsi 14 Sep 2016
Afrifame Pictures yongereye ‘Drone Phantom 4’ mu bikoresho izifashisha muri 2017

Afrifame Pictures yongereye ‘Drone Phantom 4’ mu bikoresho izifashisha muri 2017

Ubwanditsi 03 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yatsinzwe na Gasogi United 2-1 hafungurwa imikino y’igice cyo kwishyura ya Primus National League
Amakuru

Rayon Sports yatsinzwe na Gasogi United 2-1 hafungurwa imikino y’igice cyo kwishyura ya Primus National League

Ubwanditsi 13 Jan 2024
KAYUMBA NYAMWASA munzira zo kubana n’umupfakazi wa Habyarimana Agathe Kanziga
ITOHOZA

KAYUMBA NYAMWASA munzira zo kubana n’umupfakazi wa Habyarimana Agathe Kanziga

Ubwanditsi 24 Oct 2016
Kurengera umwana ni inshingano za buri wese : Umuyobozi w’umujyi wa Kigali
Mu Mahanga

Kurengera umwana ni inshingano za buri wese : Umuyobozi w’umujyi wa Kigali

Ubwanditsi 13 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru