• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida KIM JONG UN amaze kumena amaraso y’abantu benshi

Perezida KIM JONG UN amaze kumena amaraso y’abantu benshi

Ubwanditsi 31 Dec 2016 ITOHOZA

Burya kuri iyi si hari abantu bavukira kubuza abandi amahoro kubera ko baba baravutse ari ibicamuke cg se ibikuke. Amakuru aturuka muri Koreya y’Amajyaruguru aravuga ko mu myaka itanu ishize perezida Kim Jong Un ayobora iki gihugu amaze kwivugana abantu barenga 340. Aba akaba ari abantu bategekaga muri leta ye cg babaga bafite aho bahurira n’ubutegetsi bwe, abenshi akaba aba abaziza kubangamira ubutegetsi bwe cg kudakurikiza amategeko aba yarabahaye.

Uyu muperezida watangiye kuyobora ari muto cyane kuva 30 Ukuboza 2011 ubwo se wayoboraga iki gihugu yaramaze gupfa, amaze kwivugana kuva kubayobozi bo mu rwego rwo hejuru kugeza kubo hasi ndetse n’abo mumuryango we ntabarebera izuba.

-5216.jpg

Aha twavuga nka se wabo witwa Jang Song Thaek wiciwe mu ruhame aregwa gushaka guhirika leta ya Kim Jong un. Undi wishwe wari mu rwego rwo hejuru ni minisitiri w’ingabo Hyon Yong Chol we akaba yarishwe urwagashinyaguru umwaka ushize wa 2015, mbere yuko yicwa umuryango we wose ukaba warahamagajwe kugira ngo urebe urupfu rwe uko rugenda.

Uyu mutegetsi wambariye kuba inkoramaraso yatangiye kwica kumugaragaro mu mwaka 2012 nkuko ikinyamakuru Yonhap kibivuga, ubwo yicaga abantu 3, umwaka wakurikiyeho wa 2013 yivugana abarenga 30, naho umwaka wa 2014 yica 40, uko imyaka igenda ishira niko arushaho kuba inkoramaraso kuko yivuganye 60, uyu mwaka wa 2016 ntiharamenyekana abo yacuze inkumbi.

-5215.jpg

Muri aba bategetsi bishwe 140 ni abo murwego rwo hejuru naho 200 ni abo murwego rwo hasi harimo nabava mumuryango we. Twongere tubibutse ko imibare y’abaturage yo bitoroshye kugirango imenyekane, nabo bakaba batorohewe n’uyu mugabo.

Institute for National Security Strategy (INSS) yo muri Korea y’amajyepfo iravuga ko mu makuru ifite ni uko muri uyu mwaka mu kwezi kwa Kanama 2016, Kim Jong Un yategetse ko barashisha ikibunda cya rutura gihanura indege ministiri w’umutekano wasinziriye akagona ubwo bari mu nama bagahita bamurasira mu ruhame.

-5214.jpg

Imyitwarire yuyu mutegetsi ikaba ihangayikishije n’ibihugu byibihangage nka Amerika kuko yavuze ko igihugu cye cya Korea y’amajyaruguru kigomba kuba igihangage mugisirikare kuburyo ntamuntu ugomba kukivogera. Muri urwo rwego imbaraga yazishize mugukora ibitwaro bya kirimbuzi n’ibisasu birasa kure kuburyo iyo gahunda yayigeneye ingengo y’imari irenga miliyoni z’amadorali 300.

Ikindi ni uko yashizeho akayabo kangana na 180 miliyoni z’amadorali mukubaka amashusho y’amabumbano agaragaza abayoboye icyo gihugu baturutse mu muryango we kugira ngo yerekane ubuhange bwabo.

Kubera ko nawe afite ubwoba bwibyo bikorwa ngo amaze guhindura ba ministiri b’ingabo inshuro zigera kuri 5 mu gihe amaze kubuyozi, ikindi akaba yibasiye abasirikare yasigiwe na se mu bamurinda.

-5213.jpg

Akandi gahomamunwa ni uko Kim Jong Un yategetse ko kuva muri uku 25 Ukuboza 2016, umunsi wa Noheli benshi bizihiza ivuka rya Yezu, muri Korea Y’Amajyaruguru bazajya bizihiza ivuka rya nyirakuru wa Kim Jong Un ngo kuko Yezu atigeze agera muri icyo gihugu.

Ese aba baturage bazatabarwa nande ko bitoroshye?

Hakizimana Themistocle

2016-12-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AMAKIMBIRANE : Bimwe mu bikubiye muri Raporo y’ibanga  y’inama yahuje abashinze RNC yashyizwe hanze na Rudasingwa Theogene

AMAKIMBIRANE : Bimwe mu bikubiye muri Raporo y’ibanga y’inama yahuje abashinze RNC yashyizwe hanze na Rudasingwa Theogene

Ubwanditsi 05 Jul 2016
Andrew Muganwa yitabye Imana

Andrew Muganwa yitabye Imana

Ubwanditsi 22 Dec 2016
Minova yafashwe, ab’i Goma nabo basaba M23 kubanguka ikabavana mu mikaka y’abagome

Minova yafashwe, ab’i Goma nabo basaba M23 kubanguka ikabavana mu mikaka y’abagome

Ubwanditsi 21 Jan 2025
Meya Uwanzwenuwe na perezida wa Ibuka bateye utwatsi amakuru yacicikanye avuga ko Visi Meya yanze kwakira urumuri rw’ icyizere

Meya Uwanzwenuwe na perezida wa Ibuka bateye utwatsi amakuru yacicikanye avuga ko Visi Meya yanze kwakira urumuri rw’ icyizere

Ubwanditsi 15 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RwandAir iratangira gukorera ingendo i Cotonou vuba
Mu Mahanga

RwandAir iratangira gukorera ingendo i Cotonou vuba

Ubwanditsi 30 Aug 2016
APR FC yatsinze Mukura 2-0 ikomeza gushyiramo ikinyuranyo ku makipe ayikurikiye arimo Rayon Sports
Amakuru

APR FC yatsinze Mukura 2-0 ikomeza gushyiramo ikinyuranyo ku makipe ayikurikiye arimo Rayon Sports

Ubwanditsi 26 Feb 2024
KWIBUKA25 :“Twese hamwe,twahuje indoto z’ubumwe bwacu zari zaracitsemo ibice tuzikuramo ahariri nziza”.
INKURU NYAMUKURU

KWIBUKA25 :“Twese hamwe,twahuje indoto z’ubumwe bwacu zari zaracitsemo ibice tuzikuramo ahariri nziza”.

Ubwanditsi 09 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru