• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida KIM JONG UN amaze kumena amaraso y’abantu benshi

Perezida KIM JONG UN amaze kumena amaraso y’abantu benshi

Ubwanditsi 31 Dec 2016 ITOHOZA

Burya kuri iyi si hari abantu bavukira kubuza abandi amahoro kubera ko baba baravutse ari ibicamuke cg se ibikuke. Amakuru aturuka muri Koreya y’Amajyaruguru aravuga ko mu myaka itanu ishize perezida Kim Jong Un ayobora iki gihugu amaze kwivugana abantu barenga 340. Aba akaba ari abantu bategekaga muri leta ye cg babaga bafite aho bahurira n’ubutegetsi bwe, abenshi akaba aba abaziza kubangamira ubutegetsi bwe cg kudakurikiza amategeko aba yarabahaye.

Uyu muperezida watangiye kuyobora ari muto cyane kuva 30 Ukuboza 2011 ubwo se wayoboraga iki gihugu yaramaze gupfa, amaze kwivugana kuva kubayobozi bo mu rwego rwo hejuru kugeza kubo hasi ndetse n’abo mumuryango we ntabarebera izuba.

-5216.jpg

Aha twavuga nka se wabo witwa Jang Song Thaek wiciwe mu ruhame aregwa gushaka guhirika leta ya Kim Jong un. Undi wishwe wari mu rwego rwo hejuru ni minisitiri w’ingabo Hyon Yong Chol we akaba yarishwe urwagashinyaguru umwaka ushize wa 2015, mbere yuko yicwa umuryango we wose ukaba warahamagajwe kugira ngo urebe urupfu rwe uko rugenda.

Uyu mutegetsi wambariye kuba inkoramaraso yatangiye kwica kumugaragaro mu mwaka 2012 nkuko ikinyamakuru Yonhap kibivuga, ubwo yicaga abantu 3, umwaka wakurikiyeho wa 2013 yivugana abarenga 30, naho umwaka wa 2014 yica 40, uko imyaka igenda ishira niko arushaho kuba inkoramaraso kuko yivuganye 60, uyu mwaka wa 2016 ntiharamenyekana abo yacuze inkumbi.

-5215.jpg

Muri aba bategetsi bishwe 140 ni abo murwego rwo hejuru naho 200 ni abo murwego rwo hasi harimo nabava mumuryango we. Twongere tubibutse ko imibare y’abaturage yo bitoroshye kugirango imenyekane, nabo bakaba batorohewe n’uyu mugabo.

Institute for National Security Strategy (INSS) yo muri Korea y’amajyepfo iravuga ko mu makuru ifite ni uko muri uyu mwaka mu kwezi kwa Kanama 2016, Kim Jong Un yategetse ko barashisha ikibunda cya rutura gihanura indege ministiri w’umutekano wasinziriye akagona ubwo bari mu nama bagahita bamurasira mu ruhame.

-5214.jpg

Imyitwarire yuyu mutegetsi ikaba ihangayikishije n’ibihugu byibihangage nka Amerika kuko yavuze ko igihugu cye cya Korea y’amajyaruguru kigomba kuba igihangage mugisirikare kuburyo ntamuntu ugomba kukivogera. Muri urwo rwego imbaraga yazishize mugukora ibitwaro bya kirimbuzi n’ibisasu birasa kure kuburyo iyo gahunda yayigeneye ingengo y’imari irenga miliyoni z’amadorali 300.

Ikindi ni uko yashizeho akayabo kangana na 180 miliyoni z’amadorali mukubaka amashusho y’amabumbano agaragaza abayoboye icyo gihugu baturutse mu muryango we kugira ngo yerekane ubuhange bwabo.

Kubera ko nawe afite ubwoba bwibyo bikorwa ngo amaze guhindura ba ministiri b’ingabo inshuro zigera kuri 5 mu gihe amaze kubuyozi, ikindi akaba yibasiye abasirikare yasigiwe na se mu bamurinda.

-5213.jpg

Akandi gahomamunwa ni uko Kim Jong Un yategetse ko kuva muri uku 25 Ukuboza 2016, umunsi wa Noheli benshi bizihiza ivuka rya Yezu, muri Korea Y’Amajyaruguru bazajya bizihiza ivuka rya nyirakuru wa Kim Jong Un ngo kuko Yezu atigeze agera muri icyo gihugu.

Ese aba baturage bazatabarwa nande ko bitoroshye?

Hakizimana Themistocle

2016-12-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

DRC: Habonetse imirambo 2 y’abazungu hafi y’Umugezi wa moyo bikekwa ko ari impuguke za Loni zari zarabuze

DRC: Habonetse imirambo 2 y’abazungu hafi y’Umugezi wa moyo bikekwa ko ari impuguke za Loni zari zarabuze

Ubwanditsi 29 Mar 2017
Ngo uhiriye munzu ntaho adapfunda umutwe

Ngo uhiriye munzu ntaho adapfunda umutwe

Ubwanditsi 26 Mar 2018
Impamvu Umugore w’Umurundikazi yahanutse mu igorofa rya 10 muri hoteli Ubumwe Grande agahita apfa

Impamvu Umugore w’Umurundikazi yahanutse mu igorofa rya 10 muri hoteli Ubumwe Grande agahita apfa

Ubwanditsi 19 Nov 2018
Paris: Octavien Ngenzi na Tito Barahira bahakanye ibyaha bashinjwa

Paris: Octavien Ngenzi na Tito Barahira bahakanye ibyaha bashinjwa

Ubwanditsi 11 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amazing Grace yambuwe uburenganzira bwo gukora nka Radio mu Rwanda
ITOHOZA

Amazing Grace yambuwe uburenganzira bwo gukora nka Radio mu Rwanda

Ubwanditsi 24 Apr 2018
Uganda: Abapolisi 2 bakuru bari muri kasho za CMI bazira kurekura Abanyarwanda bari batawe muri yombi
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Abapolisi 2 bakuru bari muri kasho za CMI bazira kurekura Abanyarwanda bari batawe muri yombi

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Gabon: Abasirikare bagerageje guhirika ubutegetsi batawe muri yombi
ITOHOZA

Gabon: Abasirikare bagerageje guhirika ubutegetsi batawe muri yombi

Ubwanditsi 07 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru