• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Impamvu Umugore w’Umurundikazi yahanutse mu igorofa rya 10 muri hoteli Ubumwe Grande agahita apfa

Impamvu Umugore w’Umurundikazi yahanutse mu igorofa rya 10 muri hoteli Ubumwe Grande agahita apfa

Ubwanditsi 19 Nov 2018 ITOHOZA

Olga Mugege, umurundikazi ufite ubwenegihugu bw’u Bubiligi, yahanutse mu igorofa rya hoteli Ubumwe Grande iherereye mu mujyi wa Kigali rwagati, ahita ashiramo umwuka. Amakuru atangazwa n’abakozi b’iyi hoteli avuga ko ibi yabikoze mu rwego rwo kwiyahura aho bikekwa ko yari afite ibibazo kuko yageze muri iyi hoteli atameze nk’uko asanzwe ayijyamo ameze.

Ibi byabaye ahagana saa tatu n’igice z’ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu w’icyumweru gishize, aho ubuyobozi bwa hoteli bwatangaje ko uyu mugore w’imyaka 36 yijugunye hasi avuye mu igorofa rya 10 agahita apfa, umurambo ugahita ujyanwa ku bitaro bya Kacyiru ngo ukorerwe isuzuma.

Amakuru atangazwa n’abakozi b’iyi hoteli yemeza ko uyu mugore yari asanzwe akunda kujyana muri iyo hoteli n’umugabo w’umuzungu, kuri iyi nshuro bwo akaba yarahageze batari kumwe kandi ngo yahamaze umwanya munini kuko yageze kuri hoteli saa saba akahaguma kugeza yiyahuye mu masaha ya saa tatu n’igice z’ijoro.

Olga Mugege ateruye umwana yabyaranye n’umugabo batandukanye

Hari amakuru avuga kandi ko yari yarashakanye n’umuzungu ariko bakaza kugirana ibibazo kuburyo bari baranatandukanye. Amakuru twabashije kumenya ni uko yakoreraga Ikigo BurdaEastAfrica aho yari umukozi ushinzwe kugenzura ibijyanye n’imishinga (Project Manager).

Mbere yaho yakoze imyaka 10 muri Bank of New York Mellon mu mujyi wa Brussels mu Bubiligi, akaba yaranakoze imyaka irenga 3 i London mu Bwongereza aho yari ashinzwe ibijyanye no gukurikirana iby’agaciro k’ifaranga ry’igihugu n’uko rivunjwa mu mafaranga y’amahanga. Olga yari afite impamyabumenyi y’ikirenga mu by’ubucuruzi mpuzamahanga yakuye muri Kaminuza yo mu Bubiligi yitwa EPHEC (École pratique des hautes études commerciales).

JPEG - 33.2 kb

Uyu mugore yasimbutse iyi hoteli avuye mu igorofa ryayo rya 10

2018-11-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Umunyapolitiki TWAGIRAMUNGU Faustin, Ndagijimana JMV, Dr.Marara Christian  bahindutse abanzi b’igihugu n’impamvu zabyo

Uko Umunyapolitiki TWAGIRAMUNGU Faustin, Ndagijimana JMV, Dr.Marara Christian bahindutse abanzi b’igihugu n’impamvu zabyo

Ubwanditsi 04 Apr 2016
Uburyo ibaruwa Museveni yandikiye Kagame yuzuyemo” ukwivuguruza”

Uburyo ibaruwa Museveni yandikiye Kagame yuzuyemo” ukwivuguruza”

Ubwanditsi 21 Mar 2019
Jonathan Musonera  yatetse umutwe abeshya ko  yatumwe n’ umuryango  Col. Karegeya?

Jonathan Musonera yatetse umutwe abeshya ko yatumwe n’ umuryango Col. Karegeya?

Ubwanditsi 02 Jan 2017
Abashakashatsi mu by’ikirere bazatangira koherereza ubutumwa ibindi biremwa biba kuyindi mibumbe iri mw’Isanzure

Abashakashatsi mu by’ikirere bazatangira koherereza ubutumwa ibindi biremwa biba kuyindi mibumbe iri mw’Isanzure

Ubwanditsi 02 Jan 2017

4 Ibitekerezo

  1. Niwe
    November 19, 20188:16 am -

    Abo biraburakazi iyo bageze i burayi bigira amashyano

    Subiza
  2. RUGENDO
    November 19, 20188:54 pm -

    NAPFE NATWE TUZAPFA!!!NUKO YIYAHUYE YAHISEMO NEZA YABUZE AYO KWISHYURA,AHITAMO KWIYAHURA!!YASHYUTSWE ABURA UMUHOREZA ATA UMUTWE
    ARIYAHURA!!!!YIMAGA ABARUNDI AGAHA ABAZUNGU!!!

    Subiza
    • niwe
      November 20, 201810:19 am -

      nibyo navugaga iyo babonye abazungu bica kuri bene wabo babirabura
      mwanahuririra no mu muganda akareba iruhande.
      mbivuze kuko mbibona hano i Burayi

      Subiza
  3. Tos
    November 20, 20184:38 pm -

    ubwo c impamvu muvuze niyihe?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayumba Nyamwasa: Ingaruka zo kugambana no Gucyeza abami babiri
ITOHOZA

Kayumba Nyamwasa: Ingaruka zo kugambana no Gucyeza abami babiri

Ubwanditsi 19 Feb 2018
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa Gatanu tariki ya 1 Kamena 2018
INKURU NYAMUKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa Gatanu tariki ya 1 Kamena 2018

Ubwanditsi 02 Jun 2018
Muri CAF Confederations cup, ikipe ya AS Kigali yatsinze Olympique de Missiri Sima yo mu birwa bya Comores ibitego 2-1
Amakuru

Muri CAF Confederations cup, ikipe ya AS Kigali yatsinze Olympique de Missiri Sima yo mu birwa bya Comores ibitego 2-1

Ubwanditsi 11 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru