• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»DRC: Habonetse imirambo 2 y’abazungu hafi y’Umugezi wa moyo bikekwa ko ari impuguke za Loni zari zarabuze

DRC: Habonetse imirambo 2 y’abazungu hafi y’Umugezi wa moyo bikekwa ko ari impuguke za Loni zari zarabuze

Ubwanditsi 29 Mar 2017 ITOHOZA

Imirambo 2 y’abazungu ndetse n’umurambo umwe w’umwirabura yagaragaye kuri uyu wa Mbere, itariki 27 Werurwe hafi y’Umugezi wa Moyo, muri Kasai yo Hagati nk’uko byatangajwe na Guverinoma ya Congo. Ni mu gihe hari hashize iminsi impuguke 2 z’Umuryango w’Abibumbye, Micheal sharp na zaida catalan baburiwe irengero hafi y’uwo mugezi ubwo hari kuwa 12 Werurwe. Ubu hari gukorwa ibizamini ngo harebwe ko iyo mirambo ari iy’izo mpuguke n’umukongomani wari ubaherekeje.

Kuri uyu wa kabiri, itariki 28 Werurwe nibwo umuvugizi wa leta ya Congo, Lambert Mende yatangaje iboneka ry’iyi mirambo, aho yavuze ko umukuru w’igipolisi muri Kananga yabagejejeho raporo mu ijoro ryakeye y’uko habonetse imirambo 2 y’abazungu n’undi w’umwirabura hafi y’Umugezi wa moyo.

Ngo aha ni naho aba bazungu bari baburiye kuwa 12 Werurwe bari kumwe n’abakongomani bane bari babaherekeje. Muri aba hakaba harimo umusemuzi witwa betu tshintela, Isaac kabuayi, wari umumotari n’abandi bamotari 2 batamenyekanye amazina nk’uko bitangazwa na Human Rights Watch.

Mbere y’uko aya makuru atangazwa, se wa Micheal Sharp witwa John Sharp, yari yatanze ubutumwa abunyujije kuri facebook avuga ko bakiriye amakuru y’uko habonetse imirambo 2 . Yanavugaga ko iyo mirambo ari iy’umugabo n’umugore.

-6198.jpg

Iyi nkuru dukesha Jeune afrique iravuga ko hari ibyago byinshi by’uko iyo mirambo yaba ari iy’impuguke za Loni zari zabuze, hakaba hagiye gupimwa DNA ngo hemezwe imyirondoro yabo. Ni mu gihe ariko ku rundi ruhande umuvugizi wa leta ya Congo avuga ko nta wundi munyamahanga wigeze aburira muri ibyo bice usibye aba.
Umuvugizi wa leta ya Congo kandi yavuze ko iyo mirambo yavumbuwe n’abapolisi, yongeraho ko kugeza ubwo yatangazaga ibi atari yamenya niba iyo mirambo y’abo bantu igaragaza ko bakorewe iyicarubozo.

2017-03-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Finland : Bazaramba Francois ufungiye Jenoside yahawe uruhushya rwo gusohoka muri prison kujya kwishimana n’umugore

Finland : Bazaramba Francois ufungiye Jenoside yahawe uruhushya rwo gusohoka muri prison kujya kwishimana n’umugore

Ubwanditsi 20 Sep 2019
Burundi: Abaturage babujijwe kumva radiyo zo mu Rwanda

Burundi: Abaturage babujijwe kumva radiyo zo mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Nov 2018
Uganda yamuritse igitanda Kagame yararagaho mu mashuri yisumbuye

Uganda yamuritse igitanda Kagame yararagaho mu mashuri yisumbuye

Ubwanditsi 26 Sep 2016
“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

Ubwanditsi 18 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Bamaze imyaka 30 batubeshya ngo barashaka gukemura ikibazo cya FDLR, kandi bifuza ko gihoraho ngo kibageze ku nyungu zabo”- Perezida Kagame
Amakuru

“Bamaze imyaka 30 batubeshya ngo barashaka gukemura ikibazo cya FDLR, kandi bifuza ko gihoraho ngo kibageze ku nyungu zabo”- Perezida Kagame

Ubwanditsi 15 Aug 2024
DRC: Ifuni iravuza ubuhuha muri RUDI URUNANA kubagerageza kuyamanika
INKURU NYAMUKURU

DRC: Ifuni iravuza ubuhuha muri RUDI URUNANA kubagerageza kuyamanika

Ubwanditsi 22 Oct 2019
General Makenga yasubiranye urugo rw’ iwabo, Victor Byiringiro wamumenesheje ahungishwa mu ngobyi
Amakuru

General Makenga yasubiranye urugo rw’ iwabo, Victor Byiringiro wamumenesheje ahungishwa mu ngobyi

Ubwanditsi 07 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru