• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Thabo Mbeki yahishuye uko FPR yaburiye Afurika y’Epfo kutagurisha intwaro leta yakoze Jenoside

Thabo Mbeki yahishuye uko FPR yaburiye Afurika y’Epfo kutagurisha intwaro leta yakoze Jenoside

Ubwanditsi 03 May 2019 INKURU NYAMUKURU

Thabo Mbeki wigeze kuyobora Afurika y’Epfo, yavuze uburyo bamenyeshejwe ko iki gihugu cyagurishaga u Rwanda intwaro mu gihe cya mbere gato ya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, mu gihe hari amakuru ko ari izo kuzifashishwa mu kwica abatutsi.

Mbeki w’imyaka 76 wayoboye Afurika y’Epfo mu 1999- 2008, amaze igihe adakunze kugaruka ku miyoborere y’igihugu cye. Gusa mu kiganiro The First Citizen Mbeki yagiranye na televiziyo eNCA, yagarutse ku bihe u Rwanda rwanyuzemo muri Jenoside no ku buryo Afurika y’Epfo yagurishije intwaro Guverinoma yayiteguye ikanayishyira mu bikorwa.

Yavuze ko mu ntangiro za 1994 hari itsinda FPR Inkotanyi yohereje muri Afurika y’Epfo mu biganiro n’ishyaka rya African National Congress ryari rimaze gushinga ibirindiro, maze rihura na Thabo Mbeki wari ukuriye ishami rishinzwe ububanyi n’amahanga.

Ati “Batubwiye ko Afurika y’Epfo irimo kugurisha intwaro Guverinoma y’u Rwanda, kandi ko amakuru RPF ifite ari uko izo ntwaro zizakoreshwa mu kwica abantu benshi, babaza niba hari icyo twabikoraho nka ANC. Navugishije Pik Botha wari Minisitiri w’ububanyi n’amahanga ndamubwira nti ‘hari abantu bo mu Rwanda dore ibyo barimo kuvuga, ugomba guhura nabo kubera ko kibazo barimo kuzamura kirakomeye cyane. Yarabikoze koko bahurira mu biro bye muri Union Buildings, bamugezaho icyo kibazo.”

“Nyuma umuntu wari mu itsinda rya RPF wanabaye ambasaderi wa mbere w’u Rwanda hano nyuma ya 1994, yambwiye ko bahuye na Minisitiri Pik Botha, bamubwira ikibazo, banafite inyemezabwishyu z’izo ntwaro nk’ibimenyetso byizewe. Igisubizo bahawe nubwo kidakwiye cy’iyo guverinoma, nk’uko bambwiye, ni uko ‘iki kibazo cy’igurishwa ry’intwaro kuri twe ni ubucuruzi. Tugurisha ku muntu wese witeguye kugura akatwishyura.”

Mu gihe cya Jenoside ni nabwo ku wa 10 Gicurasi 1994 Thabo Mbeki yagizwe Visi Perezida wa Afurika y’Epfo (1994-1999), yungirije Nelson Mandela wari umaze kuba Perezida wa Afurika y’Epfo, wa mbere w’umwirabura nyuma y’ivanguraruhu rya apartheid.

Mbeki avuga ko ubwo yazaga mu Rwanda nyuma ya Jenoside akiri visi perezida, yeruye ko muri ANC itishimiye uko yitwaye, aho jenoside yatangiye mu Rwanda ku wa 7 Mata 1994 mu gihe Afurika y’Epfo yiteguraga amatora ya mbere muri demokarasi mu minsi 20.

Mbeki ati “Twari duhangayikishijwe n’impinduka muri Afurika y’Epfo, ntekereza ko imbogamizi zo gukurikirana izi mpunduka muri Afurika y’Epfo zari zikomeye, bituma muri ibyo byumweru twibagirwa u Rwanda. Ntibyari bikwiye ariko nibyo byabaye.”

Minisiteri y’Imari n’igenamigambi iheruka gushyira ahagaragara ikusanyamakuru ryerekana ko guverinoma yakoze Jenoside, nubwo yari mu gihano cyo gukomatanyirizwa mu bucuruzi bw’intwaro, izari Minisiteri y’Ingabo na Minisiteri y’Imari, zatumije intwaro n’amasasu binyuze mu bindi bihugu.

Abari ku isonga harimo leta y’Abafaransa, Leta ya Zaire na Afurika y’Epfo. Barimo Abafaransa nka Captain Paul Barril n’uwitwa Dominique Yves Lemonier wahuzaga ibikorwa by’ubucuruzi butemewe binyuze mu zahoze ari ambasade z’u Rwanda, mu Misiri, Kenya, Zaire na Afurika y’Epfo.

Mu ntwaro bigaragara ko zinjiye mu Rwanda mu 1994 harimo imbunda zo mu bwoko bwa mashinigani (machine-gun), M60 z’Abafaransa, imbunda zo mu bwoko bwa AK47 n’amasasu yo mu bwoko bwa 7.62 yo muri Afurika y’Epfo.

Thabo Mbeki yavuze uko Afurika y’Epfo yagurishaga intwaro Guverinoma yakoze Jenoside
Src : IGIHE

2019-05-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura

FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura

RUSHYASHYA 04 Dec 2025
Ibyo wamenya kuri Minisitiri w’Intebe mushya wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed ufite umwihariko

Ibyo wamenya kuri Minisitiri w’Intebe mushya wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed ufite umwihariko

Ubwanditsi 31 Mar 2018
Umuhezanguni Bicahaga Abdallah yahawe gasopo ya nyuma mu bikorwa bye byo gucengeza ingengabitekerezo ya Jenoside mu Banyarwanda

Umuhezanguni Bicahaga Abdallah yahawe gasopo ya nyuma mu bikorwa bye byo gucengeza ingengabitekerezo ya Jenoside mu Banyarwanda

Ubwanditsi 03 Feb 2023
Kayumba yanyiciye umwana , sinzongera kumufasha ukundi –Pastoro Nyirigira

Kayumba yanyiciye umwana , sinzongera kumufasha ukundi –Pastoro Nyirigira

Ubwanditsi 16 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Hafashwe umuyobozi wagurishaga intwaro agatsiko k’abarwanyi bavuga Ikinyarwanda
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Hafashwe umuyobozi wagurishaga intwaro agatsiko k’abarwanyi bavuga Ikinyarwanda

Ubwanditsi 28 Nov 2018
Uganda: Gen Kale Kayihura yavuze ko yiteguye kuburana niba hari ibyaha ashinjwa
Mu Mahanga

Uganda: Gen Kale Kayihura yavuze ko yiteguye kuburana niba hari ibyaha ashinjwa

Ubwanditsi 27 Jun 2018
AMANOTA YASOHOTSE : “SMS” n’urubuga rwa REB nibyo biri kwifashishwa mu kureba amanota y’bizamini
INKURU NYAMUKURU

AMANOTA YASOHOTSE : “SMS” n’urubuga rwa REB nibyo biri kwifashishwa mu kureba amanota y’bizamini

Ubwanditsi 09 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru