• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Burundi Bufite Nyunguki Muguteza Akaduruvayo Muri Sud-Kivu No Mu Karere Kose

U Burundi Bufite Nyunguki Muguteza Akaduruvayo Muri Sud-Kivu No Mu Karere Kose

Ubwanditsi 28 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Muri Repubulika iharanira demokarasi ya congo [ Sud Kivu ] hamaze iminsi havugwa intamba ikururwa n’imitwe  yitwara gisirikare irwanya ubutegetsi iyo ni  Mai Mai , Twirwaneho , Gumino ,RED-Tabara (Résistance pour un État de Droit au Burundi) na RNC ya Kayumba Nyamwasa. Imwe muri iyi mitwe ikaba ihabwa intwaro n’abarundi.

Igiteye ikibazo  ku mutekano w’u Rwanda  ni  abantu bake batageze no kuri 50 biyita ingabo za Kayumba Nyamwasa [ RNC ] bakambitse ahitwa I Bijabo bayobowe n’uwitwa  Col. Karemera Andrew, watorotse igisikare cy’u Rwanda kera uyu akaba  afashwa n’Abanyamulenge bahoze mungabo z’inkotanyi  aribo Nyamusaraba na Semahurungure, bivugwa ko ari nabo beretse RNC aho icumbika muri Bijabo aho muri Sud -Kivu,  aba biyita ingabo za Kayumba nabo ngo bavuye muri Uganda,  bagamije guhungabanya umutekano mu Rwanda nibo bivanga muntambara z’ abanyamulenge na Mai Mai  nk’imirwano yabereye  aho bita Gatanga, Rubibi, Gihuha no mu Masango RNC yayivanzemo.  Ndetse   baboneraho  gusahura  amatungo  y’abaturage nyuma basubira mu  Bijabo, ariko  icyatangaje abantu ni ukubona  mu binyamakuru Abanyamulenge ibi bitero babyitirira u Rwanda.

Umugaba Mukuru W’ingabo Z’u Burundi Gen. Prime Niyongabo Afatanije Na Kayumba Nyamwasa Mu Bikorwa Bya RNC. Leta y’u Burundi nayo iravugwaho gufatanya

Mwibuke ko muri aka gace ka Congo Sud -Kivu karimo imitwe y’Ingabo za Mai Mai Aoci (Abafuliru), Mai Mai Yakutumba (Ababembe), Red Tabara (Abarundi) , Forebu (Abarundi) ya Gen. Niyombare , FNL ya Nzabampema. Amakuru avuga ko Abarundi aribo baha intwari imwe muri iyi mitwe ya gisilikare ninabo baheruka kugaba  igitero ku mihana y’abanyamulenge bagamije gusahura. Muri icyo gitero abafuliru n’ababembe bahise nabo bisahurira ihene n’intama basubira iyuma. Ingabo z’u Burundi na RED –Tabara zari zifite ibitwaro binini zinaniwe  gufata Muramvya yose niko guhita  bakambika mu Gatanga.

Aho ni hagati rwose ku buryo bakikijwe n’insore-sore z’abanyamulenge zibumbiye mu mutwe wa Gumino na Twirwaneho. Aha ikigamijwe ku barundi ni ukwigarurira aka gace kose maze bakakagira ibirindiro byo gutegura urugamba rwo gutera u Rwanda , bafatanyije ngo n’Abafaransa ndetse  niz’ingabo ziyita iza Kayumba Nyamwasa na FDLR. Amakuru kandi avuga ko RNC, FLN/Sankara iyo bajya guhunganya umutekano mu Rwanda bava Iburundi -Cibitoki bakambuka Bugarama bakinjira mu Nyungwe bakajya mu baturage bo mu Rwanda gushura.

U Burundi bukorana n’abanzi b’u Rwanda kumugaragaro , FDLR, RNC, FLN, Interahamwe n’ibindi bisambo byose biterwa inkunga na Rujugiro Ayabatwa Tribert na Perezida Nkurunziza ufatanyije n’umujenosideri Kabuga Feleciani wihishe mu Burundi aho afatanyije na Nkurunziza mu bucuruzi butandukanye.

Kuki ibihugu byo muri aka karere ntacyo bikora

Nko ku birebana na Tanzania, bamwe mu barwanya ubutegetsi bavuga ko Tanzania ifite inyungu mu butegetsi bwa Nkurunziza kuko hari Abatanzaniya benshi bari mu myanya ikomeye y’ubukungu bw’igihugu mu Burundi,ndetse no mu bijyanye no kugura intwaro kandi ngo ntibiteguye guhara inyungu bahavana, hakaba hari n’Abarundi bagiye kera muri Tanzania bari munzego z’ubuyobozi bwo hejuru nko mu bijyanye n’ubwikorezi, itumanaho mu Inteko ishingamategeko  n’ahandi…..

Naho Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ngo  ntishobora kwirasa ku kirenge kuko nayo ifite ibibazo nk’iby’u Burundi. Perezida Kabila wavuze ko ataziyamamaza, amaze igihe ashinjwa gushaka kuguma ku butegetsi muri manda ya gatatu bikaba bimaze iminsi biteza amakimbirane mu gihe igihugu cyitegura kujya mu matora y’umukuru w’igihugu mu mpera z’uyu mwaka.

Ku birebana n’u Rwanda, ngo mu gihe Perezida Nkurunziza avugwaho kuba afitanye umubano n’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, u Rwanda rwo ngo kuva mu 1994 rufite ibindi bibazo biruhangayikishije rugomba kwitaho, ku buryo nubwo iki kibazo cyo kuba Nkurunziza yaba akorana n’abarurwanya kiruhangayikishije, kidashobora gutuma Guverinoma y’u Rwanda ifata iya mbere. Ibi nibyatangajwe na Minisitiri Mushikiwabo.

Uruhare rw’imitwe yitwaje ibirwanisho mu biganiro bihuza Abarundi

Kuba iyi mitwe itaragira ibikorwa bya gisirikare bifatika mu Burundi ni yo ntandaro yo kuba ibiganiro bigamije guhuza Abarundi ntacyo bigeraho.

Ikigaragara neza nuko mu gihe abatavuga rumwe n’ubutegetsi bazaba badafite ibirwanisho kandi batarwana bizakomeza kunanirana kugira uruhare rungana mu biganiro.

Umuhuza Mkapa ari ku ruhande rwa Guverinoma kuko ikangisha gutanga umutekano kandi  Mkapa nawe arashaka gufasha Nkurunziza gutambutsa igitekerezo cya Guverinoma y’ubumwe bw’igihugu.

Ibi rero ntacyo bizamara kuko bacye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bashobora guhabwa imyanya ndetse u Burundi bukongera kugirana amasezerano n’Umuryango Mpuzamahanga ubufatanye bugasubukurwa ubuzima bugakomeza kugeza ku matora ya 2020 ndetse  Nkurunziza akaba aciye umuvuno wo kongera kwiyamamariza manda ya kane akazategura amatora akiba amajwi akayatsinda.

Kugeza ubu Abarundi basaga 700,000 bahunze igihugu kuva amakimbirane yatangira muri Mata 2015. Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu mu Burundi yemeza ko buri cyumweru byibuze mu gihugu abantu bicwa. Imibare ntituyifite neza ariko yaje gusubirwamo  n’abahagarariye sosiyete sivile n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bemeza ko ku munsi hicwa abantu 5 byibuze, abandi bakaburirwa irengero. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (HCR) ryo rikaba rivuga ko muri uyu mwaka wa 2018 impunzi z’Abarundi zidatashye bishobora gutera ikindi kibazo mu karere kose.

2018-08-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burusiya bwirukanye Abadipolomate 23 b’u Bwongereza

Burusiya bwirukanye Abadipolomate 23 b’u Bwongereza

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Atworekeye abana mu ntambara: Intimba y’umubyeyi w’Umunye-Congo

Atworekeye abana mu ntambara: Intimba y’umubyeyi w’Umunye-Congo

Ubwanditsi 11 Nov 2022
U Burundi ngo bwaba buteganya kuvana abadepite babwo muri EALA kubera itorwa ry’umunyarwanda Martin Ngoga ku buyobozi bwayo

U Burundi ngo bwaba buteganya kuvana abadepite babwo muri EALA kubera itorwa ry’umunyarwanda Martin Ngoga ku buyobozi bwayo

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Victoire Ingabire yibukijwe ko igihe cya Muvoma cyo kubiba ingengabitekerezo ya Jenoside cyibagiranye 

Victoire Ingabire yibukijwe ko igihe cya Muvoma cyo kubiba ingengabitekerezo ya Jenoside cyibagiranye 

Ubwanditsi 29 Aug 2022

2 Ibitekerezo

  1. RUGENDO
    August 28, 20185:06 pm -

    RUSHYASHYA IBYO BIGAMBO BIPFUYE MWANDIKA MUBIKURAHE!!
    KUKI MUTAFUNGA IMIPAKA IZONYESHYAMBA ZIBISAMBO NGO MUZIFATE
    MUZIME AMAYIRA??ABANYAMURENGE NTABWENGE BAGIRA??
    MURABITA KO BADASHISHOZA, BATABONA,HARYA KIZIBA NTABENE WABO BABA
    BARAHAGUYE????ariko se intambara ko itabuka mwanjyiye mwandika ibyuka amahoro!!

    Subiza
  2. KATSIBWENENE
    August 29, 20187:15 am -

    Rugendo se? ubu ufite imyaka ingahe? umunyarwanda yise umwana we NZABANDORA. Ariko kandi ntakurenganyije ibi bigambo bya RUSHYASHYA ntacyo byubaka byo. Ariko burya ngo kirya abandi bajya kukirya kikishaririza.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Umuhesha w’inkiko w’umwuga yatawe muri yombi akekwaho ubwambuzi bushukana
HIRYA NO HINO

Kigali: Umuhesha w’inkiko w’umwuga yatawe muri yombi akekwaho ubwambuzi bushukana

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Ubutabera bwo mu Bufaransa bugiye kubyutsa urubanza rwa Sosthene Munyemana ushinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

Ubutabera bwo mu Bufaransa bugiye kubyutsa urubanza rwa Sosthene Munyemana ushinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 28 Dec 2021
Inzego zitandukanye zirimo gutegura uburyo abatishoboye bafashwa – Perezida Kagame
UBUKUNGU

Inzego zitandukanye zirimo gutegura uburyo abatishoboye bafashwa – Perezida Kagame

Ubwanditsi 28 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru