• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Burundi Bufite Nyunguki Muguteza Akaduruvayo Muri Sud-Kivu No Mu Karere Kose

U Burundi Bufite Nyunguki Muguteza Akaduruvayo Muri Sud-Kivu No Mu Karere Kose

Ubwanditsi 28 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Muri Repubulika iharanira demokarasi ya congo [ Sud Kivu ] hamaze iminsi havugwa intamba ikururwa n’imitwe  yitwara gisirikare irwanya ubutegetsi iyo ni  Mai Mai , Twirwaneho , Gumino ,RED-Tabara (Résistance pour un État de Droit au Burundi) na RNC ya Kayumba Nyamwasa. Imwe muri iyi mitwe ikaba ihabwa intwaro n’abarundi.

Igiteye ikibazo  ku mutekano w’u Rwanda  ni  abantu bake batageze no kuri 50 biyita ingabo za Kayumba Nyamwasa [ RNC ] bakambitse ahitwa I Bijabo bayobowe n’uwitwa  Col. Karemera Andrew, watorotse igisikare cy’u Rwanda kera uyu akaba  afashwa n’Abanyamulenge bahoze mungabo z’inkotanyi  aribo Nyamusaraba na Semahurungure, bivugwa ko ari nabo beretse RNC aho icumbika muri Bijabo aho muri Sud -Kivu,  aba biyita ingabo za Kayumba nabo ngo bavuye muri Uganda,  bagamije guhungabanya umutekano mu Rwanda nibo bivanga muntambara z’ abanyamulenge na Mai Mai  nk’imirwano yabereye  aho bita Gatanga, Rubibi, Gihuha no mu Masango RNC yayivanzemo.  Ndetse   baboneraho  gusahura  amatungo  y’abaturage nyuma basubira mu  Bijabo, ariko  icyatangaje abantu ni ukubona  mu binyamakuru Abanyamulenge ibi bitero babyitirira u Rwanda.

Umugaba Mukuru W’ingabo Z’u Burundi Gen. Prime Niyongabo Afatanije Na Kayumba Nyamwasa Mu Bikorwa Bya RNC. Leta y’u Burundi nayo iravugwaho gufatanya

Mwibuke ko muri aka gace ka Congo Sud -Kivu karimo imitwe y’Ingabo za Mai Mai Aoci (Abafuliru), Mai Mai Yakutumba (Ababembe), Red Tabara (Abarundi) , Forebu (Abarundi) ya Gen. Niyombare , FNL ya Nzabampema. Amakuru avuga ko Abarundi aribo baha intwari imwe muri iyi mitwe ya gisilikare ninabo baheruka kugaba  igitero ku mihana y’abanyamulenge bagamije gusahura. Muri icyo gitero abafuliru n’ababembe bahise nabo bisahurira ihene n’intama basubira iyuma. Ingabo z’u Burundi na RED –Tabara zari zifite ibitwaro binini zinaniwe  gufata Muramvya yose niko guhita  bakambika mu Gatanga.

Aho ni hagati rwose ku buryo bakikijwe n’insore-sore z’abanyamulenge zibumbiye mu mutwe wa Gumino na Twirwaneho. Aha ikigamijwe ku barundi ni ukwigarurira aka gace kose maze bakakagira ibirindiro byo gutegura urugamba rwo gutera u Rwanda , bafatanyije ngo n’Abafaransa ndetse  niz’ingabo ziyita iza Kayumba Nyamwasa na FDLR. Amakuru kandi avuga ko RNC, FLN/Sankara iyo bajya guhunganya umutekano mu Rwanda bava Iburundi -Cibitoki bakambuka Bugarama bakinjira mu Nyungwe bakajya mu baturage bo mu Rwanda gushura.

U Burundi bukorana n’abanzi b’u Rwanda kumugaragaro , FDLR, RNC, FLN, Interahamwe n’ibindi bisambo byose biterwa inkunga na Rujugiro Ayabatwa Tribert na Perezida Nkurunziza ufatanyije n’umujenosideri Kabuga Feleciani wihishe mu Burundi aho afatanyije na Nkurunziza mu bucuruzi butandukanye.

Kuki ibihugu byo muri aka karere ntacyo bikora

Nko ku birebana na Tanzania, bamwe mu barwanya ubutegetsi bavuga ko Tanzania ifite inyungu mu butegetsi bwa Nkurunziza kuko hari Abatanzaniya benshi bari mu myanya ikomeye y’ubukungu bw’igihugu mu Burundi,ndetse no mu bijyanye no kugura intwaro kandi ngo ntibiteguye guhara inyungu bahavana, hakaba hari n’Abarundi bagiye kera muri Tanzania bari munzego z’ubuyobozi bwo hejuru nko mu bijyanye n’ubwikorezi, itumanaho mu Inteko ishingamategeko  n’ahandi…..

Naho Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ngo  ntishobora kwirasa ku kirenge kuko nayo ifite ibibazo nk’iby’u Burundi. Perezida Kabila wavuze ko ataziyamamaza, amaze igihe ashinjwa gushaka kuguma ku butegetsi muri manda ya gatatu bikaba bimaze iminsi biteza amakimbirane mu gihe igihugu cyitegura kujya mu matora y’umukuru w’igihugu mu mpera z’uyu mwaka.

Ku birebana n’u Rwanda, ngo mu gihe Perezida Nkurunziza avugwaho kuba afitanye umubano n’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, u Rwanda rwo ngo kuva mu 1994 rufite ibindi bibazo biruhangayikishije rugomba kwitaho, ku buryo nubwo iki kibazo cyo kuba Nkurunziza yaba akorana n’abarurwanya kiruhangayikishije, kidashobora gutuma Guverinoma y’u Rwanda ifata iya mbere. Ibi nibyatangajwe na Minisitiri Mushikiwabo.

Uruhare rw’imitwe yitwaje ibirwanisho mu biganiro bihuza Abarundi

Kuba iyi mitwe itaragira ibikorwa bya gisirikare bifatika mu Burundi ni yo ntandaro yo kuba ibiganiro bigamije guhuza Abarundi ntacyo bigeraho.

Ikigaragara neza nuko mu gihe abatavuga rumwe n’ubutegetsi bazaba badafite ibirwanisho kandi batarwana bizakomeza kunanirana kugira uruhare rungana mu biganiro.

Umuhuza Mkapa ari ku ruhande rwa Guverinoma kuko ikangisha gutanga umutekano kandi  Mkapa nawe arashaka gufasha Nkurunziza gutambutsa igitekerezo cya Guverinoma y’ubumwe bw’igihugu.

Ibi rero ntacyo bizamara kuko bacye mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bashobora guhabwa imyanya ndetse u Burundi bukongera kugirana amasezerano n’Umuryango Mpuzamahanga ubufatanye bugasubukurwa ubuzima bugakomeza kugeza ku matora ya 2020 ndetse  Nkurunziza akaba aciye umuvuno wo kongera kwiyamamariza manda ya kane akazategura amatora akiba amajwi akayatsinda.

Kugeza ubu Abarundi basaga 700,000 bahunze igihugu kuva amakimbirane yatangira muri Mata 2015. Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu mu Burundi yemeza ko buri cyumweru byibuze mu gihugu abantu bicwa. Imibare ntituyifite neza ariko yaje gusubirwamo  n’abahagarariye sosiyete sivile n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bemeza ko ku munsi hicwa abantu 5 byibuze, abandi bakaburirwa irengero. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (HCR) ryo rikaba rivuga ko muri uyu mwaka wa 2018 impunzi z’Abarundi zidatashye bishobora gutera ikindi kibazo mu karere kose.

2018-08-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Raporo ya Loni yemejeko ingabo za Kayumba Nyamwasa na Wilson Irategeka zakubiswe inshuro na FARDC, inagaragaza ko abarwanyi ba P5 banyura mu Burundi

Raporo ya Loni yemejeko ingabo za Kayumba Nyamwasa na Wilson Irategeka zakubiswe inshuro na FARDC, inagaragaza ko abarwanyi ba P5 banyura mu Burundi

Ubwanditsi 12 Jun 2020
Ngo urusha nyina w’umwana imbabazi ….Umunyamakuru Asuman Bisiika wa Daily Monitor akwiye kwisuzumisha ikibazo afite mu mutwe, aho kwitwaza Nyakwigendera Joy Agaba

Ngo urusha nyina w’umwana imbabazi ….Umunyamakuru Asuman Bisiika wa Daily Monitor akwiye kwisuzumisha ikibazo afite mu mutwe, aho kwitwaza Nyakwigendera Joy Agaba

Ubwanditsi 05 Dec 2019
Bifashishije indirimbo, Eric Senderi afatanyije n’urubyiruko rwa ‘Kwacu Family’ bashimiye ingabo z’Inkotanyi kubwo kurokora abatutsi bakorewe Jenoside muri Mata 1994.

Bifashishije indirimbo, Eric Senderi afatanyije n’urubyiruko rwa ‘Kwacu Family’ bashimiye ingabo z’Inkotanyi kubwo kurokora abatutsi bakorewe Jenoside muri Mata 1994.

Ubwanditsi 08 Apr 2021
Ribara uwariraye, La Forge Bazeye Fils wari umuvugizi wa FDLR yavuze uburyo yagejejwe mu Rwanda

Ribara uwariraye, La Forge Bazeye Fils wari umuvugizi wa FDLR yavuze uburyo yagejejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 07 Dec 2021

2 Ibitekerezo

  1. RUGENDO
    August 28, 20185:06 pm -

    RUSHYASHYA IBYO BIGAMBO BIPFUYE MWANDIKA MUBIKURAHE!!
    KUKI MUTAFUNGA IMIPAKA IZONYESHYAMBA ZIBISAMBO NGO MUZIFATE
    MUZIME AMAYIRA??ABANYAMURENGE NTABWENGE BAGIRA??
    MURABITA KO BADASHISHOZA, BATABONA,HARYA KIZIBA NTABENE WABO BABA
    BARAHAGUYE????ariko se intambara ko itabuka mwanjyiye mwandika ibyuka amahoro!!

    Subiza
  2. KATSIBWENENE
    August 29, 20187:15 am -

    Rugendo se? ubu ufite imyaka ingahe? umunyarwanda yise umwana we NZABANDORA. Ariko kandi ntakurenganyije ibi bigambo bya RUSHYASHYA ntacyo byubaka byo. Ariko burya ngo kirya abandi bajya kukirya kikishaririza.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RwandAir igeze i Tel Aviv gatatu mu cyumweru
UBUKERARUGENDO

RwandAir igeze i Tel Aviv gatatu mu cyumweru

Ubwanditsi 29 May 2019
Ikinyamakuru Africanews cyagize Perezida Kagame Umuyobozi w’Umwaka
UBUKUNGU

Ikinyamakuru Africanews cyagize Perezida Kagame Umuyobozi w’Umwaka

Ubwanditsi 23 Dec 2018
Burundi haravugwa indi mirambo 14 yatoraguwe mu ishyamba rya Kibira
INKURU NYAMUKURU

Burundi haravugwa indi mirambo 14 yatoraguwe mu ishyamba rya Kibira

Ubwanditsi 07 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru