• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»RwandAir igeze i Tel Aviv gatatu mu cyumweru

RwandAir igeze i Tel Aviv gatatu mu cyumweru

Ubwanditsi 29 May 2019 UBUKERARUGENDO

Ikigo cy’igihugu cy’indege, RwandAir, cyatangaje ko guhera ku wa 25 Kamena kizatangira ingendo zihuza Kigali n’umujyi wa Tel Aviv nta handi indege ihagaze, uyu ukaba ari umujyi w’ubukungu n’ikoranabuhanga wa Israël.

Mu itangazo RwandAir yashyize ahagaragara kuri uyu wa Kabiri, yatangaje ko izatangirana ingendo eshatu mu cyumweru, ni ukuvuga ku wa Kabiri, ku wa Kane no ku wa Gatandatu, zizajya zikorwa na Boeing 737-800NG ifite imyanya 16 yiyubashye na 138 iringaniye. Izajya igwa ku Kibuga Mpuzamahanga cy’indege cya Ben Gurion.

Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Manzi Makolo yagize ati “Kongera Tel Aviv ku ngendo zacu biri mu ntego dufite z’igihe kirekire zo guhuza u Rwanda n’Isi muri rusange. Tel Aviv ni hamwe mu hantu hakomeye ku Isi mu ikoranabuhanga kandi twifuza gutwara abakora ingendo z’ubucuruzi cyangwa nyobokamana ku butaka butagatifu,”

Yakomeje avuga ko ari n’amahirwe akomeye yo kurushaho koroshya ingendo ku bagenzi baturuka cyangwa bajya hirya no hino aho RwandAir ikorera ingendo no gushimangira umubano mwiza hagati hagati y’u Rwanda na Israël.

Amatike yatangiye gucuruzwa unyuze ku rubuga rwa RwandAir, ibiro biyacuruza cyangwa ibindi bifasha mu by’ingendo.

Izi ngendo zitangijwe mu gihe umubano hagati y’u Rwanda na Israel uhagaze neza, nyuma yuko ku wa 1 Mata uyu mwaka Leta ya Israël yafunguye Ambasade yayo mu Rwanda, ihagira Ambasaderi wa mbere utuye i Kigali kuva mu myaka 50 ishize.

Tel Aviv izaba ari icyerekezo cya 29 cya RwandAir n’icya kabiri igize mu Burasirazuba bwo hagati nyuma ya Dubai.

Ku wa 17 Mata nibwo RwandAir yatangije ingendo zigana i Kinshasa. Biteganywa ko uyu mwaka uzarangira RwandAir yerekeje i Addis Ababa muri Ethiopia na Luanda muri Angola, ingendo ziziyongera ku rwa Guangzhou ruzatangira ku wa 18 Kamena 2019.

RwandAir kandi iteganya ku mugabane wa Amerika ihereye mu mujyi wa New York.

2019-05-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubudasa bw’u Rwanda, i Kigali hagiye guhurira abantu basaga 850 mu bikorwa by’umukino wo gusiganwa ku Mamodoka ku Isi

Ubudasa bw’u Rwanda, i Kigali hagiye guhurira abantu basaga 850 mu bikorwa by’umukino wo gusiganwa ku Mamodoka ku Isi

Ubwanditsi 10 Dec 2024
U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

Ubwanditsi 19 Apr 2018

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

RUSHYASHYA 31 May 2026
Impano z’abakiri bato bavuye mu bihugu 14 bya Afurika, barahurira mu Rwanda mu mikino ya FIBA U16 AfroBasket 2025

Impano z’abakiri bato bavuye mu bihugu 14 bya Afurika, barahurira mu Rwanda mu mikino ya FIBA U16 AfroBasket 2025

Ubwanditsi 29 Aug 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abaminisitiri n’Abayobozi ba Polisi bo muri aka karere bihereye ijisho imyitozo ku kurwanya ibyaha byifashisha ikoranabuhanga
Mu Mahanga

Abaminisitiri n’Abayobozi ba Polisi bo muri aka karere bihereye ijisho imyitozo ku kurwanya ibyaha byifashisha ikoranabuhanga

Ubwanditsi 02 Sep 2016
Umutekamutwe Kasinge Nadine yongeye gutuburira abamukurikira bujiji.
Amakuru

Umutekamutwe Kasinge Nadine yongeye gutuburira abamukurikira bujiji.

Ubwanditsi 26 Nov 2023
Perezida w’icyubahiro wa APR FC, Gen James Kabarebe yasabye abakinnyi ko nta kipe bagomba korohera kugirango batware igikombe cya shampiyona cya 2020-2021.
Amakuru

Perezida w’icyubahiro wa APR FC, Gen James Kabarebe yasabye abakinnyi ko nta kipe bagomba korohera kugirango batware igikombe cya shampiyona cya 2020-2021.

Ubwanditsi 23 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru