• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Bifashishije indirimbo, Eric Senderi afatanyije n’urubyiruko rwa ‘Kwacu Family’ bashimiye ingabo z’Inkotanyi kubwo kurokora abatutsi bakorewe Jenoside muri Mata 1994.

Bifashishije indirimbo, Eric Senderi afatanyije n’urubyiruko rwa ‘Kwacu Family’ bashimiye ingabo z’Inkotanyi kubwo kurokora abatutsi bakorewe Jenoside muri Mata 1994.

Ubwanditsi 08 Apr 2021 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Rwanda

Umuhanzi nyarwanda mu njyana ya Afrobeat Nzaramba Eric uzwi nka Eric Senderi yashyize hanze indirimbo ikubiyemo ubutumwa bushimira ingabo z’Inkotanyi zarokoye Abatutsi bicwaga muri Jenoside yabaye mu Rwanda muri Mata 1994, ni indirimbo yafatanyije n’uribyiruko rwa ‘Kwacu Family ‘ bise “Mwaritanze”.

Mu kiganiro Senderi yagiranye na RUSHYASHYA NEWS yatangiye atubwira aho igitekerezo cyo gukora iyi ndirimbo cyaturutse, ati “mfatanyije n’urubyiruko Kwacu Family twakoze indirimbo yo kwibuka no gushima ingabo z’Inkotanyi zarokoye abicwaga muri Jenoside yakorerwaga abatutsi 1994, tuzirikana kandi ko Inkotanyi zaguye ku rugamba rwo kubohora u Rwanda ntituzatatira igihango dufitanye n’Inkotanyi zaturokoye”.

Senderi kandi yakomeje avuga ko urubyiruko ruri muri yindirimbo, ubwo hari muri 1994 bari bakiribato nyuma Inkotanyi zirabarokora zibaha ubuzima, akomeza avuga ko uru rubyiruko rwakuriye nu biganza byazo ubu barangije za kaminuza abandi barikorera ati ubu bose ni imbaraga z’igihugu zishishikajwe no kurinda ibyagezweho no kubisigasira.

Iyi ndirimbo kandi baririmbye yumvikanamo amagambo Inkotanyi zakoreshaga zirokora abatutsi bicwaga muri Jenocide yakozwe muri Mata 1994, muri ayo magambo harimo: Humura ntacyo mukibaye, Ntimugipfuye, Tuje kubatabara, abandi barihe, Ni muhumure turi Inkotanyi,Tuje kubarokora, Abafite ibikomere muhumure turabavura ndetse na Tuje kubabohora.

Mu gusoza ikiganiro twagiranye na Eric Senderi yashishikarije urubyiruko kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside, ati “Ubutumwa natanga muriyiminsi yo kwibuka kunshuro ya 27 urubyiruko ndarusaba kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside aho yava hose bakayirwanya byimazeyo, Igihugu kirabakunda namwe rubyiruko mubigire ihame mugikunde mugikorere kuko ntikirobanura giha amahirwe uwariwe wese.”

Uyu muhanzi kandi aheruka gushyira hanze izindi ndirimbo zirimo nka Muri hehe, Corona Geza Aho, Tuzabyina neza birenze, Convention, Tekana ndetse n’izindi wasanga ku rubuga rwe rwa Youtube.

Reba hano indirimbo ” Mwaritanze ya Eric Senderi afatanyije na Kwacu Family:


2021-04-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imitego ya Perezida Museveni yo gushyira u Rwanda mu kato iri kumushibukana, u Burundi bwamenye ukuri

Imitego ya Perezida Museveni yo gushyira u Rwanda mu kato iri kumushibukana, u Burundi bwamenye ukuri

Ubwanditsi 10 Jan 2022
Mu mukino witabiriwe na Amadou Gallo Fall uyobora BAL , ikipe ya Patriots BBC yatsinze APR BBC amanota 73-59

Mu mukino witabiriwe na Amadou Gallo Fall uyobora BAL , ikipe ya Patriots BBC yatsinze APR BBC amanota 73-59

Ubwanditsi 20 Mar 2024
Abakinnyi 39 b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abagore bari munsi y’imyaka 20, yatangiye umwiherero mu rwego rwo guhatanira itike y’igikombe cy’isi cya 2022

Abakinnyi 39 b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abagore bari munsi y’imyaka 20, yatangiye umwiherero mu rwego rwo guhatanira itike y’igikombe cy’isi cya 2022

Ubwanditsi 10 Aug 2021
Abanyamakuru bahuguwe ku ndwara ya Ebola bahamya ko basobanukiwe ukuri ku rukingo rwayo

Abanyamakuru bahuguwe ku ndwara ya Ebola bahamya ko basobanukiwe ukuri ku rukingo rwayo

Ubwanditsi 20 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yagaragaje ko ntawe ugomba kunyurwa n’iterambere ricagase
Amakuru

Perezida Kagame yagaragaje ko ntawe ugomba kunyurwa n’iterambere ricagase

Ubwanditsi 13 Oct 2016
RDC: Abantu benshi baguye mu gitero bikekwa ko cyagabwe na FDLR
HIRYA NO HINO

RDC: Abantu benshi baguye mu gitero bikekwa ko cyagabwe na FDLR

Ubwanditsi 02 May 2018
Hari ibimenyetso dufite, byerekana ko bimwe mu bihugu duturanye  bifatanya ku mugaragaro na FDLR na RNC – Kagame
INKURU NYAMUKURU

Hari ibimenyetso dufite, byerekana ko bimwe mu bihugu duturanye bifatanya ku mugaragaro na FDLR na RNC – Kagame

Ubwanditsi 01 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru