• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»IBUKA yamaganye Kaminuza ishaka gutiza umurindi ikwirakwizwa ry’igitabo gipfobya Jenoside

IBUKA yamaganye Kaminuza ishaka gutiza umurindi ikwirakwizwa ry’igitabo gipfobya Jenoside

Ubwanditsi 17 Sep 2018 ITOHOZA

Umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ishami ryo mu Buholandi ’Ibuka-Hollande’, wamaganye igikorwa cya Amsterdam University Press cyo guhindura ururimi rw’igitabo cy’umunyamakuru Judi Rever, kigaragaza ko mu Rwanda habaye Jenoside ebyiri.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Uhagarariye Ibuka-Hollande, Safari Christine, ku wa 28 Kanama 2018.

Igitabo “In Praise of Blood: The Crimes of Rwandan Patriotic Front” ugenekereje mu Kinyarwanda “Mu gushimagiza amaraso, ibyaha byakozwe na FPR Inkotanyi.”

Muri iki gitabo cyashyizwe hanze muri Mata 2018, Judi Rever yatangaje ko gikubiyemo iperereza yakoze mu myaka 20. Kivuga ko FPR Inkotanyi ko yakoze ubwicanyi muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Kigisohoka cyamaganiwe kure n’Abanyarwanda bazi ukuri kw’ibyabaye mu gihugu, bagaragaza ko kigamije kugoreka amateka cyanyuzemo no gukingira ikibaba abakoze amahano.

Umwanditsi Judi ukomoka muri Canada yagaragaje ko FPR yatangije Jenoside yakorewe Abatutsi, ikanakora iy’Abahutu. Iyi ni imwe mu maturufu akoreshwa cyane n’abashaka guhakana ibyabaye mu Rwanda bigiza nkana.

Kinavuga ku ruhare rw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda rukorera i Arusha (TPIR) mu gukingira ikibaba abayigizemo uruhare ntibakurikiranwa kuva mu 1990.

Iki gitabo kinakomoza ku bwicanyi bwabaye nyuma ya Jenoside mu 1994. Hari aho umwanditsi avuga ku bwicanyi bwo mu Ukwakira 1997, bwabereye Nyakinama mu yahoze ari Perefegitura ya Gisenyi, agaragaza ko bwari bugamije kwikiza Abahutu bose.

Nyuma y’amezi ane gisohotse mu Cyongereza, Amsterdam University Press yashinzwe mu 1992, iri kugitunganya ngo gisohoke mu Giholandi.

Ibuka Hollande yasohoye itangazo ryamagana iki gikorwa ivuga ko kigamije guharabika FPR Inkotanyi na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

Rigira riti “Twatunguwe n’icyemezo cyo gutangaza igitabo gitesha agaciro ababyeyi, abavandimwe n’abaturanyi bacu bahigwaga bukware, bakicwa ndetse Isi yemera ko ari Jenoside yakorewe Abatutsi iri mu zakoranywe ubugome ndengakamere mu zabayeho mu kinyejana cya 20.”

“Twasohoye iyi nyandiko duha agaciro abacu batuvuyemo no kwamagana ibitekerezo byakwirakwijwe mu gitabo cya Rever.”

Umwanditsi avuga ko abasirikare ba RPF binjiraga mu nterahamwe muri Kigali, Ruhengeri na Butare bakica ndetse bakazishishikariza kubikora.

Ngo FPR yinjiriye mu mashyaka ya politiki n’abarwanyi bayo arimo Interahamwe za MRND, Inkuba za MDR, Abakomozi ba PSD n’Impuzamugambi za CDR, bakabashishikariza kwica Abatutsi kuri za bariyeri.

Judi yavuze ko usibye Abahutu bicaga Abatutsi hari n’Abatutsi bicaga Abahutu.

Ibuka-Hollande yatangaje ko “Ibisobanuro bya Rever ku byabaye mu Rwanda bigaragaza ko ashimangira ubwicanyi hagati y’amoko na Jenoside ebyiri.”

Judi Rever akunze gukorana bya hafi n’abatavuga rumwe na Leta. Aheruka guhabwa igihembo n’Umuryango ukorana bya hafi na FDU igizwe n’inshuti z’abakoze Jenoside bihishe mu mahanga ndetse n’umutwe wa FDLR.

Umwanzuro w’Akanama k’Umutekano ka Loni wa 2150 wo mu 2014 “Wihanganiriza abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi, ugasaba ibihugu by’ibinyamuryango gushyiraho porogaramu zigisha abasomo ya Jenoside hirindwa ko hari aho yazongera kuba.”

Ku wa 26 Mutarama ni bwo Inteko Rusange ya Loni yafashe umwanzuro wo gukosora inyito wahaye iya 7 Mata nk’umunsi Abanyarwanda bafata wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, byemezwa ko uzajya witwa “Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.”

2018-09-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Lt Gen Karenzi Karake na Maj. Gen Jack Nziza mu basirikare bakuru basezerewe

Lt Gen Karenzi Karake na Maj. Gen Jack Nziza mu basirikare bakuru basezerewe

Ubwanditsi 21 Jul 2017
Umudiho uva mu itako

Umudiho uva mu itako

Ubwanditsi 10 Dec 2016
Malawi igiye kujuririra icyemezo cyo kutohereza mu Rwanda Murekezi ukekwaho Jenoside

Malawi igiye kujuririra icyemezo cyo kutohereza mu Rwanda Murekezi ukekwaho Jenoside

Ubwanditsi 10 Jan 2018
2016: Uko Padiri Thomas Nahimana yasebeye ku kibuga cy’indege ( JKIA )  I Nairobi-Kenya

2016: Uko Padiri Thomas Nahimana yasebeye ku kibuga cy’indege ( JKIA ) I Nairobi-Kenya

Ubwanditsi 03 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gaston Sindimwo yemejwe nk’umukandida wa UPRONA mu matora ya Perezida mu Burundi
POLITIKI

Gaston Sindimwo yemejwe nk’umukandida wa UPRONA mu matora ya Perezida mu Burundi

Ubwanditsi 03 Feb 2020
Nadege wagaragaye mu mashusho y’indirimbo “Ikiragi” ya Kitoko yitabye Imana
HIRYA NO HINO

Nadege wagaragaye mu mashusho y’indirimbo “Ikiragi” ya Kitoko yitabye Imana

Ubwanditsi 14 Feb 2018
Ibigo by’itumanaho byongereye imbaraga mu gukwirakwiza internet ya 4G muri Afurika
IKORANABUHANGA

Ibigo by’itumanaho byongereye imbaraga mu gukwirakwiza internet ya 4G muri Afurika

Ubwanditsi 26 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru