• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Tribert Rujugiro: Umunyamabi n’umunyaburiganya ruharwa wahindutse umuherwe

Tribert Rujugiro: Umunyamabi n’umunyaburiganya ruharwa wahindutse umuherwe

Ubwanditsi 09 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Tribert Rujugiro Ayabatwa, wiyemerera ko arwanya ubutegetsi bw’u Rwanda akaba umuterankunga mukuru w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, Rwanda National Congress (RNC)  ashimangira ko yiyemeje gutera inkunga iyo mitwe, Perezida Kagame yava ku butegetsi mugihe kitarenze amezi atandatu.

Ku batazi Rujugiro, batekereza ko uyu musaza ari intungane, nyamara igitangazamakuru Great Lakes Eye cyahishuye ibimenyetso ndakuka bigaragaza ko Rujugiro ifitanye isano n’ibikorwa bibisha byari bigamije guhirika ubuyobozi bwatowe n’abaturage mu Rwanda.

Nubwo atigeze atangaza ku mugaragaro ko afatanya na RNC ku bw’impamvu zatekerejweho neza, bizwi ko ari we muterankunga mukuru w’iri shyaka.

Taliki ya 20 Gicurasi 2015, David Himbara na Robert Higiro bahuye n’abagize agashami ka leta zunze ubumwe z’Amerika ka Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, kibanda kuri Afurika, Ubuzima, uburenganzira bwa muntu n’imiryango mpuzamahanga, bashinja leta y’u Rwanda iyobowe na perezida Kagame kutubahiriza uburenganzira bwa muntu, umugambi bacuriwe n’ikigo Podesta Group gikorera i Washington, D.C bakacyishyura $190 000 bahawe na Rujugiro.

Hatitawe k’uruhare rwe mu bikorwa bibisha bitandukanye, Leta ya Uganda yo ivuga ko Rujugiro ari umushoramari w’intangarugero, nubwo iyo mari ye ikoreshwa mu gufasha imitwe yiyemeje guhungabanya u Rwanda. Mu bikorwa bye by’ubucuruzi bifuditse, Rujugiro aritwararika cyane kugirango hatazagira ikimenyetso na kimwe kizagaragaraza mu nyuma ko yagize uruhare rwe mu bikorwa bibisha.

Uretse kuba umuterankunga w’imitwe y’inyashyamba, Rujugiro abeshejweho na ruswa, kunyunyuza no gusahura ubukungu bw’ibihugu bikennye, urugero rufatika ni Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo ndetse n’u Burundi.  Muri Mata 2011, Itsinda rya Loni ry’inararibonye ryakoze ubushakashatsi ku isahurwa ry’umutungo kamere wa Kongo, ryashyize Rujugiro ku rutonde rw’abijanditse muri ibyo bikorwa. Uyu muherwe ari mubesheje agahigo mu gucuruza magendu ndetse no kunyereza imisoro mu bihugu bitandukanye nka South Africa, Ghana, Nigeria n’umujyi wa London.

Mu gihugu cya Uganda, Rujugiro yagiye akorana bya hafi n’abayobozi bo munzego nkuru mu kunyereza imisoro yagombaga kujya mu bigega bigamije guteza imbere imibereho y’abaturage, ahubwo ayo mafaranga agafatwa nk’inyungu ikagabanywa hagati y’ uyu munyamabi ruharwa n’abo bayobozi.

Mu rwego rwo gucunga neza ibikorwa bye binini by’ubucuruzi biri muri Uganda, nka Meridian Tobacco Company Ltd iherereye mu majyaruguru ya Uganda ikagira icyicaro mu gace kitwa Kireka gaherereye ku muhanda wa Kampala-Jinja, Rujugiro yahaye ruswa abayobozi bo mu nzego zo hejuru nka Gen(rtd) Caleb Akandwanaho alias Salim Saleh-murumuna wa perezida Museveni- amuha imigabane ingana na 15% mu rundi ruganda rwe rw’itabi rwitwa Leaf Tobacco and Commodities Company Ltd.

Mu masezerano y’ubufatanye, Great Lakes Eye ifitiye kopi, yasinywe ku italiki ya 12 Kamena 2017, hagati ya Leaf Tobacco and Commodities Ltd,  Gen(rtd) Caleb Akandwanaho na Tribert Rujugiro Ayabatwa, Akandwanaho yahawe 15% by’imigabane y’urwo ruganda nk’umunyamuryango udafite ububasha bwo gutora mugufata ibyemezo bijyanye n’uruganda. Amasezerano agaragaza kandi ko ku ruhande rwa Akandwanaho we, azatanga serivisi z’umutekano ku bikorwa by’uruganda imbere no hanze y’igihugu. Nk’igisubizo cy’ubwo bufatanye, Gen. Salim Saleh yijeje Rujugiro umutekano wose ku bikorwa bye muri Uganda. Nta gatangaza rero kuba ubuyobozi bwa Uganda bwakingira ikibaba Rujugiro kuko afitanye imikorere ya hafi cyane na bamwe mubayobozi b’iki gihugu.

Hari amakuru avuga ko Rujugiro yakoreshejwe cyane mu kuvugururwa kw’itegeko nshinga muri Uganda mu mwaka wa 2017, impinduka zatumye imyaka ya perezida izamurwa kugeza kuri 75. Rujugiro yatanze amafaranga menshi mu izina rya Gen (rtd) Caleb Akandwanaho alias Salim Saleh, kugirango amavugururwa agendanye n’imyaka agende neza. Aya mafaranga yanyanyagijwe mu badepite kugirango babashe gutora ayo mavugurura.

Bigaragara ko uburyo Rujugiro afatwa nk’amata y’abashyitsi na leta ya Uganda inamuha umwanya uhagije mu itangazamakuru kugirango yangize isura y’u Rwanda, bigamije kugirango nawe azatere inkunga amatora y’umukuru w’igihugu ateganijwe mu mwaka wa 2021. Hashingiwe ku masezerano yasinywe na Rujugiro na Gen Salim Salem, umuherwe Rujugiro azaha ishyaka riri kubutegetsi NRM amafaranga menshi azifashishwa mu kwiyamamaza, ibi bigafatwa nk’igihembo ku buryo bamucungiye umutekano.

2019-08-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Victoire ingabire ntiyigeze ava muri FDU inkingi, naho ingengabitekerezo ye ni yayindi ya Hutu Pawa

Victoire ingabire ntiyigeze ava muri FDU inkingi, naho ingengabitekerezo ye ni yayindi ya Hutu Pawa

Ubwanditsi 02 Dec 2024
Uganda: Bobi Wine yabajije Museveni uko yiyumva iyo yica urubozo ‘abuzukuru’ be

Uganda: Bobi Wine yabajije Museveni uko yiyumva iyo yica urubozo ‘abuzukuru’ be

Ubwanditsi 25 Sep 2018
Umukozi w’Akarere ka Burera yafatiwe mu cyuho yakira Ruswa y’Umuturage utishoboye

Umukozi w’Akarere ka Burera yafatiwe mu cyuho yakira Ruswa y’Umuturage utishoboye

Ubwanditsi 02 May 2017
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson

Ubwanditsi 20 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ruhango: Umukozi w’akarere yatawe muri yombi ashinjwa ruswa mu itangwa ry’akazi
INKURU NYAMUKURU

Ruhango: Umukozi w’akarere yatawe muri yombi ashinjwa ruswa mu itangwa ry’akazi

Ubwanditsi 14 Apr 2018
Karongi : Polisi y’u Rwanda yagaruje ibyuma bikoreshwa mu kubaka imihanda byibwe
Mu Mahanga

Karongi : Polisi y’u Rwanda yagaruje ibyuma bikoreshwa mu kubaka imihanda byibwe

Ubwanditsi 01 Nov 2016
Avuga kuri Rugwabiza Perezida Kagame Ati “Ni ukuvuga ngo…mu gihe yaje nka hano aje mu kiruhuko agakubitana na cabinet azajya ayitabira atubwira iby’aho avuye.”
Mu Mahanga

Avuga kuri Rugwabiza Perezida Kagame Ati “Ni ukuvuga ngo…mu gihe yaje nka hano aje mu kiruhuko agakubitana na cabinet azajya ayitabira atubwira iby’aho avuye.”

Ubwanditsi 07 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru