• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umukozi w’Akarere ka Burera yafatiwe mu cyuho yakira Ruswa y’Umuturage utishoboye

Umukozi w’Akarere ka Burera yafatiwe mu cyuho yakira Ruswa y’Umuturage utishoboye

Ubwanditsi 02 May 2017 ITOHOZA

Polisi iravuga ko yamaze gushyikiriza ubushinjacyaha dosiye y’umukozi w’Akarere ka Burera ushinzwe kurengera abatishoboye watawe muri yombi mu minsi itatu ishize yakira ruswa y’umuturage utishoboye.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, IP Innocent Gasasira, avuga ko Ndagijimana Jean Damascene yafashwe yakira ruswa y’umuturage ngo amushyire ku rutonde rw’abazubakirwa inzu.

Gusa IP Gasasira yirinze kugira byinshi atangaza kubera ko ubwo twamuvugishaga ngo dosiye y’uwo mugabo yari imaze gushyikirizwa ubushinjacyaha.

Yagize ati “Ni ruswa yafatanwe, dosiye ye yarangiye yageze muri parike; twamushyikirije parike, bamwakiriye. Yafashwe ku wa Gatanu, amaze gufatwa yahise afungirwa hariya kuri Sitasiyo ya Gahunga.”

Mu ngengo y’imari ya 2016/17 iri hafi kurangira, Akarere ka Burera kemeje amafaranga miliyoni 40 agomba gukoreshwa mu gusanura no kubaka inzu z’abatishoboye bigaragara ko zenda kubagwaho.

Ndagijimana ufunzwe akaba ari we wemezaga urutonde rw’abagenerwabikorwa b’iyo gahunda.

Bamwe mu bakozi b’Akarere ka Burera babwiye Izubarirashe.rw ko Ndagijimana yari amaze igihe anuganugwaho gusaba amafaranga abaturage ngo abashyire ku rutonde rw’abagomba kubakirwa.

-6452.jpg

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru IP Gasasira Innocent

Umwe muri abo bakozi yagize ati “Byari bisanzwe bivugwa ko hari abantu benshi yatse ayo mafaranga, ariko nyine ntacyabigaragazaga. Ubwo rero ku wa Gatanu ni bwo abapolisi bamuguyeho mu Gahunga ariho yakira amafaranga y’uwacitse ku icumu utishoboye kugira ngo amushyire ku rutonde rw’abazubakirwa inzu.”

Twandika iyi nkuru twagerageje kuvugisha Urwego rw’Ubushinjacyaha kuri dosiye ya Ndagijimana ariko ntibyadukundira inshuro zose twahamagaye umuvugizi w’ubushinjacyaha.

Ku wa 02 Mata 2017 ubwo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Francis Kaboneka yasozaga itorero ry’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge 416 igize igihugu, yasabye abayobozi kwitandukanya no kwaka ruswa abaturage kimwe no kunyereza ibyo Leta ibagenera.

Minisitiri Kaboneka yagize ati “Ndagira ngo mbabwire ngo hari abayarya amafaranga agenewe abaturage; ya yandi yakabatunze, umuturage ari kuri serumu, ukayarya! Urarya umuvumo. Ayo mafaranga azagukurikirana; icya mbere araguteranyije, icya kabiri agutesheje agaciro, icya gatatu ni umuvumo wihaye, nimwitandukanye n’imivumo. Mukore neza, ubabare uyu munsi ineza izagusange imbere, uhemuke uyu munsi inabi izagusange imbere.”

Source : Izuba rirashe

2017-05-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Ubwanditsi 15 Jan 2025
Rugema Kayumba na Kale Kayihura  ninde ukwiye kuregwa mu Rukiko mpuzamahanga [ ICC ]

Rugema Kayumba na Kale Kayihura  ninde ukwiye kuregwa mu Rukiko mpuzamahanga [ ICC ]

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Urwikekwe : Muri RNC,  barahiga bukware utanga amakuru i Kigali ngo Rushyashya yaba ifite ibyitso muribo

Urwikekwe : Muri RNC, barahiga bukware utanga amakuru i Kigali ngo Rushyashya yaba ifite ibyitso muribo

Ubwanditsi 12 Sep 2016
Twagirayezu ukekwaho Jenoside yagejejwe mu Rwanda yoherejwe na Danemark

Twagirayezu ukekwaho Jenoside yagejejwe mu Rwanda yoherejwe na Danemark

Ubwanditsi 12 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Agathon Rwasa mu mazi abira
INKURU NYAMUKURU

Agathon Rwasa mu mazi abira

Ubwanditsi 14 Feb 2018
Lesotho: Abasirikare bakuru barasanye, Umugaba w’Ingabo ahasiga ubuzima
ITOHOZA

Lesotho: Abasirikare bakuru barasanye, Umugaba w’Ingabo ahasiga ubuzima

Ubwanditsi 06 Sep 2017
Museveni ageze aho guha pasiporo abambari ba RNC
INKURU NYAMUKURU

Museveni ageze aho guha pasiporo abambari ba RNC

Ubwanditsi 18 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru