• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yagarutse ku mubano ukwiriye Afurika n’u Burayi

Perezida Kagame yagarutse ku mubano ukwiriye Afurika n’u Burayi

Ubwanditsi 07 Jun 2017 POLITIKI

Perezida Kagame asanga ikibazo cyo kubangamira umudendezo w’abaturage binyuze mu gushaka guhatira abandi gukurikiza indangagaciro runaka, ari kigomba gukemurwa vuba kugira ngo umubano wa Afurika n’u Burayi urusheho gutera imbere ku nyungu z’abatuye imigabane yombi.

bi yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye inama Mpuzamahanga y’u Burayi ku bufatanye mu iterambere (European Development Days conference – EDD 2017), ibera i Bruxelles mu Bubiligi kuva ku itariki ya 7 kugeza ku ya 8 Kanama 2017.

Iyi nama itegurwa na Komisiyo y’Ibihugu by’u Burayi kuva mu 2006, yahurije hamwe abantu barenga 5,000 baturutse mu bihugu 140, barimo abakuru b’ibihugu na za Guverinoma, inzobere mu iterambere, abashoramari, abaharanira impinduka ndetse n’abahagarariye urubyiruko.

-6836.jpg
Perezida Kagame ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye inama yiga ku bufatanye mu iterambere yateguye na EU

Umukuru w’Igihugu yavuze ko iterambere rirambye rishingira kuri politiki nziza n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa buri wese, kandi amateka n’amahitamo y’abaturage agahabwa umwanya.

Yagize ati “Nubwo abaturage bashobora gukura amasomo atandukanye mu mateka yabo agatuma bagena imiyoborere ibabereye, hazahoraho umwanya w’ibiganiro no kungurana ibitekerezo hagati y’inshuti.’’

Perezida Kagame yagarutse ku kibazo cy’abimukira, ashimangira ko agaciro n’umutekano byabo haba mu bihugu baturukamo cyangwa berekezamo ari ingenzi.

Yavuze ko ku ruhande rumwe iki kibazo gifitanye isano na politiki mbi zo kutita ku ndangagaciro za bamwe, kandi Abanyafurika n’Abanyaburayi bakwiye kwicara bakakiganiraho mu bwubahane, aho gukomeza kwitana bamwana.

Yagize ati “Kubangamira umudendezo binyuze gushaka guhatira abandi gukurikiza indangagaciro zawe, bizakomeza kugira ingaruka mbi kuri buri wese bizageraho. Iki ni cyo gikwiriye gukemuka vuba. Nitugira ibiganiro byeruye kandi bifite intego, tuzabona ko nta mpamvu ituma Afurika n’u Burayi umwe abonamo undi ikibazo.’’

Yagarutse ku bikorera, urubyiruko n’uburinganire

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yagarutse ku iterambere ry’inzego z’abikorera, uburinganire bw’abagore n’abagabo ndetse na gahunda zo guteza imbere urubyiruko, avuga ko ubufatanye muri izi nzego buhuriye ku ntumbero yo guharanira iterambere ry’ahazaza kuri bose.

Yavuze ko imbaraga n’umuhate by’urubyiruko mu guhanga udushya, ari byo byatumye u Rwanda rushyira imbaraga nyinshi mu iterambere ry’ikoranabuhanga no kugeza internet kuri bose, kandi guteza imbere urwego rw’abikorera bizakomeza kugeza ubwo ruba igihugu cya mbere ku Isi cyoroshya ubucuruzi.

Perezida Kagame yavuze ko bidashoboka gutekereza inzira y’iterambere udaha umwanya uhagije uburenganzira n’impano z’abagore, ari yo mpamvu u Rwanda rwashyizeho amategeko y’uburinganire ku butaka, izungura n’ibindi.

Inama ya EDD 2017 izigira hamwe ingingo eshatu z’ingenzi arizo: Ishoramari ku isi n’abayituye, Ishoramari mu Iterambere ndetse n’Ishoramari mu byerekeye Amahoro n’Ubutwererane.

Muri iyi nama hazasinyirwamo amasezerano rusange y’u Burayi agamije iterambere; inyandiko ikubiyemo politiki zisaba Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi kurandura ubukene no kubaka isi itajegajega kandi itanga amahirwe angana kuri bose.

Hagati aho, abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bavuye impande zose baritegura kwakira umuyobozi wabo muri gahunda ya Rwanda Day benshi bavuga ko iziye igihe kuko habura igihe gito bakitorera Intore izirusha Intambwe.

Amafoto
-6837.jpg

-6838.jpg

Turakomeza kubakurikiranira ibyo birori!

2017-06-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyarwanda ati:” Aho kugira umwana agapfa ahagaze washyingura ukihanagura”

Umunyarwanda ati:” Aho kugira umwana agapfa ahagaze washyingura ukihanagura”

Ubwanditsi 01 Mar 2025
“Muri kamere yacu ntawe dushotora, turwana intambara zo gukumira ibibazo dukururwaho n’abandi” – Perezida Kagame

“Muri kamere yacu ntawe dushotora, turwana intambara zo gukumira ibibazo dukururwaho n’abandi” – Perezida Kagame

Ubwanditsi 04 Jul 2024
Bobi Wine ari guhigwa bukware na Polisi ya Uganda aho yamaze no kugota agace bivugwa ko aherereyemo

Bobi Wine ari guhigwa bukware na Polisi ya Uganda aho yamaze no kugota agace bivugwa ko aherereyemo

Ubwanditsi 16 Dec 2018
Bidatunguranye, Ingabire Victoire n’amashumi ye bashyigikiye umugome Charles Onana.

Bidatunguranye, Ingabire Victoire n’amashumi ye bashyigikiye umugome Charles Onana.

Ubwanditsi 03 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Ingabo za RDC zaburijemo ibitero bibiri bya FDLR
INKURU NYAMUKURU

Uko Ingabo za RDC zaburijemo ibitero bibiri bya FDLR

Ubwanditsi 24 Jul 2019
Urubanza rwa Murekezi ukekwaho Jenoside rwasubitswe, hitabazwa Minisiteri
ITOHOZA

Urubanza rwa Murekezi ukekwaho Jenoside rwasubitswe, hitabazwa Minisiteri

Ubwanditsi 18 Jan 2017
Perezida Tshisekedi yunamiye inzirakarengane za Jenoside zishyinguye ku Gisozi
POLITIKI

Perezida Tshisekedi yunamiye inzirakarengane za Jenoside zishyinguye ku Gisozi

Ubwanditsi 25 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru