• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yagarutse ku mubano ukwiriye Afurika n’u Burayi

Perezida Kagame yagarutse ku mubano ukwiriye Afurika n’u Burayi

Ubwanditsi 07 Jun 2017 POLITIKI

Perezida Kagame asanga ikibazo cyo kubangamira umudendezo w’abaturage binyuze mu gushaka guhatira abandi gukurikiza indangagaciro runaka, ari kigomba gukemurwa vuba kugira ngo umubano wa Afurika n’u Burayi urusheho gutera imbere ku nyungu z’abatuye imigabane yombi.

bi yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye inama Mpuzamahanga y’u Burayi ku bufatanye mu iterambere (European Development Days conference – EDD 2017), ibera i Bruxelles mu Bubiligi kuva ku itariki ya 7 kugeza ku ya 8 Kanama 2017.

Iyi nama itegurwa na Komisiyo y’Ibihugu by’u Burayi kuva mu 2006, yahurije hamwe abantu barenga 5,000 baturutse mu bihugu 140, barimo abakuru b’ibihugu na za Guverinoma, inzobere mu iterambere, abashoramari, abaharanira impinduka ndetse n’abahagarariye urubyiruko.

-6836.jpg
Perezida Kagame ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye inama yiga ku bufatanye mu iterambere yateguye na EU

Umukuru w’Igihugu yavuze ko iterambere rirambye rishingira kuri politiki nziza n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa buri wese, kandi amateka n’amahitamo y’abaturage agahabwa umwanya.

Yagize ati “Nubwo abaturage bashobora gukura amasomo atandukanye mu mateka yabo agatuma bagena imiyoborere ibabereye, hazahoraho umwanya w’ibiganiro no kungurana ibitekerezo hagati y’inshuti.’’

Perezida Kagame yagarutse ku kibazo cy’abimukira, ashimangira ko agaciro n’umutekano byabo haba mu bihugu baturukamo cyangwa berekezamo ari ingenzi.

Yavuze ko ku ruhande rumwe iki kibazo gifitanye isano na politiki mbi zo kutita ku ndangagaciro za bamwe, kandi Abanyafurika n’Abanyaburayi bakwiye kwicara bakakiganiraho mu bwubahane, aho gukomeza kwitana bamwana.

Yagize ati “Kubangamira umudendezo binyuze gushaka guhatira abandi gukurikiza indangagaciro zawe, bizakomeza kugira ingaruka mbi kuri buri wese bizageraho. Iki ni cyo gikwiriye gukemuka vuba. Nitugira ibiganiro byeruye kandi bifite intego, tuzabona ko nta mpamvu ituma Afurika n’u Burayi umwe abonamo undi ikibazo.’’

Yagarutse ku bikorera, urubyiruko n’uburinganire

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yagarutse ku iterambere ry’inzego z’abikorera, uburinganire bw’abagore n’abagabo ndetse na gahunda zo guteza imbere urubyiruko, avuga ko ubufatanye muri izi nzego buhuriye ku ntumbero yo guharanira iterambere ry’ahazaza kuri bose.

Yavuze ko imbaraga n’umuhate by’urubyiruko mu guhanga udushya, ari byo byatumye u Rwanda rushyira imbaraga nyinshi mu iterambere ry’ikoranabuhanga no kugeza internet kuri bose, kandi guteza imbere urwego rw’abikorera bizakomeza kugeza ubwo ruba igihugu cya mbere ku Isi cyoroshya ubucuruzi.

Perezida Kagame yavuze ko bidashoboka gutekereza inzira y’iterambere udaha umwanya uhagije uburenganzira n’impano z’abagore, ari yo mpamvu u Rwanda rwashyizeho amategeko y’uburinganire ku butaka, izungura n’ibindi.

Inama ya EDD 2017 izigira hamwe ingingo eshatu z’ingenzi arizo: Ishoramari ku isi n’abayituye, Ishoramari mu Iterambere ndetse n’Ishoramari mu byerekeye Amahoro n’Ubutwererane.

Muri iyi nama hazasinyirwamo amasezerano rusange y’u Burayi agamije iterambere; inyandiko ikubiyemo politiki zisaba Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi kurandura ubukene no kubaka isi itajegajega kandi itanga amahirwe angana kuri bose.

Hagati aho, abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bavuye impande zose baritegura kwakira umuyobozi wabo muri gahunda ya Rwanda Day benshi bavuga ko iziye igihe kuko habura igihe gito bakitorera Intore izirusha Intambwe.

Amafoto
-6837.jpg

-6838.jpg

Turakomeza kubakurikiranira ibyo birori!

2017-06-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuki Umunyarwanda yava mu gihugu cye gitekanye, akajya gutuzwa mu muriro utazima wo mu Burasirazuba bwa Kongo?

Kuki Umunyarwanda yava mu gihugu cye gitekanye, akajya gutuzwa mu muriro utazima wo mu Burasirazuba bwa Kongo?

Ubwanditsi 14 Dec 2024
Trump ntabwo akunzwe nk’uko Obama yari akunzwe

Trump ntabwo akunzwe nk’uko Obama yari akunzwe

Ubwanditsi 03 Apr 2017
Burundi: Nkurunziza yemerewe akayabo ka miliyari y’Amarundi n’inzu y’akataraboneka

Burundi: Nkurunziza yemerewe akayabo ka miliyari y’Amarundi n’inzu y’akataraboneka

Ubwanditsi 23 Jan 2020
Perezida Kagame yavuze kuri Guverinoma ya Mbere yarimo abifuzaga iterambere n’abatararikozwaga nka Twagiramungu

Perezida Kagame yavuze kuri Guverinoma ya Mbere yarimo abifuzaga iterambere n’abatararikozwaga nka Twagiramungu

Ubwanditsi 18 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hatahuwe  umugambi  wajyanye muri Uganda, La Forge Fils Bazeye  n’ushinzwe ubutasi muri FDLR
INKURU NYAMUKURU

Hatahuwe umugambi wajyanye muri Uganda, La Forge Fils Bazeye n’ushinzwe ubutasi muri FDLR

Ubwanditsi 19 Dec 2018
Sylvia Mukankiko si umusazi, ni umurozi urota kumara abadasangiye nawe ubugome
Amakuru

Sylvia Mukankiko si umusazi, ni umurozi urota kumara abadasangiye nawe ubugome

Ubwanditsi 19 Nov 2021
Mukura VS yatomboye Al Hilal Club mu ijonjora rya gatatu rya CAF Confederation Cup
IMIKINO

Mukura VS yatomboye Al Hilal Club mu ijonjora rya gatatu rya CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 28 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru