• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Urubanza rwa Murekezi ukekwaho Jenoside rwasubitswe, hitabazwa Minisiteri

Urubanza rwa Murekezi ukekwaho Jenoside rwasubitswe, hitabazwa Minisiteri

Ubwanditsi 18 Jan 2017 ITOHOZA

Urukiko rwo muri Malawi ruri kuburanisha urubanza rw’Umunyarwanda Vincent Murekezi ukekwaho ibyaha bya Jenoside ku ngingo yo koherezwa mu Rwanda, rwifuje ko Minisiteri ifite mu nshingano umutekano muri iki gihugu yabaha umurongo ngenderwaho mu iburanisha.

Ibi byafashweho umwanzuro ejo ku wa Kabiri, tariki 17 Mutarama, ubwo Murekezi yitabaga uru rukiko rw’ibanze ruherereye mu Murwa Mukuru Lilongwe, aho ubushinjacyaha bwagaragazaga ibimenyetso byerekana uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ibi bimenyetso ubushinjacyaha bwashyikirije urukiko, byatanzwe n’ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda .

Mu iburanisha ryo kuri uwo munsi, Umucamanza Patrick Chirwa yafashe icyemezo cy’uko iri buranisha ryakomeza habanje kwisungwa inama za Minisiteri ifite umutekano w’imbere mu gihugu mu nshingano.

Uyu mwanzuro wafashwe nyuma y’uko abunganira Murekezi bazamuye intambamyi mu rukiko z’uko nta bubasha rufite bwo kuburanisha uru rubanza. Bongeyeho ko nta ngingo y’amategeko urukiko rugenderaho yo kuburanisha umuntu ukekwaho ibyaha bya Jenoside.

Nubwo ibimenyetso byose ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwabishyikirije ubuyobozi bw’iki gihugu, abunganira Murekezi bo bashimangira ko uwo bunganira adashobora koherezwa mu Rwanda bitewe n’uko nta masezerano yo kohererezanya abanyabyaha yashyizweho umukono hagati y’ibihugu byombi.

Steven Kayuni wari uhagarariye Leta muri uru rubanza, yasubije abunganizi ba Murekezi ko nubwo nta masezerano ya kohererezanya abanyabyaha yashyizweho umukono hagati y’ibihugu byombi, hari indi ngingo ibitegeka ikubiye mu masezerano ya Londres, avuga ko ibihugu biri mu Muryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth) bishobora kohererezanya abanyabyaha, kandi u Rwanda na Malawi bakaba ari abanyamuryango.

Uyu muyobozi yavuze ko niba urukiko rw’ibanze Murekezi ari kuburaniramo rudafite ubushobozi bwo kuburanisha urwo rubanza, rwakimurwa rugashyirwa mu rw’Ikirenga.

Gusa umucamanza yahise avuga ko urwo rukiko rufite ububasha bwo kuburanisha urubanza ku iyoherezwa mu Rwanda rya Murekezi, ariko yemeza ko bakeneye guhabwa umurongo na Minisiteri y’Umutekano imbere mu gihugu mbere y’uko iburanisha rikomeza.

Urukiko rwanzuye ko iburanisha rizasubukurwa mu cyumweru gitaha tariki 25 Mutarama 2017.

-5431.jpg

Vincent Murekezi ukekwaho Jenoside

Murekezi yahawe ubwenegihugu bwa Malawi mu 2003, ariko aza gutabwa muri yombi mu Ukuboza umwaka ushize ashinjwa amanyanga mu kubona ibyangombwa, ariko nyuma aza kurekurwa. Yongeye gufatwa ndetse atangira kuburana ku ngingo yo kumwohereza mu Rwanda.

Murekezi kandi yaburanishijwe ndetse akatirwa adahari n’Urukiko Gacaca rwo mu Karere ka Huye ku cyaha cyo gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi i Tumba aho akomoka. Gusa itegeko ry’u Rwanda rimwemerera kuba yasubirishamo urubanza mu gihe yaba yoherejwe mu Rwanda.

2017-01-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

KWIBUKA25 :“Twese hamwe,twahuje indoto z’ubumwe bwacu zari zaracitsemo ibice tuzikuramo ahariri nziza”.

KWIBUKA25 :“Twese hamwe,twahuje indoto z’ubumwe bwacu zari zaracitsemo ibice tuzikuramo ahariri nziza”.

Ubwanditsi 09 Apr 2019
Amakuru atangazwa k’Umunyamakuru Uwimana Nkusi Agnès ni ikinyoma

Amakuru atangazwa k’Umunyamakuru Uwimana Nkusi Agnès ni ikinyoma

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Uganda: Abana b’abanyeshuri b’Abanyarwanda bamaze iminsi baburiwe irengero

Uganda: Abana b’abanyeshuri b’Abanyarwanda bamaze iminsi baburiwe irengero

Ubwanditsi 01 Apr 2018
Amateka akomeye y’umusirikare w’umugore wafotowe ateruye umwana mu kubohora igihugu

Amateka akomeye y’umusirikare w’umugore wafotowe ateruye umwana mu kubohora igihugu

Ubwanditsi 04 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyo Perezida Kagame avuga ku bibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’uburyo byakemuka
Amakuru

Icyo Perezida Kagame avuga ku bibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’uburyo byakemuka

Ubwanditsi 12 Mar 2025
Hahishuwe uruhare rw’umuryango wa Patrick Karegeya mu bikorwa byo gusiga u Rwanda icyasha
INKURU NYAMUKURU

Hahishuwe uruhare rw’umuryango wa Patrick Karegeya mu bikorwa byo gusiga u Rwanda icyasha

Ubwanditsi 17 Feb 2020
Minisitiri Sezibera yahishuye imvano y’amakuru  y’impuha amaze iminsi avugwa ku buzima bwe
INKURU NYAMUKURU

Minisitiri Sezibera yahishuye imvano y’amakuru y’impuha amaze iminsi avugwa ku buzima bwe

Ubwanditsi 03 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru