• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Akagambane karagwira: Bihemu Patrick Benerugaba yatumiye abantu mu isabukuru, bisanga muri mitingi y’ibigarasha

Akagambane karagwira: Bihemu Patrick Benerugaba yatumiye abantu mu isabukuru, bisanga muri mitingi y’ibigarasha

Ubwanditsi 29 Dec 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ni mu isindwe ryamaze iminsi 2 uhereye ku cyumweru tariki 26 Ukuboza 2021, aho Bihemu Patrick Benerugaba yari yatumiye Abanyarwanda mu rugo iwe, ahitwa Maine, imwe muri Leta zigize Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, inacumbikiye Abanyarwanda benshi , cyane cyane abo mu mitwe idasobanutse.

Yabatumiye ababwira ko yizihije isabukuru y’imyaka 50 y’amavuko. Byahe ko yagirango abifotorezeho, abita abayoboke ba RNC!

Ubundi izina ryiza rya Patrick Benerugaba ni “Bihemu”, kuko uretse n’ubujura bwamuranze na mbere y’uko ahunga uRwanda, no muri iyi nkuru mugiye kwiyumvira uburyo abo bantu yabagize ingwate, agamije kwereka shebuja Kayumba Nyamwasa ko yamuboneye abayoboke.

Mu bitabiriye ubutumire bwa Bihemu Benerugaba, harimo abasanzwe ari ibigarasha, bari banazi neza ikinamico Benerugaba na Kayumba Nyamwasa bateguye. Muri bo twavuga:
1. Serge Ndayizeye, umurenzamase wa Kayumba Nyamwasa n’umutwe w’iterabwoba RNC, akaba umuvuzanduru ku ngirwa radio ITAHUKA. Uyu ni “Ndio Bwana” wa Nyamwasa,dore ko icyo avuze uyu Ndayizeye asamira hejuru, boshye imbwa ibonye igufa.

2. Kabera Richard, mwene muzehe Kabera wigeze kuba Superefe wa Nyabisindu Jenoside yakorewe Abatutsi ikimara guhagarikwa. Ababyeyi ba Richard Kabera bacitse ururondogoro, kuko usanga bavuga ko bapfushije bahagaritse.
3. Innocent Nshunguyinka, witwara nk’umugaragu w’ibigarasha. Kimwe na bagenzi be bo mu kiryabarezi RNC, nta murongo agira, akurikira buhumyi amateshwa y’abandi banyamahano nkawe.

4. Bayigamba Ortence Gatera: Uyu mugore wigize inkunguzi ni mwene Bayigamba Adalbert, akaba mushiki wa Bayigamba Robert wabaye Minisitiri w’imikino. Bayigamba Ortence ni umukazana wa Faustin Twagiramungu, kuko Rukokoma ari sewabo w’umugabo we Gatera.

5. Rusagara Ignace: Uyu yari umwavoka mu Rwanda, aza guhungana na Benerugaba, babifashijwemo na Kayumba Nyamwasa. Aho batuka u Rwanda n’abayobozi barwo ntashobora kuhatangwa.

Aba ni bake tubashije kubabwira ariko urutonde rw’abari muri iyo mitingi ya RNC ni rurerure kandi turarufite.
Muri iyo mitingi harimo n’inkundabirori ziyiziye kuvumba, ariko n’ubwo tutabita ibigarasha, ni indangare kuko bitumvikana uko bitabiriye ibintu byateguwe na Patrick Benerugaba, cyane ko bose ntawe utazi ko asanzwe ari Bihemu wo ku rwego rwo ruhambaye.

Aha babuze kugira amakenga.
Uretse kwiyahuza ibiryo n’amayoga nk’abandi bose badafite ikindi bakora kibafitiye akamaro, abadasanzwe ari abagambanyi batunguwe no kumva ko hari”umusaza w’inkoramutima ya Patrick” wifuza kubagezaho ijambo.

Ibyari isabukuru byari bihindutse mitingi ya RNC. Nguko uko Kayumba Nyamwasa yahawe ijambo mu buryo bwa “Zoom”, maze si ugutaka Benerugaba arimonogoza!

Yavuze uburyo bamaze imyaka myinshi baziranye, ngo kuko banatangiye gukorana na Patrick Karegyeya akiriho. Nyamwasa yasobanuye uko Benerugaba yabashakiye abayoboke akiri no mu Rwanda, anahishura ko we ubwe ariwe wafashije Benerugaba na Ignace Rusagara n’imiryango yabo guhungira muri Amerika.

Abari aho barumiwe, cyane cyane ba bandi badasanzwe mu bigarasha cyangwa interahamwe. Bamwe muri bo banagize ubutwari bwo kubaza Benerugaba impamvu yababeshye ko ari ibirori by’isabukuru kandi ari ikoraniro rya politiki, igisubizo kirabura. Nguwo rero Patrick Benerugaba, utaravugisha ukuri kuva yavuka.

Patrick Benerugaba ubuzima bwe bwose bwaranzwe no guhemuka, ku buryo n’abo ba Nyamwasa na RNC batazatinda kubona ko bamwibeshyaho. Ntushobora kubara inshuro yafunzwe azira kwibisha intwaro mu mabanki anyuranye mu Rwanda, amakuru yizewe akavuga ko izo ntwaro yazihabwaga na Kayumba Nyamwasa, Patrick Karegeya n’abandi bakoreraga mu kwaha kwa Nyamwasa.

Iyo yafatwaga yajyanwaga muri gereza, nyuma y’igihe runaka Kayumba Nyamwasa akamufunguza, yitwaje imbaraga yari afite mu Gihugu. Ibisa birasabirana, kabishywe banahuriye mu kiryabarezi cya RNC, kirirwa gisahura indangare ngo kiri ku rugamba rwo gufata ubutegetsi mu Rwanda.

Mbere y’uko ava mu Rwanda Patrick Benerugaba yatetse imitwe ikomeye iranamuhira. Urugero ni inzu ye iri ku Kicukiro aho bita St Joseph, yatanzeho ingwate mu mabanki 4 yose, ibintu ubundi bitashobokera uwo ari we wese.

Banki zagiye kubimenya umujura yarageze muri Amerika keraaaa, zirihanagura nyine!

Ahunga, Patrick Benerugaba yajyanye n’umugore bafitanye abana benshi, ndetse n’irindi habara bakoranaga ubwo busambo, dore ko ngo ari naryo ryamufashaga guhisha ibyibano. Aho abera akaga, akigera muri Amerika yahise abipakurura uko ari babiri, atitaye ku mugore we wamwihanganiye mu bujura bwa hato na hato, akamugemurira afunze, amurerera abana ari mabuso.

Yamuhembye kumuharika, ubu Benerugaba yifitiye inshoreke yitwa Claire Kimenyi Gatorano, benshi bazi muri Minijust mbere y’uko nawe aboneza iy’ubuhungiro.

Dufite amakuru ko hari abantu baba no mu Rwanda bagifitanye ubucuti na Patrick Benerugaba. Hari abitwaza ko barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kimwe nawe, ko bakomoka hamwe i Butamwa se, cyangwa ko biganye.

Nyamuneka murarye muri menge, Benerugaba atazabakorera ishyiga rishyushye. Baba abari mu Rwanda, baba n’abari mu mahanga, nimumenye ubwenge, mwitandukanye nawe, kuko n’abana be nta mpuhwe abagirira.

Ntimuzishinge ka karimi ke gashyushye, ejo mutazisanga mu mishanga ye mibisha, kandi ingaruka ntazabafasha kuzirengera. Muri make si umuntu!

Rushyashya izakomeza kubamenyera imigambi y’ibigarasha n’izindi nkoramahano, dore ko n’iyo bajya munsi y’ibuye tuba tuhafite imboni iduha amakuru atavangiye.

2021-12-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RD-Congo : Urupfu rwa Semahurungure wakoreraga Kayumba Nyamwasa rutumye Colonel wa FARDC atoroka

RD-Congo : Urupfu rwa Semahurungure wakoreraga Kayumba Nyamwasa rutumye Colonel wa FARDC atoroka

Ubwanditsi 09 Jan 2020
Kayumba Nyamwasa arashinjwa gucucura impunzi z’Abanyarwanda azizeza ko agiye kuzirwanira

Kayumba Nyamwasa arashinjwa gucucura impunzi z’Abanyarwanda azizeza ko agiye kuzirwanira

Ubwanditsi 01 Jun 2018
Uwigeze gutoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, Arsène Wenger yiyongereye ku byamamare biri mu Rwanda.

Uwigeze gutoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, Arsène Wenger yiyongereye ku byamamare biri mu Rwanda.

Ubwanditsi 16 May 2021
Umutekamutwe wiyita n’umupasitoro Charles Kinuthia yibeshye ku Rwanda ndetse n’Amerika iramushakisha 

Umutekamutwe wiyita n’umupasitoro Charles Kinuthia yibeshye ku Rwanda ndetse n’Amerika iramushakisha 

Ubwanditsi 15 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubufatanye burakenewe mu gutanga amakuru nyayo ku buzima bw’imyororokere
Amakuru

Ubufatanye burakenewe mu gutanga amakuru nyayo ku buzima bw’imyororokere

Ubwanditsi 02 May 2024
Banki ya Kigali yabaye iya mbere mu Rwanda yageze ku rutonde rwa 100 zikomeye muri Afurika
UBUKUNGU

Banki ya Kigali yabaye iya mbere mu Rwanda yageze ku rutonde rwa 100 zikomeye muri Afurika

Ubwanditsi 08 Nov 2019
Umuhanzikazi w’ikimero n’uburanga yatunguye benshi muri Jazz Junction
HIRYA NO HINO

Umuhanzikazi w’ikimero n’uburanga yatunguye benshi muri Jazz Junction

Ubwanditsi 01 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru