• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kayumba Nyamwasa arashinjwa gucucura impunzi z’Abanyarwanda azizeza ko agiye kuzirwanira

Kayumba Nyamwasa arashinjwa gucucura impunzi z’Abanyarwanda azizeza ko agiye kuzirwanira

Ubwanditsi 01 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bakomeje gushinjanya ubujura, ibinyoma, ari nako baterana amagambo nyuma y’aho RNC ya Kayumba Nyamwasa icucuye impunzi z’Abanyarwanda izizeza ko igiye gutangiza urugamba rwo gukuraho ubutegetsi buriho zimwe zigateza utwazo, izindi zigafata imyenda mu mabanki none ubu ziraririra mu myotsi nk’uko bitangazwa na Jonathan Musonera, Umunyamabanga Mukuru Wungirije w’ishyaka, Ishakwe-Rwanda Freedom movement, rigizwe n’abahoze ari abayoboke ba RNC.

Ni mu kiganiro kuri radio y’iri shyaka cyateguwe mu rwego rwo kugaragaza ibinyoma biranga abiyita ko barwanya ubutegetsi buriho mu Rwanda, aho bavuga ibinyoma, ubusambo n’ubusahuzi byagiye bikorerwa impunzi z’Abanyarwanda bakazambura imitungo yazo mu cyo bitaga Plan B (Intambara) yo gukuraho ubutegetsi.

Muri iki kiganiro havuzwemo ko imyaka ibiri ishize yaranzwe n’umururumba n’ikinyoma mu kwaka imisanzu ngo igamije urugamba (Plan B), bikorwa n’abizezaga abayitanga ko perezida w’u Rwanda, Paul Kagame atazagera mu matora ya 2017 akiri ku butegetsi.

Nyuma rero y’aho ikinyoma kigaragariye, perezida Kagame akongerwa indi manda mu matora y’umukuru w’igihugu yabaye mu mwaka ushize, ngo igitutu cyabaye kinshi ku banyabinyoma, abayoboke botsa igitutu cyane cyane abari barahawe akazi ko kubakuramo imisanzu, nabo byabayobera bakabaza Kayumba Nyamwasa icyo bakora.

Ibi ngo byateje akavuyo mu mashyaka yiyita ko arwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, birangira muri iyi minsi abatanze imisanzu bihebye, bijujutira mu matamatama bamwe abandi bacye bakabyerura, mu gihe ngo ababasahuye ahubwo babarushije uburakari bakitotomba, aka wa mugani ngo Impyisi ikurira umwana ikakurusha uburakari. Aba rero ngo bakaba barakaga imisanzu ariko mu by’ukuri nta kintu bigeze bategura.

Havuzwe ko ibi bintu byatangiye kera mu 2016 na mbere yaho, ubwo hatangizwaga igikorwa cyo kwaka imisanzu y’urugamba, ariko ngo bigakorwa uwari umukuru wa RNC, Theogene Rudasingwa, atabizi.

Naho bwana Jonathan Musonera ubwo yahabwaga ijambo, yatangiye avuga ko bamagana abasahuzi basahuye abantu n’ibyo basahuye bakananirwa kubikoresha ahubwo bagahindukira bagatuka abo basahuye iyo misanzu.

Jonathan Musonera ashinja Kayumba Nyamwasa kwifashisha bamwe mu bantu babanye mu gisirikare mu gusenya RNC, ndetse no kwitwaza ipeti rya general, yambuwe mu Rwanda, ababeshya ko agiye kubarwanira bikamufasha gusahura imitungo y’impunzi ngo kugirango abone ibyo yishyirira mu mifuka ye, naho ngo iby’urugamba nta n’ibyo yishoboreye.

Musonera ashinja Kayumba Nyamwasa kuba yarakoresheje ibinyoma agasenya RNC,  agasenya FDU, ndetse ngo na n’ubu birakomeje ku buryo ejobundi wakumva hasenyutse andi. Yakomoje kandi ku bahoze muri RNC bahisemo gutaha mu Rwanda nka Rwalinda, Major Nkubana, Capt. Rubagumya n’abandi.

Musonera yakomeje agira ati: “Turagirango tuburire buri wese aho ari, kwitondera abantu bamusaba amafaranga ngo y’urugamba, urugamba bamaze imyaka ibiri ngo bashaka kururwana, babeshya.”

Yakomeje avuga ko ibi bagiye babivuga ndetse na Theogene Rudasingwa yari yavuze ko ari ikinyoma ari nabyo byatumye ishyaka RNC ricikamo ibice.

Kayumba Nyamwasa avuga iki?

Aragira ati: “Njyewe ibyo navuze nashakaga kwereka abantu ko task dufite itoroshye…kuko ni task isaba abantu, isaba ibintu, isaba ubwitange, igihe rero ufite abo ukorana nabo, ukababeshya ko ibintu byoroshye kandi bagomba gukora ibintu bikomeye..yenda icyo gihe bagukomera amashyi, bakumva ko wenda uri Rambo cyangwa Schwarznegger, kandi njyewe ntabwo ari uko nashakaga kubigaragaza.”

Ibi Musonera akaba avuga ko Kayumba abivuga mu gihe bari barijeje abantu ko bazakora akantu mu matora y’umukuru w’igihugu yabaye mu 2017 .

Musonera ati: “Iyi mvugo ni imvugo iteye agahinda, ibabaje, cyane cyane ku bagiye batanga amafaranga yabo, abafashe amadeni mu mabanki, abatanzwe utw’abana babo…barabacuje none abantu bararirira mu myotsi, we arigaramiye, ahubwo asize intambara zitoroshye no muri P5 arayisenye, FDU na none agiye kongera kuyisenya..ayisezemo ibindi bice, ibi ni agahomamunwa abantu bakwiye kwamagana .”

Muri Nyakanga 2016 nibwo ishyaka RNC ryacitsemo ibice bibiri, icya Kayumba n’icya Theogene Rudasingwa, aho uyu wa nyuma yashinjije Kayumba kurema udutsiko mu ishyaka bigatuma akuramo ake karenge

Kutumvikana muri irishyaka ngo kukaba kwarabimburiwe n’umwuka mubi waturutse mu gushaka kwigarurira ububasha bw’ishyaka kwa bamwe, no kutavuga rumwe hagati y’abasivili nka Dr Rudasingwa n’abasirikare barangajwe imbere na Kayumba Nyamwasa.

2018-06-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Burundi: Imiryango itari iya leta yabujijwe gukora mu mezi atatu

U Burundi: Imiryango itari iya leta yabujijwe gukora mu mezi atatu

Ubwanditsi 28 Sep 2018
Uwayoboye igitero kishe abantu kinatwika imodoka muri Nyaruguru yamenyekanye [ VIDEO ]

Uwayoboye igitero kishe abantu kinatwika imodoka muri Nyaruguru yamenyekanye [ VIDEO ]

Ubwanditsi 20 Apr 2019
Byemejwe ko inama ya Commonwealth 2020 izabera mu Rwanda

Byemejwe ko inama ya Commonwealth 2020 izabera mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Sep 2019
Itangazamakuru ryo muri Australia ryatahuye abajenosideri 2 bari muri icyo gihugu

Itangazamakuru ryo muri Australia ryatahuye abajenosideri 2 bari muri icyo gihugu

Ubwanditsi 26 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

ACP Mutezintare yasabye abamotari bo muri Musanze kugira uruhare mu gukumira ibyaha
Mu Mahanga

ACP Mutezintare yasabye abamotari bo muri Musanze kugira uruhare mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 29 Dec 2016
Trump agiye gushyira ahagaragra iby’iraswa rya John Kennedy wayoboye USA
ITOHOZA

Trump agiye gushyira ahagaragra iby’iraswa rya John Kennedy wayoboye USA

Ubwanditsi 23 Oct 2017
Umuryango w’uwari umushoferi wa Bobi Wine wanze amafaranga wohererejwe na Museveni
Mu Mahanga

Umuryango w’uwari umushoferi wa Bobi Wine wanze amafaranga wohererejwe na Museveni

Ubwanditsi 24 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru