• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n’abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze

Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n’abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze

RUSHYASHYA 18 Nov 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Nyuma yo gutegura Itegeko Nshinga rya 1978 ryubakiye ubutegetsi bwa Habyarimana, ryahaye inzego z’ubutegetsi ububasha n’akarengane ku batutsi bwaje no kuvamo Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Umubiligi kivundaguzi Filip Reyntjens yakomeje ibikorwa byo guhakana no gusebya RPF kuva mu 1994 kugeza magingo aya.

Dr. Jean Damascène Bizimana, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), yagaragaje uburyo Reyntjens akomeje kwandika no gutangaza ibinyoma bigamije guhorera inshuti ze zishinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi no gukomeza ingengabitekerezo ya “double génocide”, hagamijwe gusibanganya ukuri no kugabanya uburemere bw’icyaha ndengakamere cyakozwe n’ubutegetsi bw’Interahamwe na Repubulika za mbere.

Ubufatanye bwa Reyntjens na Hassan Ngeze: Ikimenyetso cyerekana umugambi wo gusebya RPF

Hassan Ngeze, wari umwanditsi mukuru wa Kangura, ikinyamakuru cyashyize hanze amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside cyane cyane “Amategeko 10 y’Abahutu” (1990), yahamwe n’icyaha cy’ugutera no gushishikariza Jenoside mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (TPIR). Yahamijwe kandi icyaha n’ubutabera mpuzamahanga bwo gufasha ibikorwa by’ubwicanyi.

Muri Gicurasi 1997, Prof. Reyntjens yandikiye Hassan Ngeze ibaruwa ifite intego imwe rukumbi: Gushaka ibimenyetso byo guharabika RPF no kuyishinja kurasa indege ya Habyarimana, nubwo yari azi neza ko Ngeze ari umwe mu bayobozi b’ingenzi b’iyicwarubozo ryakorewe Abatutsi muri Jenoside karundura yabarimbuyemo miliyoni irenga.

Mu ibaruwa, Reyntjens ati: “Byaba iby’ingenzi cyane kubona ibimenyetso bigaragaza uruhare rwa RPF mu guhanura indege ya Perezida Habyarimana… Ndifuza no guhura n’umunyamakuru wa Kangura igihe cyose.”

Ibi bishimangira ko Reyntjens: Yafataga Kangura ikinyamakuru cy’ubwicanyi, nk’“umufatanyabikorwa” mu bikorwa bye.
Yari azi neza ko Ngeze ari umugizi wa nabi, kuko mu 1992 Reyntjens ubwe yari yaranditse agaragaza uruhare rwa Ngeze mu kwica Abatutsi i Bugesera.

Reyntjens yari azi neza ko Hassan Ngeze ari umunyabyaha kuva kera

Mu nyandiko yanditse mbere ya Jenoside, Reyntjens ubwe yagaragaje ko:

Ngeze yari mu bateguye kandi bakanashyira mu bikorwa ubwicanyi bwakorewe Abatutsi i Bugesera mu 1992.

Kangura yakoreshejwe mu gutegura abaturage kwanga Abatutsi no kwitegura Jenoside.

Ngeze yakoranaga n’abasirikare n’Interahamwe mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi.

Uyu musesenguzi wari ufite amakuru yose ku ruhare rwa Ngeze mu bwicanyi, ni na we nyuma y’imyaka ibiri gusa wamwandikiye amusaba ubufatanye mu guhimba ibirego birega RPF.

Ibi bigaragaza ko Reyntjens yari afite intego ndasumbwa yo Gusibanganya ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, Guhisha uruhare rw’inshuti ze zahoze mu butegetsi bwa Habyarimana, Gusingiza imvugo ya “double génocide”.

Impamvu Minisitiri Bizimana yagaruye ibi bisobanuro

Dr. Bizimana yibukije ko: Kwemeza cyangwa kwamamaza ibinyoma by’abahakana Jenoside ari uguha agaciro abayikoze.

Gukorana n’abantu nka Hassan Ngeze ni ukwitandukanya n’ukuri no gushyigikira ingengabitekerezo ya Jenoside.

Umurongo wa Reyntjens wo gusebya RPF ugamije gusubiza inyuma urugendo rw’ubumwe,ubwiyunge n’ukuri u Rwanda rwashyize imbere.

Ibimenyetso byatanzwe bigaragaza ko Prof. Filip Reyntjens yakomeje kuba umwe mu banyamahanga bakomeye mu:guhakana Jenoside,kugoreka amateka, gusebya abahagaritse Jenoside, no gukorana n’abakoze cyangwa abashyigikiye Jenoside nka Jambo ASBL na ba Ingabire Victoire bahora iteka bifuza ko u Rwanda rusubira mu mage.

Ubufatanye bwe na Hassan Ngeze, umwe mu bacurabwenge b’ingengabitekerezo ya Jenoside, ni ikimenyetso ntakuka cy’uruhare rwe mu guhimba ibinyoma bigamije gutesha agaciro ukuri kwa Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no gutera ubwoba abaharanira ukuri.

Rushyashya izakomeza gutangaza ukuri no kurwanya ibisambo bishimuta amateka tuvomamo amasomo agomba kuduhuza nk’abanyarwanda kamerano batavangirwa n’izo mburamukora zo kwa Perode na Musenyeri Kilasi.

2025-11-18
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Abakekwaho kunyereza umutungo wa Leta bagiye kujya batabwa muri yombi bagikorerwa ubugenzuzi

Abakekwaho kunyereza umutungo wa Leta bagiye kujya batabwa muri yombi bagikorerwa ubugenzuzi

Ubwanditsi 05 Apr 2018
Nkinzingabo Fiston wakiniye amakipe arimo APR FC, Kiyovu SC yasezeye ku mupira w’amaguru ku myaka 29

Nkinzingabo Fiston wakiniye amakipe arimo APR FC, Kiyovu SC yasezeye ku mupira w’amaguru ku myaka 29

RUSHYASHYA 03 Apr 2026
‘Rwanda:The Royal Tour’ yerekanwe i New York mu muhango witabiriwe na Kagame, hatahiwe i Kigali

‘Rwanda:The Royal Tour’ yerekanwe i New York mu muhango witabiriwe na Kagame, hatahiwe i Kigali

Ubwanditsi 25 Apr 2018
Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame yageze mu Buhinde

Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame yageze mu Buhinde

Ubwanditsi 09 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Macron azahagararirwa mu kwibuka ku nshuro ya 25 n’umudepite ukomoka i Kigali
INKURU NYAMUKURU

Perezida Macron azahagararirwa mu kwibuka ku nshuro ya 25 n’umudepite ukomoka i Kigali

Ubwanditsi 22 Mar 2019
FERWAFA yashimangiye ko ingengabihe y’Amarushanwa ya 2024-2025, izatangizwa n’umukino wa APR FC na Police FC
Amakuru

FERWAFA yashimangiye ko ingengabihe y’Amarushanwa ya 2024-2025, izatangizwa n’umukino wa APR FC na Police FC

Ubwanditsi 19 Jun 2024
Mukansanga Salima Rhadia yahawe igihembo cya “FORBES Women Africa Sports Awards 2023” mu birori byabereye muri Afurika y’Epfo
Amakuru

Mukansanga Salima Rhadia yahawe igihembo cya “FORBES Women Africa Sports Awards 2023” mu birori byabereye muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 09 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru