• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n’abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze

Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n’abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze

RUSHYASHYA 18 Nov 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Nyuma yo gutegura Itegeko Nshinga rya 1978 ryubakiye ubutegetsi bwa Habyarimana, ryahaye inzego z’ubutegetsi ububasha n’akarengane ku batutsi bwaje no kuvamo Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Umubiligi kivundaguzi Filip Reyntjens yakomeje ibikorwa byo guhakana no gusebya RPF kuva mu 1994 kugeza magingo aya.

Dr. Jean Damascène Bizimana, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), yagaragaje uburyo Reyntjens akomeje kwandika no gutangaza ibinyoma bigamije guhorera inshuti ze zishinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi no gukomeza ingengabitekerezo ya “double génocide”, hagamijwe gusibanganya ukuri no kugabanya uburemere bw’icyaha ndengakamere cyakozwe n’ubutegetsi bw’Interahamwe na Repubulika za mbere.

Ubufatanye bwa Reyntjens na Hassan Ngeze: Ikimenyetso cyerekana umugambi wo gusebya RPF

Hassan Ngeze, wari umwanditsi mukuru wa Kangura, ikinyamakuru cyashyize hanze amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside cyane cyane “Amategeko 10 y’Abahutu” (1990), yahamwe n’icyaha cy’ugutera no gushishikariza Jenoside mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (TPIR). Yahamijwe kandi icyaha n’ubutabera mpuzamahanga bwo gufasha ibikorwa by’ubwicanyi.

Muri Gicurasi 1997, Prof. Reyntjens yandikiye Hassan Ngeze ibaruwa ifite intego imwe rukumbi: Gushaka ibimenyetso byo guharabika RPF no kuyishinja kurasa indege ya Habyarimana, nubwo yari azi neza ko Ngeze ari umwe mu bayobozi b’ingenzi b’iyicwarubozo ryakorewe Abatutsi muri Jenoside karundura yabarimbuyemo miliyoni irenga.

Mu ibaruwa, Reyntjens ati: “Byaba iby’ingenzi cyane kubona ibimenyetso bigaragaza uruhare rwa RPF mu guhanura indege ya Perezida Habyarimana… Ndifuza no guhura n’umunyamakuru wa Kangura igihe cyose.”

Ibi bishimangira ko Reyntjens: Yafataga Kangura ikinyamakuru cy’ubwicanyi, nk’“umufatanyabikorwa” mu bikorwa bye.
Yari azi neza ko Ngeze ari umugizi wa nabi, kuko mu 1992 Reyntjens ubwe yari yaranditse agaragaza uruhare rwa Ngeze mu kwica Abatutsi i Bugesera.

Reyntjens yari azi neza ko Hassan Ngeze ari umunyabyaha kuva kera

Mu nyandiko yanditse mbere ya Jenoside, Reyntjens ubwe yagaragaje ko:

Ngeze yari mu bateguye kandi bakanashyira mu bikorwa ubwicanyi bwakorewe Abatutsi i Bugesera mu 1992.

Kangura yakoreshejwe mu gutegura abaturage kwanga Abatutsi no kwitegura Jenoside.

Ngeze yakoranaga n’abasirikare n’Interahamwe mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi.

Uyu musesenguzi wari ufite amakuru yose ku ruhare rwa Ngeze mu bwicanyi, ni na we nyuma y’imyaka ibiri gusa wamwandikiye amusaba ubufatanye mu guhimba ibirego birega RPF.

Ibi bigaragaza ko Reyntjens yari afite intego ndasumbwa yo Gusibanganya ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, Guhisha uruhare rw’inshuti ze zahoze mu butegetsi bwa Habyarimana, Gusingiza imvugo ya “double génocide”.

Impamvu Minisitiri Bizimana yagaruye ibi bisobanuro

Dr. Bizimana yibukije ko: Kwemeza cyangwa kwamamaza ibinyoma by’abahakana Jenoside ari uguha agaciro abayikoze.

Gukorana n’abantu nka Hassan Ngeze ni ukwitandukanya n’ukuri no gushyigikira ingengabitekerezo ya Jenoside.

Umurongo wa Reyntjens wo gusebya RPF ugamije gusubiza inyuma urugendo rw’ubumwe,ubwiyunge n’ukuri u Rwanda rwashyize imbere.

Ibimenyetso byatanzwe bigaragaza ko Prof. Filip Reyntjens yakomeje kuba umwe mu banyamahanga bakomeye mu:guhakana Jenoside,kugoreka amateka, gusebya abahagaritse Jenoside, no gukorana n’abakoze cyangwa abashyigikiye Jenoside nka Jambo ASBL na ba Ingabire Victoire bahora iteka bifuza ko u Rwanda rusubira mu mage.

Ubufatanye bwe na Hassan Ngeze, umwe mu bacurabwenge b’ingengabitekerezo ya Jenoside, ni ikimenyetso ntakuka cy’uruhare rwe mu guhimba ibinyoma bigamije gutesha agaciro ukuri kwa Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no gutera ubwoba abaharanira ukuri.

Rushyashya izakomeza gutangaza ukuri no kurwanya ibisambo bishimuta amateka tuvomamo amasomo agomba kuduhuza nk’abanyarwanda kamerano batavangirwa n’izo mburamukora zo kwa Perode na Musenyeri Kilasi.

2025-11-18
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Perezida w’ishyirahamwe nyarwanda ry’umukino wa Karate, Uwayo Théogène niwe mukandida rukumbi wemejwe ku mwanya wo kuyobora komite Olempike y’u Rwanda.

Perezida w’ishyirahamwe nyarwanda ry’umukino wa Karate, Uwayo Théogène niwe mukandida rukumbi wemejwe ku mwanya wo kuyobora komite Olempike y’u Rwanda.

Ubwanditsi 01 May 2021
Amafoto- Amavubi yatangiye umwiherero bitegura imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023

Amafoto- Amavubi yatangiye umwiherero bitegura imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023

Ubwanditsi 25 May 2022
Kagame yakoze ibyiza ariko ntashinzwe kuyobora Isi yose – Igisubizo ku munyamakuru wa Al Jazeera

Kagame yakoze ibyiza ariko ntashinzwe kuyobora Isi yose – Igisubizo ku munyamakuru wa Al Jazeera

Ubwanditsi 10 Oct 2019
Ntabwo Perezida Nkurunziza azongera gukandagiza ikirenge mu kibuga cy’umupira w’amaguru

Ntabwo Perezida Nkurunziza azongera gukandagiza ikirenge mu kibuga cy’umupira w’amaguru

Ubwanditsi 22 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Trump agiye guhura na Kim Jong-UN wa Koreya ya ruguru
POLITIKI

Trump agiye guhura na Kim Jong-UN wa Koreya ya ruguru

Ubwanditsi 09 Mar 2018
Umujenosideri Fulgence Kayishema afashwe amaze guhindura amazina inshuro 4!
Amakuru

Umujenosideri Fulgence Kayishema afashwe amaze guhindura amazina inshuro 4!

Ubwanditsi 26 May 2023
Perezida Kagame ari i Brazzaville mu Nama ya Komisiyo ishinzwe Ikibaya cy’Uruzi rwa Congo
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame ari i Brazzaville mu Nama ya Komisiyo ishinzwe Ikibaya cy’Uruzi rwa Congo

Ubwanditsi 29 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru