• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Umuhanzikazi w’ikimero n’uburanga yatunguye benshi muri Jazz Junction

Umuhanzikazi w’ikimero n’uburanga yatunguye benshi muri Jazz Junction

Ubwanditsi 01 Apr 2018 HIRYA NO HINO

Umuhanzikazi Phyllisia Ross wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika usanzwe azwiho kugira uburanga n’ubuhanga budasanzwe biturutse ku ijwi rye ,yataramiye ab’I Kigali mu gitaramo ngaruka kwezi kizwi nka Kigali Jazz Junction, aho benshi barimo abatari bamuzi ndetse n’abari basanzwe bamubona mu mashusho y’indirimbo bataramubona amaso ku maso

Mu ijoro ryo kuwa Gatanu tariki 30 Werurwe 2018, muri Kigali Serena Hotel niho habereye iki gitaramo gisanzwe cyitabirwa akenshi n’abahanzi b’abahanga mu gucuranga no kuririmba umuziki mu buryo bw’umwimerere ‘Live’.

Jazz Junction yo muri iri joro yari ibaye ku nshuro ya gatatu muri uyu mwaka wa 2018, dore ko isanzwe ari igitaramo ngaruka kwezi akenshi kiba mu Cyumweru cya nyuma cy’ukwezi. Mu bitabiriye iki gitaramo harimo uyu muhanzikazi ufite inkomoko mu gihugu cya Haiti ariko akaba ari Umunye-Amerika, Phyllisia Ross, yari kumwe na King James wa hano mu Rwanda ndetse n’itsinda rya Neptnuz Band.

Iki gitaramo cyatangiye nyuma gato y’amasaha yari ateganyijwe dore ko isaa mbiri zageze abantu bataragera aho cyagombaga kubera ku mpamvu z’imvura yaguye mu masaha y’umugoroba.

Ahagana ku isaha ya saa tatu nibwo Itsinda rya Neptnuz Band niryo ryabanje gususurutsa abitabiriye iki gitaramo nyuma baza kuvaho hajyaho umuhanzi King James nawe aririmba indirimbo ze zitandukanye.

King James wavuze ko yaje muri iki gitaramo arwaye inkorora n’ibicurane yaririmbye zimwe mu ndirimbo ze zirimo; Parapara, Ganyobwen’izindi ari nako abari bitabiriye iki gitaramo bamufashaga kuziririmba ananyuzamo akajya mu bafana kubyinana nabo.

Ahagana saa tanu n’miminota mike nibwo uyu muhanzikazi w’ikimero n’uburanga buhebuje yageze ku rubyiniro abifashijwemo n’itsinda Neptunz Band ryamufashaga kuririmba maze atangira ku ndirimbo ye yitwa ‘Konsa’, ni indirimbo wabonaga benshi batazi kuririmba ariko yagerageje kubasaba kujya basubiramo ijambo ‘Konsa’ maze benshi baramwumvira bamufasha kuririmba.

Mu gihe kingana hafi n’isaha yose yamaze ku rubyiniro, umuhanzikazi Phyllisia Ross, yakomeje aririmba indirimbo ze zirimo ‘ ME&U, Only for you, Can’t Resist, One, n’izindi nyinshi zo mu bwoko bwa Zouk, Pp R&B, ndetse akavangamo na Reggae.

Uyu muhanzikazi usanzwe afite inkomoko mu gihugu cya Haiti ni umuhanga mu gucuranga Piano nk’uko yabigaragazaga ku rubyiniro dore ko ngo yatangiye gucuranga piano afite imyaka itatu gusa y’amavuko, yakomeje aririmba indirimbo yagiye akorana n’abahanzi batandukanye nka Unconditionnal love yakoranye na Jah Cure, Sunshine yakoranye na Ne-Yo, I’m Tired yakoranye na Flo Rida, Ma vie Sans Toi yakoranye na Marvin. 

 

2018-04-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Cibitoke: Umuganga yasambanyije umugore wari uri ku bise

Cibitoke: Umuganga yasambanyije umugore wari uri ku bise

Ubwanditsi 05 Oct 2018
Gufotora mu ndege byaciwe! Urw’amenyo kuri Sosiyete y’indege muri Uganda kubera gutanga amatike yandikishijwe intoke, no kugabura agatogo mu ndege, bakayirukamo

Gufotora mu ndege byaciwe! Urw’amenyo kuri Sosiyete y’indege muri Uganda kubera gutanga amatike yandikishijwe intoke, no kugabura agatogo mu ndege, bakayirukamo

Ubwanditsi 28 Aug 2019
Burundi: Habonetse umurambo w’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’umuco wari waburiwe irengero

Burundi: Habonetse umurambo w’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’umuco wari waburiwe irengero

Ubwanditsi 04 Oct 2019
Hon. Dr.Habineza avuga ko n’abanyereza ibya Leta bakwiye kwamburwa Ubutore

Hon. Dr.Habineza avuga ko n’abanyereza ibya Leta bakwiye kwamburwa Ubutore

Ubwanditsi 26 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abagacishijeho muri Arsenal nka Robert Pires, bamuritse umwambaro mushya uriho ‘Visit Rwanda’
IMIKINO

Abagacishijeho muri Arsenal nka Robert Pires, bamuritse umwambaro mushya uriho ‘Visit Rwanda’

Ubwanditsi 08 Jun 2018
‘ Afurika yabanye n’u Rwanda mu gihe twari tubakeneye’- Kagame
Mu Rwanda

‘ Afurika yabanye n’u Rwanda mu gihe twari tubakeneye’- Kagame

Ubwanditsi 17 Aug 2017
Ruharwa Sosthene Munyemana yagejejwe imbere y’ubutabera nyuma y’imyaka 28 hatanzwe ikirego
Amakuru

Ruharwa Sosthene Munyemana yagejejwe imbere y’ubutabera nyuma y’imyaka 28 hatanzwe ikirego

Ubwanditsi 14 Nov 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru