• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abayobozi b’amadini n’amatorero basabwe ubufasha mu gukemura burundu ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu muryango, by’umwihariko iryibasira abagore n’abana, i Musanze

Abayobozi b’amadini n’amatorero basabwe ubufasha mu gukemura burundu ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu muryango, by’umwihariko iryibasira abagore n’abana, i Musanze

Ubwanditsi 02 May 2021 Amakuru, HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Hakunze kumvikana abashakanye bicanye, abana basambanyijwe cyangwa se abantu biyahuye byose biturutse ku bibazo biri mu miryango, ahanini biba bimaze igihe ariko bitarakumiriwe hakiri kare kandi byarashobokaga.

Ni amahugurwa yabaye kuri uyu wa Gatandatu mu karere ka Musanze habereye amahugurwa agenewe abanyamadini, yateguwe n’Ihuriro ry’Abayobozi b’Amadini n’Amatorero mu gihugu, Rwanda Religious Leaders Initiative ku bufatanye n’Urwego rushinzwe iyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye mu Rwanda (GMO). Ku nkunga ya UN WOMEN.

Ayo mahugurwa yari agamije guha abanyamadini n’amatorero bo mu ntara y’Amajyaruguru ubumenyi bwo gukurikirana ibibazo biri mu bayoboke babo hakiri kare, bakagira uruhare mu kubikemura aho kugira ngo bimenyekane byafashe indi ntera.
Kiyobe Aline Umwe mu bari bitabiriye ayo mahugurwa, avuga ko ahakuye imbaraga zo kwegera abaturage mu gihe bafite ibibazo, abafite ibibazo by’ihohoterwa mu muryango bikamenyekana kare kugira ngo birinde ingaruka zishobora gukurikira kutabikemura.
Ati “Bajye batwitabaza ariko natwe tubegere tuganire nabo, tugerageze kubafasha, twumva icyo twabafasha aho kugira ngo biyahure cyangwa banicane.”

Rev Pasiteri Matabaro Jonas Uhagarariye Rwanda Religious Leaders Initiative mu Majyaruguru, avuga ko abanyamadini bagomba kugira uruhare mu kurwanya ihohoterwa mu miryango kuko umuryango umeze nabi, n’igihugu ntaho kiba kigana. Ati “Abanyamadini n’amatorero bagomba gusobanurirwa kugira ngo bagire uruhare mu kubaka u Rwanda. Ihohoterwa iyo riri mu muryango n’abawukomokaho bose bagira ibibazo, abaturanyi n’igihugu cyose. Igihugu kirimo ihohoterwa ntikiba gihari.”

Umuyobozi w’Itorero rya Bethany Fellowship Christian Church mu Rwanda, Bishop Alfred Gatabazi yavuze ko abanyamadini baramutse bakurikiranye ibibazo by’abayoboke babo dore ko banabumvira cyane, byagira uruhare mu kugabanya ihohoterwa rikorerwa mu ngo.
Ati “Icya mbere abantu baganira bakavuga ukuri, ntibihererane ibibazo kuko hari abashinzwe kubumva. Abanyamadini bahura n’abantu benshi, bagende bababwire ko nta mpamvu yo kwihererana ibibazo bitazabaviramo ibindi birimo kwicana. Rwose nibegere ubuyobozi.”

Abanyamadini nka bamwe mu bahura kenshi n’abaturage, basabwe ubufasha mu gukemura burundu ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu muryango, by’umwihariko iryibasira abagore n’abana.

2021-05-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AMAFOTO – Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasezeranye imbere y’Imana na Ifashabayo Dejoie

AMAFOTO – Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasezeranye imbere y’Imana na Ifashabayo Dejoie

Ubwanditsi 03 May 2021
Urutonde rw’ibihugu bifite ibisirikare bikomeye ku isi muri 2018

Urutonde rw’ibihugu bifite ibisirikare bikomeye ku isi muri 2018

Ubwanditsi 26 Apr 2018
Imvo N’Imvano Y’Ibibazo By’Umutekano wa ntawo Byabaye Karande Mu Burasirazuba Bwa Repubulika Iharanira Demukarasi Ya Congo

Imvo N’Imvano Y’Ibibazo By’Umutekano wa ntawo Byabaye Karande Mu Burasirazuba Bwa Repubulika Iharanira Demukarasi Ya Congo

Ubwanditsi 30 Jul 2025
Abayobozi bakomeye ku Isi bakomeje gushimira Perezida Kagame ku bw’intsinzi mu matora

Abayobozi bakomeye ku Isi bakomeje gushimira Perezida Kagame ku bw’intsinzi mu matora

Ubwanditsi 09 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Etoile de l’Est n’Amagaju FC zazamutse mu kiciro cya mbere cy’umwaka w’imikino wa 2023-2024
Amakuru

Etoile de l’Est n’Amagaju FC zazamutse mu kiciro cya mbere cy’umwaka w’imikino wa 2023-2024

Ubwanditsi 20 May 2023
EAC: Abakuru b’ibihugu bemeye kwihanganira caguwa indi myaka itatu
Mu Rwanda

EAC: Abakuru b’ibihugu bemeye kwihanganira caguwa indi myaka itatu

Ubwanditsi 18 Jul 2016
‘Abo bazakomeza batungurwe’ – Mwiseneza abwira abatangariye inyogosho ye nshya
HIRYA NO HINO

‘Abo bazakomeza batungurwe’ – Mwiseneza abwira abatangariye inyogosho ye nshya

Ubwanditsi 05 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru