• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»EAC: Abakuru b’ibihugu bemeye kwihanganira caguwa indi myaka itatu

EAC: Abakuru b’ibihugu bemeye kwihanganira caguwa indi myaka itatu

Ubwanditsi 18 Jul 2016 Mu Rwanda

Abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC) bavanyeho umwanzuro wo guca caguwa kugeza mu 2020.

Mu nama yabahuje mu muhezo ba perezida bemeje ko bagiye kubanza gushishoza bakareba niba akarere gafite ubushobozi bwo kwikorera imyenda n’inkweto byiza kandi bihagije, hanyuma bakabona guca caguwa.

Minisitiri ushinzwe ibikorwa bya EAC muri Uganda, Ronah Serwadda, yabwiye The East African ko bagiye gutangiza ubushakashatsi bwimbitse mbere yo guca burundu caguwa.

Ati” Ubushakashatsi buzadufasha kumenya niba dufite ubumenyi, ipamba (cotton) n’impu bihagije byakora caguwa mbere yo kuzica.”

Yasobanuye ko muri iyi myaka itatu ibihugu bigize EAC bizitoranyamo ibifite ubushobozi bwo gukora ibisimbura caguwa.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka ubwo Minisitiri w’Intebe Murekezi Anastase yerekanye yasobanuriraga Inteko ishinga amategeko imitwe yombi ibijyanye na gahunda ya Leta yo guteza imbere inganda hibandwa kuzikora imyenda, ibiteye impungenge bya caguwa anagaragaza uko gahunda ya Leta yo kuyica iteye.

Ati, “Tuzazamura amahoro ya za gasutamo ku myenda itumizwa hanze ariko tunamanure cyane imisoro ku bikoresho by’ibanze bikenerwa mu gukora umwenda n’inkweto bitumizwa hanze, harateganywa gufashwa ba rwiyiyemezamirimo bari mu mwuga w’ubudozi mu Rwanda.”

Arakomeza ati” Leta izashyiraho ikigo cy’icyitegererezo mu mujyi wa Kigali kigisha kudoda no mu nkengero z’umujyi, twizera ko ibi bizagabanya ibiciro bihanitse kandi byaranatangiye, nk’ubu ubushize mu imurikagurisha rishize rya “made in Rwanda” twabonye ishati y’amafaranga 2000 yakorewe muri Utexrwa kandi ahandi igura 5000”

Komiseri Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), Richard Tushabe yabwiye Imvaho Nshya ko kuva ku ya 1 Nyakanga imyenda ya caguwa yinjiye mu Rwanda yose yasoreshejwe kuri iyo misoro mishya.

Ati” Nk’uko Leta yari yarabiteganyije uyu munsi twashyize mu bikorwa umwanzuro wo gukuba inshuro nyinshi imisoro y’imyenda n’’inkweto za caguwa, kuva uyu munsi ibyinjiye mu Rwanda byose byasoreshejwe ku misoro mishya.

Nyuma yahoo abacuruza iyi myenda n’abayigura bakunze gutaka ko igiciro cyayo gihanitse kandi ko badakozwa ibyo kugura imishya.

-3326.jpg

Caguwa

Source: Imvaho nshya

2016-07-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inyubako ya La Palisse Hotel ya Gashora yakubiswe n’inkuba irashya

Inyubako ya La Palisse Hotel ya Gashora yakubiswe n’inkuba irashya

Ubwanditsi 16 Mar 2018
Mu minsi 4 ibura ngo amakipe yombi ahure, APR FC yatsinze Etincelles FC yisubiza umwanya wa mbere w’agateganyo, Rayon Sports ikura amanota atatu i Bugesera

Mu minsi 4 ibura ngo amakipe yombi ahure, APR FC yatsinze Etincelles FC yisubiza umwanya wa mbere w’agateganyo, Rayon Sports ikura amanota atatu i Bugesera

Ubwanditsi 22 Feb 2022
Perezida Kagame yakiriwe mu biro bya Perezida wa Isiraheli

Perezida Kagame yakiriwe mu biro bya Perezida wa Isiraheli

Ubwanditsi 10 Jul 2017
I Dakar : Perezida Kagame yitabiriye inama izwi nka Next Einstein Forum

I Dakar : Perezida Kagame yitabiriye inama izwi nka Next Einstein Forum

Ubwanditsi 10 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Gen. Kabarebe yabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’ibihugu bibiri
ITOHOZA

Uko Gen. Kabarebe yabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’ibihugu bibiri

Ubwanditsi 24 Feb 2019
Kampanye zanyuma muri Uganda zarangiye mu kavuyo
Mu Rwanda

Kampanye zanyuma muri Uganda zarangiye mu kavuyo

Ubwanditsi 15 Feb 2016
Burundi: Umukobwa w’imyaka 20 yatemaguwe bikabije, haracyekwa umwarimu waba waramuteye inda
Mu Mahanga

Burundi: Umukobwa w’imyaka 20 yatemaguwe bikabije, haracyekwa umwarimu waba waramuteye inda

Ubwanditsi 20 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru