• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Uganda: Induru zavuze mu gushyingura umudepite, mu irimbi habera intambara

Uganda: Induru zavuze mu gushyingura umudepite, mu irimbi habera intambara

Ubwanditsi 10 Jul 2017 Mu Rwanda

Mu mihango yo gushyingura umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda, ibyari ukwifatanya kw’imiryango, inshuti n’abavandimwe, byavuyemo intambara ikomeye yabereye mu irimbi, aho abadepite bagenzi ba nyakwigendera bakoranaga nk’intumwa za rubanda, bibasiwe bikomeye bashinjwa kunyereza amafaranga yari agenewe gushyingura.

Umudepite witwaga Hailat Kaudha Magumba wari uhagarariye akarere ka Iganga mu Nteko Ishinga amategeko ya Uganda, yapfuye mu ijoro ryo kuwa Gatanu tariki 7 Nyakanga 2017, akaba yarahitanywe n’inda yari atwite bitewe n’umuvuduko udasanzwe w’amaraso. Nyuma yo kugwa mu bitaro bya Mulago muri Uganda, imihango yo kumushyingura yaranzwe n’intambara ikomeye.

Ikinyamakuru Daily Monitor kivuga ko mu gushyingura uyu mugore wari ufite imyaka 31 y’amavuko, hari abasore n’inkumi bashyamiranye bikomeye n’abadepite bo mu karere ka Busoga, babashinja kunyereza akayabo k’amashilingi Leta yari yatanze ngo akoreshwe mu mihango yo gushyingura uyu mudepite.

Umusore witwa Ismail Typac Waiswa wari uyoboye urundi rubyiruko rwibasiye abo badepite, yavuze ko komite ishinzwe gutegura ishyingurwa ry’abadepite baba bitabye Imana, yahawe n’Inteko Ishinga Amategeko miliyoni 30 z’amashilingi ya Uganda yo gukoresha mu mihango yo gushyingura, ariko hafi ya yose akaba yaranyerejwe hakagaragara miliyoni imwe gusa y’amashilingi.

Uyu Ismail Typac Waiswa yagize ati: “Turashaka kumenya aho izindi miliyoni 29 z’amashilingi zagiye kuko mwarekuye miliyoni imwe gusa, kandi miliyoni 30 zatanzwe zose zari zigenewe gutegura no gutunganya imihango yo gushyingura nyakwigendera, umudepite wari mugenzi wanyu”.

Abadepite bashinjwaga ibi ariko nabo baje kubona ibintu bikaze barabihakana, bisobanura bavuga ko miliyoni 30 bivugwa ko Inteko Ishinga Amategeko yatanze ntazigeze zitangwa mu by’ukuri. Uku guhangana kwateje impagarara mu irimbi, kuko hari uruhande rw’abagize umuryango rwabanje kuvuga ko ntamudepite uza guhabwa ijambo muri uwo muhango batabanje kurekura ayo mafaranga, ariko nyuma yo guharirana byaje kurangira nyakwigendera ashyinguwe n’abadepite bahabwa ijambo banakomeza gushimangira ko nta mafaranga banyereje.

-7189.jpg

Umudepite witwaga Hailat Kaudha Magumba

2017-07-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal

Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal

Ubwanditsi 10 Jun 2025
Nyakubahwa Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakurikiye umukino wa BAL wahuje ikipe ya Patriots BBC yo mu Rwanda na US Monastir yo muri Tunisia. 

Nyakubahwa Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakurikiye umukino wa BAL wahuje ikipe ya Patriots BBC yo mu Rwanda na US Monastir yo muri Tunisia. 

Ubwanditsi 23 May 2021
Abakozi ba UNHCR mu bihugu bitandukanye bashimye imikorere ya Isange One Stop Centre

Abakozi ba UNHCR mu bihugu bitandukanye bashimye imikorere ya Isange One Stop Centre

Ubwanditsi 22 Sep 2017
ABAYOBOZI B’IGISIRIKARE CYA AMERIKA BACYEJE URUHARE RW’INGABO Z’U RWANDA MURI SUDANI Y’EPFO.

ABAYOBOZI B’IGISIRIKARE CYA AMERIKA BACYEJE URUHARE RW’INGABO Z’U RWANDA MURI SUDANI Y’EPFO.

Ubwanditsi 12 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyarwandakazi Annie Tabura wakoreraga MTN-Uganda uherutse kwirukanwa muri Uganda yahishuye uko byamugendekeye
INKURU NYAMUKURU

Umunyarwandakazi Annie Tabura wakoreraga MTN-Uganda uherutse kwirukanwa muri Uganda yahishuye uko byamugendekeye

Ubwanditsi 03 Feb 2019
Wendy Waeni uzwiho kugira impano idasanzwe  mu ndoto ze yabonanye n’ Umukuru w’Igihugu Nyakubahwa Perezida  Kagame
Mu Mahanga

Wendy Waeni uzwiho kugira impano idasanzwe mu ndoto ze yabonanye n’ Umukuru w’Igihugu Nyakubahwa Perezida Kagame

Ubwanditsi 12 Sep 2016
Abayoboke ba Enihakore Pentecost Ministry biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu kurwanya ibyaha
Amakuru

Abayoboke ba Enihakore Pentecost Ministry biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 27 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru