• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Trump yahagaritse abamugiraga inama mu by’ubucuruzi

Perezida Trump yahagaritse abamugiraga inama mu by’ubucuruzi

Ubwanditsi 17 Aug 2017 Mu Rwanda

Abantu bari bashinzwe kugira inama Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump mu bijyanye n’ubucuruzi bashize begura bamushinja kwanga kwamagana udutsiko tw’abazungu twuzuye urwango tumaze iminsi twigaragambya na we afata icyemezo cyo kubahagarika burundu.

Perezida Trump akimara kurahira muri Mutarama uyu mwaka, yahise ashyiraho amatsinda abiri ashinzwe kumugira inama mu bijyanye n’ubucuruzi n’inganda. Itsinda rimwe ryari rishinzwe ibijyanye n’inganda, irindi rishinzwe kumugira inama mu bijyanye n’ingamba (imirongo ngenderwaho) zakwifashishwa.

Aya matsinda yombi yari ashinzwe kumufasha kugera ku ntego yiyemeje ubwo yiyamamazaga yo guhanga imirimo myinshi kandi mishya cyane cyane mu nganda. Abari bagize ayo matsinda ni abantu basanzwe ari abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi bikomeye.

Trump amaze kuvuga ko imyigaragambyo yahitanye umugore umwe mu Mujyi wa Charlottesville byagizwemo uruhare n’impande zombi haba abazungu bigaragambyaga n’abamaganaga ibyo bikorwa, bamwe mu bagize aya matsinda amugira inama batangiye kwegura.

Beguraga bavuga ko badashobora gukorana n’umuntu ushyigikiye abafite urwango n’ivangura.

Abantu umunani bagize itsinda ryamugiraga inama ku bijyanye n’imikorere y’inganda bamaze kwegura, batangiye kuwa Mbere bahereye kuri Ken Frazier, Umuyobozi Mukuru wa sosiyete Merck icuruza ibijyanye n’imiti. Uyu yakurikiwe n’abandi barimo Kevin Plank uyobora Sosiyete Under Armour ikora ubucuruzi bw’ibikoresho bya Siporo na Brian Krzanich wa Intel icuruza ibikoresho by’ikoranabuhanga birimo mudasobwa.
Irindi tsinda ryari rishinzwe kumugira inama ku ngamba yakwifashisha ngo azamure ubucuruzi n’ubukungu ryari rigizwe n’abantu bakomeye mu by’ubucuruzi n’imari bagera kuri batandatu.

Abagize iri tsinda beguriye rimwe kuri uyu wa Gatatu. Mu itangazo basohoye bavuze ko batakomeza gukorana na Guverinoma ishyigikira ivangura, ubugizi bwa nabi no kudahana nkuko CNN yabitangaje.

-7634.jpg

Richard Trumka, umwe mu bari bagize itsinda ry’abajyanama ba Trump mu by’inganda yavuze ko batajyaga banahura. Kuri we ngo nta kamaro yabonaga muri iryo tsinda.
Kuri uyu wa Gatatu Trump amaze kubona ko bashize begura, yahise yandika kuri Twitter ko ayo matsinda yamugiraga inama ayahagaritse.

Yagize ati “Aho gukomeza gushyira igitutu kuri aba bacuruzi b’itsinda ry’inganda n’abo mu rishyiraho imirongo ngenderwaho, ayo matsinda yombi nyakuyeho.”

Muri Kamena uyu mwaka, Elon Musk umuyobozi Mukuru wa sosiyete Tesla and SpaceX yeguye ku mwanya w’ubujyanama bwa Trump mu bijyanye n’imihindagurikire y’ikirere, nyuma y’aho Trump avanye igihugu cye mu masezerano ya Paris yo kurwanya iyangizwa ry’ikirere.

2017-08-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abahezanguni n’inyangabirama, nyirabayazana w’umwuka mubi ututumba mu Bayisilamu bo mu Rwanda

Abahezanguni n’inyangabirama, nyirabayazana w’umwuka mubi ututumba mu Bayisilamu bo mu Rwanda

Ubwanditsi 25 May 2024
Ruhango: Nkurunziza yagizwe Meya w’agateganyo nyuma y’iyeguzwa rya nyobozi yose

Ruhango: Nkurunziza yagizwe Meya w’agateganyo nyuma y’iyeguzwa rya nyobozi yose

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Uhohotera umugore n’umukobwa wese yikosore, natikosora azabisobanura imbere y’amategeko: Perezida wa Sena

Uhohotera umugore n’umukobwa wese yikosore, natikosora azabisobanura imbere y’amategeko: Perezida wa Sena

Ubwanditsi 25 Nov 2017
Bisi ya RITCO yari itwaye abagenzi yahiye irakongoka

Bisi ya RITCO yari itwaye abagenzi yahiye irakongoka

Ubwanditsi 27 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RNC, irasaza imigeri muri Uganda n’ubwo hari amasezerano ya Luanda
INKURU NYAMUKURU

RNC, irasaza imigeri muri Uganda n’ubwo hari amasezerano ya Luanda

Ubwanditsi 21 Jan 2020
Nkongwa muri Sport y’u Rwanda : Nzamwita Degaulle yongeye gushyikirizwa Inkiko
IMIKINO

Nkongwa muri Sport y’u Rwanda : Nzamwita Degaulle yongeye gushyikirizwa Inkiko

Ubwanditsi 18 Feb 2017
Hatangiye isimburanya ry’abapolisi mu butumwa bw’amahoro muri Centrafurika (MINUSCA)
Mu Rwanda

Hatangiye isimburanya ry’abapolisi mu butumwa bw’amahoro muri Centrafurika (MINUSCA)

Ubwanditsi 01 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru