• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Knowless Butera yavuze kuri Album yise Inzora yitegura gushyira hanze yateguye atwitwe ubuheta.

Knowless Butera yavuze kuri Album yise Inzora yitegura gushyira hanze yateguye atwitwe ubuheta.

Ubwanditsi 12 Jun 2021 Amakuru, Mu Rwanda, SHOWBIZ

Umuhanzikazi Ingabire Butera Jeanne uzwi nka Knowless Butera aritegura ku murika umuzingo we (Album) yitiriye izina ry’umwana we w’ubuheta witwa Inzora, akaba yaramwitiriye uyu muzingo bigendanye n’uko yawuteguye twite uyu mwana w’ubuheta.

Nkuko ikinyamakuru Hose.rw cyabyanditse , Knowless Butera yavuze ko iyi alubumu yitegura gushyira hanze yayikoze atwite Ishimwe Inzora Butera ndetse na nyuma yo ku mwibaruka akaba yarakomeje kuyikoraho.
Iyi Album yise INZORA, yayifashijwemo n’umugabo we Ishimwe Clement, aha Knowless akaba yavuzeko ko bitari byoroshye ku buryo rimwe na rimwe habagaho gushyiramo igitsure kugira ngo akazi gakorwe.

Nkuko yabivuze, yatangaje ko hari imwe mu ndirimbo iri kuri iyo Album yise Uwo nzakunda, iyi akaba yarayikoze atameze neza, Ati “Iyi ndirimbo iri muri zimwe navuga nakoze ndushye kuko nayikoze nyuma yo kubyara. Kujya muri studio bisaba imbaraga nyinshi ukageraho ukananirwa iyi ni nk’aho nayikoze ndi mu kiziriko, ukuntu yahise iba nziza cyane.”

Ati “Hari indirimbo zimwe na zimwe twakozwe ku ngufu nuko bivugitse nabi ariko ari uguhatiriza ku buryo twanarakaranyaga rimwe na rimwe kuko biba bisaba ko uyirangiza ijya mu kunonosorwa ku mubwira rero ngo afate amajwi mu gihe atameze neza ntabwo byari byoroshye.”

Ishimwe Clement umugabo wa Knowless ndetse akaba ari nwe wakoze iyi album, ashimira umugore we ku bw’imbaraga zidasanzwe yagaragaje, ndetse akavuga ko ari isomo abandi bahanzikazi bakwiye kumwigiraho.

Ati “Ni isomo no ku bandi ku bahanzikazi dufite ko mu gihe uri muri biriya bihe, umuziki wawe utagomba guhagarara. Ni ingufu na namushimira kuko ashobora kongera kwisubira, ni amezi atandatu ashize Inzora aje.”
Umuzingo Inzora iriho indirimbo 11 harimo izasohoka kuri uyu wa mbere tariki ya 14 Kamena 2021, hariho indirimbo ebyiri yakoranye n’abahanzi bo muri Uganda barimo Ykee Benda ndetse na Navio.

Abandi bahanzi bo mu Rwanda bakoranye harimo Igor Mabano, nel Ngabo, Tom Close, Platini P, Aline Gahongayire, Social Mula na King James.

2021-06-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri Busingye yatashye amacumbi agezweho yubakiwe abapolisi 1500, atwaye asaga miliyari 2

Minisitiri Busingye yatashye amacumbi agezweho yubakiwe abapolisi 1500, atwaye asaga miliyari 2

Ubwanditsi 03 Nov 2017
Ikipe ya Maroc yageze mu Rwanda ije gukina imikino yo Kwibuka

Ikipe ya Maroc yageze mu Rwanda ije gukina imikino yo Kwibuka

Ubwanditsi 31 May 2017
Miss Sandra Teta yatamajwe n’impenure yari yambaye ubwo yicaraga nabi akerekana hagati y’amaguru

Miss Sandra Teta yatamajwe n’impenure yari yambaye ubwo yicaraga nabi akerekana hagati y’amaguru

Ubwanditsi 09 Oct 2017
Muri gereza ya Mageragere haravugwa ingengabitekerezo ya Jenoside, Ababishinzwe nimutabare amazi atararenga inkombe

Muri gereza ya Mageragere haravugwa ingengabitekerezo ya Jenoside, Ababishinzwe nimutabare amazi atararenga inkombe

Ubwanditsi 19 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko abanyarwanda bahagaze muri Tour du Cameroun 2017
IMIKINO

Uko abanyarwanda bahagaze muri Tour du Cameroun 2017

Ubwanditsi 15 Mar 2017
Daddy Birori waguzwe akayabo na Al Ahly Tripoli yerekanywe ku mugaragaro
IMIKINO

Daddy Birori waguzwe akayabo na Al Ahly Tripoli yerekanywe ku mugaragaro

Ubwanditsi 09 Feb 2018
Lt Gen Kamanzi yatangiye ubutumwa bwe nk’Umuyobozi w’Ingabo za UNMISS
Mu Rwanda

Lt Gen Kamanzi yatangiye ubutumwa bwe nk’Umuyobozi w’Ingabo za UNMISS

Ubwanditsi 30 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru