• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Burera: Habonetse umurambo w’umusore wishwe ateraguwe ibyuma

Burera: Habonetse umurambo w’umusore wishwe ateraguwe ibyuma

Ubwanditsi 21 Aug 2017 ITOHOZA

Mu ijoro ryakeye mu Karere ka Burera, Umurenge wa Rugarama, Akagari ka Rurembo habonetse umurambo w’umusore ufite imyaka 22 witwa Biramahire Augustin wishwe ateraguwe ibyuma umubiri wose.

Abaturage babonye uwo murambo bavuga ko nyakwigendera n’abandi basore benshi bo mu kigero cye bari biriwe basangira inzoga aho ngo basengerwaga na mugenzi wabo usanzwe ufite akazi muri Uganda wari watashye aje kubasura, gusa ngo bigeze mu ma saa mbili abo bose bose barashwanye batangira gutongana.

Umwe mu baturage wari mu kabari kamwe na nyakwigendera yagize ati “Bitangira wabonaga bishimye, Biramahire[nyakwigendera] yasangiraga n’inshuti ze ariko basengerwaga n’undi musore wari uvuye mu Bugande…bigeze saa mbili bashwanye, Biramahire aritahira ariko twatunguwe no kumubona mu ma saa tatu yapfuye; bari bamujombaguye ibyuma hose.”

IP Gasasira Innocent, Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu mu Ntara y’Amajyaruguru akaba n’Umugenzacyaha Mukuru muri iyo ntara, yahamirije izubarirashe.rw dukesha iyi nkuru iby’urwo rupfu, akaba yemeza ko iperereza ry’ibanze polisi yakoze ryanzuye ko Biramahire yishwe.

Yagize ati “Uwo muturage bigaragara ko yishwe…ucyekwa yitwa Dukundane Emile yari yaragiye gupagasa mu Bugande, noneho ejo yaraje ashaka kugira ngo asabane n’abaturanyi be; ubwo rero baje gutonganira mu kabari baza no gutaha batongana, umwe muri bagenzi ba nyakwigendera yari afite icyuma, Dukundane ni we wahanganye na nyakwigendera afatanyije na bagenzi be.”

Akomeza agira ati “Ubwo rero yaje kumutera icyuma yahawe n’umwe muri abo basore ahita agwa aho, bose bariruka baramusiga yapfuye, ariko ubwo inzego za polisi n’abaturage baje gukurikirana hanyuma abo basore barafatwa.”

IP Gasasira avuga ko abacyekwa kuba bagize uruhare mu rupfu rwa Biramahire ari abasore batatu, magingo aya “bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gahunga (iri mu Karere ka Burera) mu gihe iperereza rigikomeje ngo hacukumburwe impamvu nyakuri yatumye aba basore bica mugenzi wabo.”

Basangiranga inzoga zitemewe…

Nk’uko bitangazwa n’Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu mu Ntara y’Amajyaruguru, ngo mu gihe polisi yakoraga iperereza ahabereye icyaha yaje gusanga abacyekwaho gukora buriya bwicanyi banywaga inzoga bita ‘Blue Skys’ zitemewe n’amategeko y’u Rwanda.

Ati “Abo basore babasanganye za blue skys; kwa kundi abaturage bagaragaza ko bari kunywa urwagwa n’izindi nzoga zemewe ariko binywera kanyanga n’ibindi biyobwabwenge (…) abo rero nabo baje kubasangana ziriya nzoga za blue skys; uzi rero ko ziriya nzoga zifatwa nk’ibiyobyabwengee kubera ko iyo bazinyoye akenshi ubwenge bwabo burayoba.”

-7683.jpg

IP Innocent Gasasira, Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu mu Ntara y’Amajyaruguru akaba n’Umugenzacyaha Mukuru muri iyo ntara(Ifoto/RNP)

Ahereye ku migendekere ya buriya bwicanyi, IP Gasasira ahamagarira abaturage kwirinda ibiyobyabwenge banatanga amakuru ku kintu cyose babona cyabahungabanyiriza umutekano aho batuye.

Ubwicanyi ni icyaha gihanwa n’amategeko y’u Rwanda, uwo gihamye ahanishwa igifungo cya burundu.

2017-08-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

ITORERO ZION TEMPLE RYAFUNGUYE ISHAMI INDIANA MURI AMERIKA

ITORERO ZION TEMPLE RYAFUNGUYE ISHAMI INDIANA MURI AMERIKA

Ubwanditsi 03 Jun 2016
Mu byegera bya Perezida Nkurunziza bihabwa amahirwe yo kumusimbura mu 2020, harimo na Gen Prime Niyongabo

Mu byegera bya Perezida Nkurunziza bihabwa amahirwe yo kumusimbura mu 2020, harimo na Gen Prime Niyongabo

Ubwanditsi 15 Nov 2018
Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Ubwanditsi 31 Jul 2024
Ibi byo ni agasuzuguro gakabije, Umuhungu w’ umujenosideri ruharwa, Kabuga Felisiyani , ageze aho gusaba kutongera gukoresha ijambo”Jenoside”!!

Ibi byo ni agasuzuguro gakabije, Umuhungu w’ umujenosideri ruharwa, Kabuga Felisiyani , ageze aho gusaba kutongera gukoresha ijambo”Jenoside”!!

Ubwanditsi 29 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Aline Gahongayire yishumbushije umusore nyuma ya gatanya na Gahima Gabriel
SHOWBIZ

Aline Gahongayire yishumbushije umusore nyuma ya gatanya na Gahima Gabriel

Ubwanditsi 05 Feb 2018
Abanyarwanda batandatu bigaga muri Kampala International University baguye mu mpanuka y’imodoka
Amakuru

Abanyarwanda batandatu bigaga muri Kampala International University baguye mu mpanuka y’imodoka

Ubwanditsi 05 Nov 2017
Hashyizwe hanze video aho Rusesabagina Paul asobanura amavu n’amavuko ya MRCD/FLN mu kiganiro yagiranaga n’abagize uwo mutwe w’iterabwoba
Amakuru

Hashyizwe hanze video aho Rusesabagina Paul asobanura amavu n’amavuko ya MRCD/FLN mu kiganiro yagiranaga n’abagize uwo mutwe w’iterabwoba

Ubwanditsi 19 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru