• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Burera: Habonetse umurambo w’umusore wishwe ateraguwe ibyuma

Burera: Habonetse umurambo w’umusore wishwe ateraguwe ibyuma

Ubwanditsi 21 Aug 2017 ITOHOZA

Mu ijoro ryakeye mu Karere ka Burera, Umurenge wa Rugarama, Akagari ka Rurembo habonetse umurambo w’umusore ufite imyaka 22 witwa Biramahire Augustin wishwe ateraguwe ibyuma umubiri wose.

Abaturage babonye uwo murambo bavuga ko nyakwigendera n’abandi basore benshi bo mu kigero cye bari biriwe basangira inzoga aho ngo basengerwaga na mugenzi wabo usanzwe ufite akazi muri Uganda wari watashye aje kubasura, gusa ngo bigeze mu ma saa mbili abo bose bose barashwanye batangira gutongana.

Umwe mu baturage wari mu kabari kamwe na nyakwigendera yagize ati “Bitangira wabonaga bishimye, Biramahire[nyakwigendera] yasangiraga n’inshuti ze ariko basengerwaga n’undi musore wari uvuye mu Bugande…bigeze saa mbili bashwanye, Biramahire aritahira ariko twatunguwe no kumubona mu ma saa tatu yapfuye; bari bamujombaguye ibyuma hose.”

IP Gasasira Innocent, Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu mu Ntara y’Amajyaruguru akaba n’Umugenzacyaha Mukuru muri iyo ntara, yahamirije izubarirashe.rw dukesha iyi nkuru iby’urwo rupfu, akaba yemeza ko iperereza ry’ibanze polisi yakoze ryanzuye ko Biramahire yishwe.

Yagize ati “Uwo muturage bigaragara ko yishwe…ucyekwa yitwa Dukundane Emile yari yaragiye gupagasa mu Bugande, noneho ejo yaraje ashaka kugira ngo asabane n’abaturanyi be; ubwo rero baje gutonganira mu kabari baza no gutaha batongana, umwe muri bagenzi ba nyakwigendera yari afite icyuma, Dukundane ni we wahanganye na nyakwigendera afatanyije na bagenzi be.”

Akomeza agira ati “Ubwo rero yaje kumutera icyuma yahawe n’umwe muri abo basore ahita agwa aho, bose bariruka baramusiga yapfuye, ariko ubwo inzego za polisi n’abaturage baje gukurikirana hanyuma abo basore barafatwa.”

IP Gasasira avuga ko abacyekwa kuba bagize uruhare mu rupfu rwa Biramahire ari abasore batatu, magingo aya “bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gahunga (iri mu Karere ka Burera) mu gihe iperereza rigikomeje ngo hacukumburwe impamvu nyakuri yatumye aba basore bica mugenzi wabo.”

Basangiranga inzoga zitemewe…

Nk’uko bitangazwa n’Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu mu Ntara y’Amajyaruguru, ngo mu gihe polisi yakoraga iperereza ahabereye icyaha yaje gusanga abacyekwaho gukora buriya bwicanyi banywaga inzoga bita ‘Blue Skys’ zitemewe n’amategeko y’u Rwanda.

Ati “Abo basore babasanganye za blue skys; kwa kundi abaturage bagaragaza ko bari kunywa urwagwa n’izindi nzoga zemewe ariko binywera kanyanga n’ibindi biyobwabwenge (…) abo rero nabo baje kubasangana ziriya nzoga za blue skys; uzi rero ko ziriya nzoga zifatwa nk’ibiyobyabwengee kubera ko iyo bazinyoye akenshi ubwenge bwabo burayoba.”

-7683.jpg

IP Innocent Gasasira, Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu mu Ntara y’Amajyaruguru akaba n’Umugenzacyaha Mukuru muri iyo ntara(Ifoto/RNP)

Ahereye ku migendekere ya buriya bwicanyi, IP Gasasira ahamagarira abaturage kwirinda ibiyobyabwenge banatanga amakuru ku kintu cyose babona cyabahungabanyiriza umutekano aho batuye.

Ubwicanyi ni icyaha gihanwa n’amategeko y’u Rwanda, uwo gihamye ahanishwa igifungo cya burundu.

2017-08-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibimenyetso bifatika byerekana ko umugambi wa Museveni  na RNC, wo guhungabanya u Rwanda, urimo gupfuba

Ibimenyetso bifatika byerekana ko umugambi wa Museveni na RNC, wo guhungabanya u Rwanda, urimo gupfuba

Ubwanditsi 23 Jun 2019
Madamu Jeannette Kagame Arizihiza Isabukuru Y’imyaka 56 Y’amavuko

Madamu Jeannette Kagame Arizihiza Isabukuru Y’imyaka 56 Y’amavuko

Ubwanditsi 10 Aug 2018
Polisi ya Uganda yanze kurekura Cynthia ufite nyina w’Umunyarwandakazi

Polisi ya Uganda yanze kurekura Cynthia ufite nyina w’Umunyarwandakazi

Ubwanditsi 11 Jan 2017
Urwikekwe mu ishyaka Ishakwe-RNC, Ngarambe Joseph arahinjwa ubugambanyi

Urwikekwe mu ishyaka Ishakwe-RNC, Ngarambe Joseph arahinjwa ubugambanyi

Ubwanditsi 10 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bidasubirwaho, iperereza ryo kurwego rwo hejuru ryemeje ko ruharwa Augustin Bizimana yaguye muri Congo Brazaville, Rushyashya yamenye icyo yazize  
INKURU NYAMUKURU

Bidasubirwaho, iperereza ryo kurwego rwo hejuru ryemeje ko ruharwa Augustin Bizimana yaguye muri Congo Brazaville, Rushyashya yamenye icyo yazize  

Ubwanditsi 22 May 2020
Gasabo:  Abakozi ba  DASSO babiri bafunzwe bakekwaho kwakira ruswa
Mu Mahanga

Gasabo: Abakozi ba DASSO babiri bafunzwe bakekwaho kwakira ruswa

Ubwanditsi 08 Jan 2016
Burundi: Abanyarwanda babiri batawe muri yombi n’urwego rw’ubutasi, SNR
Mu Mahanga

Burundi: Abanyarwanda babiri batawe muri yombi n’urwego rw’ubutasi, SNR

Ubwanditsi 26 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru