• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Paris : Inyandiko zagizwe ibanga n ‘ Ubutegetsi bwa Mitterand kuri Jenoside y’Abatutsi zishobora gushyirwa ku karubanda

Paris : Inyandiko zagizwe ibanga n ‘ Ubutegetsi bwa Mitterand kuri Jenoside y’Abatutsi zishobora gushyirwa ku karubanda

Ubwanditsi 14 Sep 2017 ITOHOZA

Kuri uyu wa Gatanu, itariki 15 Nzeri, ku isaha ya saa yine za mu gitondo, nibwo hamenyekana niba inyandiko zose z’ibyaranze ubutegetsi bwa perezida Francois Mitterand ku Rwanda zizashyirwa ahagaragara cyangwa zigakomeza kugirwa ibanga.

Aha nibwo Inama y’Igihugu ishinzwe itegeko nshinga mu Bufaransa izatangariza niba uwasigiwe kubika izi nyandiko witwa Dominique Bertinotti, afite uburenganzira bwo kwanga cyangwa kwemera ko izi nyandiko zishyirwa ahagaragara.

Ni nyuma y’uko hari umushakashatsi mu bugenge, ukorana n’ishyirahamwe Survie ndetse wananditse igitabo ‘Sabre et de la machete’ witwa François Graner wakomeje kotsa igitutu ubuyobozi bw’igihugu cye abusaba gushyira izi nyandiko ahagaragara uruhare rw’igihugu cye muri jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda rukajya ahagaragara byaba ngombwa kigasaba imbabazi.

Uyu mushakashatsi rero mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa RFI dukesha iyi nkuru, akaba yavuze ko gukomeza guhisha izi nyandiko ari bimwe mu bituma igihugu cye gikomeza gukekwaho uruhare rukomeye mu byabaye mu Rwanda kuva mu 1990 kugeza mu 1994.

Ikibazo cya mbere yabajijwe, ni ugusobanura aho gushyira izi nyandiko ku mugaragaro bigeze nyuma y’uko mu 2015 perezida François Hollande yari yijeje ko izo nyandiko z’u Bufaransa zijyanye na jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zigomba gushyirwa ahagaragara.

Mu gusubiza iki kibazo, Graner avuga ko perezida Hollande koko yabisabye mbere y’impera za 2015 ariko umwaka wa 2016 ukaba wararangiye ntagikozwe, ndetse ngo izi nyandiko zikaba zishobora no gukomeza kugirwa ibanga kuko ngo mu Bufaransa ari nk’umuryango ufite amaserire abiri atandukanye n’imfunguzo zibitswe n’abantu babiri batandukanye.

-7966.jpg

François Graner

Kimwe, ngo n’uko ibyo perezida Hollande yavugaga ari amabanga y’umutekano w’’igihugu. Ikijyanye n’igisirikare cyose kikaba gifitanye isano n’umutekano w’igihugu. Mu gihe rero perezida Hollande yakuyeho imbogamizi zijyanye n’umutekano w’igihugu, ngo inyandiko zijyanye n’ibikorwa by’umukuru w’igihugu nazo zifite imfunguzo zazo zihariye kandi inyandiko zigaragaza ibikorwa bya Mitterand ntibyemewe gufungurwa mbere y’imyaka 50 keretse bisabwe. Ubwo uwasabwa ni inde? Nta wundi ni madamu Dominique Bertinotti wahawe uburenganzira bwo kurinda izo nyandiko. Ibi ngo bikaba bisobanuye ko nubwo iserire ya mbere yafunguwe, iya kabiri idafunguwe ntacyo byatanga.

Ku kijyanye n’iyi serire ya mbere perezida Hollande yafunguye, Graner yabajijwe niba yarabashije kubona ku nyandiko z’inzego z’ubutasi z’u Bufaransa zizwi nka DGSE, asubiza ko igice kimwe cy’inyandiko yabashije kukibona nk’uruhare rwa operation Turquoise mu byabaye mu Bisesero hagati y’itariki 27 na 30 Kamena 1994, aho Abatutsi bari barokotse bishwe ingabo z’u Bufaransa zikanga gutabara.

Ngo icyagaragaye ni uko igisirikare cy’u Bufaransa cyari cyizi ibyari kuba, kandi ngo mu nyandiko yabashije kubona za DGSE nuko inzego zo hejuru mu Bufaransa zahabwaga amakuru umunsi ku munsi. Abavugwa bagiye bahabwa aya makuru akaba ari Amiral Lanxande wari umugaba w’ingabo na Gen. Quesnot, wari umujyanama mu bya gisirikare wa perezida Mitterand.

Graner yabajijwe niba uyu mugore wasigiwe kurinda izi nyandiko yaba yimana inyandiko za Mitterand ku birebana n’u Rwanda ariko izindi akaba azitanga, asubiza ko ari ko bimeze, abazwa niba byakumvikanisha ko hari ibintu biri guhishwa, asubiza agira ati: “Simbizi, ariko birumvikana ibyo bituma habaho gukemanga kandi nta kindi byazana bitari umwiryane twifuza kurangirisha akazi k’amateka, akazi k’amateka kimbitse.”

Yabajijwe kandi umubare w’amapaje agize inyandiko z’ibikorwa bya perezida Mitterand ku Rwanda, asubiza ko ari paji zikabakaba 10,000 zigizwe n’igice cya Mitterand n’iz’abahoze ari abajyanama be ku bikorwa by’ingabo z’u Bufaransa mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

2017-09-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

ADEPR: Uko Bish.Sibomana yasimbutse “UMUTEGO” wateguwe n’abashumba bari bagiye kumweguza. Imitima ya benshi iradiha!

ADEPR: Uko Bish.Sibomana yasimbutse “UMUTEGO” wateguwe n’abashumba bari bagiye kumweguza. Imitima ya benshi iradiha!

Ubwanditsi 12 May 2017
Perezida Uhuru Kenyatta yasesekaye mu Rwanda

Perezida Uhuru Kenyatta yasesekaye mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Mar 2019
Icyo Umwami Kigeli yasize avuze  mbere y’uko atanga k’ uzamusimbura ku bwami

Icyo Umwami Kigeli yasize avuze mbere y’uko atanga k’ uzamusimbura ku bwami

Ubwanditsi 26 Oct 2016
Ibi byo ni agasuzuguro gakabije, Umuhungu w’ umujenosideri ruharwa, Kabuga Felisiyani , ageze aho gusaba kutongera gukoresha ijambo”Jenoside”!!

Ibi byo ni agasuzuguro gakabije, Umuhungu w’ umujenosideri ruharwa, Kabuga Felisiyani , ageze aho gusaba kutongera gukoresha ijambo”Jenoside”!!

Ubwanditsi 29 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 20 Mar 2023
Inzego zitandukanye zirimo gutegura uburyo abatishoboye bafashwa – Perezida Kagame
UBUKUNGU

Inzego zitandukanye zirimo gutegura uburyo abatishoboye bafashwa – Perezida Kagame

Ubwanditsi 28 Mar 2020
Amavubi yahagurukanye i Kigali intego yo gutsindira muri Guinée Conakry
IMIKINO

Amavubi yahagurukanye i Kigali intego yo gutsindira muri Guinée Conakry

Ubwanditsi 09 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru