• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo   |   13 Nov 2025

  • Rayon Sports yatandukanye n’umutoza wayo Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi ahagaritswe   |   13 Nov 2025

  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Icyo Umwami Kigeli yasize avuze mbere y’uko atanga k’ uzamusimbura ku bwami

Icyo Umwami Kigeli yasize avuze mbere y’uko atanga k’ uzamusimbura ku bwami

Editorial 26 Oct 2016 ITOHOZA

Nyuma y’uko umwami w’u Rwanda Kigeli V Ndahindurwa atabarutse, ubu hakomeje kuvugwa byinshi no kwibaza ibitabarika ku bizakurikira urupfu rwe.

Gusa bisa n’ibikiri urujijo kuko imihango yo kwimika uzamusimbura, ntawe uzi niba izakorwa, uzayikora n’uko izakorwa. Hari n’ibindi byinshi uyu mwami yari yarahishuye, birimo iby’uko yaba yarafashije FPR Inkotanyi mu gutangiza urugamba rwo kubohora u Rwanda.

Mu kiganiro Umwami Kigeli V Ndahindurwa yagiranye na BBC Gahuzamiryango tariki 8 Kanama 2007, yavuzemo byinshi kuri we, ibyo gutaha kwe mu Rwanda, ibyo yaganiriye na Perezida Kagame bahuriye muri Amerika n’ibindi byinshi byerekeranye n’ingoma ya cyami n’amateka y’u Rwanda muri rusange.

Muri iki kiganiro, yanabajijwe ibibazo byinshi n’abanyarwanda batandukanye bari hirya no hino ku isi.

Mu bibazo byinshi yabajijwe, hari n’uwamubajije niba yaba yaragize icyo afasha FPR Inkotanyi mu gihe cy’urugamba rwo kubohora u Rwanda, ibi akaba yarabishimangiye akavuga n’umusanzu yatanze uwo ari wo.

Icyo gihe yari mu buhungiro muri Kenya, yanabaye muri Uganda mbere yo kujya muri Amerika. Umwami Kigeli V Ndahindurwa ati: “Kubafasha, sinagombaga kujya mu gihuru kugirango mfate imbunda ngende kurwana, igitekerezo [bari bafite] cyo kujya gutabara kugirango Abanyarwanda bagiye hanze batahe, si igitekerezo kibi na busa, cyabaye cyiza kandi nanjye ndagishima.

Ariko umuntu twakoranye imbonankubone kandi tuvugana, ni nyakwigendera Fred Rwigema. Yajyaga anyaruka akaza kundeba, twavuganye amagambo menshi cyane, tugirana za porogaramu nyinshi cyane, turumvikana nsanga ari umuntu w’umugabo kandi ufite ibitekerezo bitaraga, byinshi ndabizi kandi n’amasezerano twakoranye nawe…

Iyo mvuga umuntu wigendeye, wenda bagira bati ndahimba cyangwa ikindi, ariko twagiye twungurana inama, namugiraga inama nawe akambwira, ariko arinda ataha rwose… nibwo aguye mu rugamba. Ariko nzi neza ko twakoranye ibintu byinshi byagirira akamaro iryo shyaka.”

Abajijwe niba yaba yarakomeje kuvugana na Perezida Paul Kagame nawe agakomeza kumuha ibitekerezo nyuma y’urupfu rwa Fred Gisa Rwigema, Kigeli yasubije agira ati:

“Ni ukuri hari ibyo twaganiraga na Rwigema n’abandi, Kagame nigeze kumwoherereza umukarani wanjye bajya kuvugana nawe, ariko ntibyatinze, nta bikomeye bindi byabaye, noneho aho tumariye kuvugana nabo tubona isafari yo kuza hano muri Amerika.

Nta bundi twongeye kuvugana, twongeye kuvugana aje inaha ambwira ngo ntahe njye mu Rwanda, ngo banyakira neza… Ariko nawe mwibutsa ko hari Itegeko Nshinga ryabaye , Ababiligi bashyizeho, ryo guca ubwami n’Umwami Kigeli, nkaba rero ntarenga ayo mategeko.

Ndavuga nti kubwanyu, nkawe Kagame n’abandi ntimushobora kubihindura mudafatanyije n’Abanyarwanda. Kugirango nsubire mu gihugu, wenda Abanyarwanda baba bankunze cyangwa batankunze, rero nkwiriye kumenya ko Abanyarwanda bakinyifuza kugirango mbabere Umwami, nsubire no mu gihugu. Ni uko ambwira ko agiye kubyigaho na Leta n’Abanyarwanda akazansubiza.”

Umwami Kigeli yasobanuye byinshi, aza kubazwa iby’uko haba hari uwagenwe wamusimbura aramutse atanze, aha akaba yaragaragaje ko uzamusimbura ahari ariko bimwe abigira ibanga. Yagize ati: “Cyane… Ubuse naba ntabizi njyewe? Ndabizi ariko sinabivuga, sinakubwira ngo ni kanaka. Ni ibanga… Ni wo muco. ”

-4460.jpg

Kugeza ubu nta muntu uragaragazwa nk’uzasimbura Umwami Kigeli V Ndahindurwa, ndetse abagize umuryango we bo mu Rwanda n’abo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ntibaranemeranywa ku bijyanye n’imihango yo kumushyingura, amatariki, aho azashyingurwa n’uko bizakorwa byose ntibirasobanuka.

2016-10-26
Editorial

IZINDI NKURU

Umuyobozi w’akarere ka Rusizi yeguye

Umuyobozi w’akarere ka Rusizi yeguye

Editorial 13 May 2018
Mu kugaragaza kurenga umurongo, urwego rw’ubutasi rw’igisirikare cya Uganda CMI gushimuta no kwicurubozo umunyarwanda ukorera LONI

Mu kugaragaza kurenga umurongo, urwego rw’ubutasi rw’igisirikare cya Uganda CMI gushimuta no kwicurubozo umunyarwanda ukorera LONI

Editorial 06 Jul 2019
Uko Umunyamakuru Phocas Ndayizera,  yavuganaga na Ntamuhanga Cassien ibyo kugaba ibitero mu Rwanda

Uko Umunyamakuru Phocas Ndayizera, yavuganaga na Ntamuhanga Cassien ibyo kugaba ibitero mu Rwanda

Editorial 21 Dec 2018
Uwibye arenga 7.000.000 i Kigali yafatiwe i Nyagatare

Uwibye arenga 7.000.000 i Kigali yafatiwe i Nyagatare

Editorial 30 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yakoreye imyitozo kuri Estádio do Zimpeto izakiniraho na Costa do Sol
IMIKINO

Rayon Sports yakoreye imyitozo kuri Estádio do Zimpeto izakiniraho na Costa do Sol

Editorial 18 Apr 2018
Lydia Ludic yo mu Burundi  iracakirana  na Rayon Sports kuri uyu wa Gatandatu
IMIKINO

Lydia Ludic yo mu Burundi iracakirana na Rayon Sports kuri uyu wa Gatandatu

Editorial 11 Feb 2018
As Kigali igeze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro isezereye Police FC ku bitego 3-2 mu mikino yombi
Amakuru

As Kigali igeze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro isezereye Police FC ku bitego 3-2 mu mikino yombi

Editorial 18 May 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru