• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Uwahoze ari umukunzi wa Kaweesi ashobora gusohorwa mu nzu yari azi ko Museveni yamuguriye

Uganda: Uwahoze ari umukunzi wa Kaweesi ashobora gusohorwa mu nzu yari azi ko Museveni yamuguriye

Ubwanditsi 12 Dec 2017 ITOHOZA

Christine Muhoza Mbabazi wigeze kuba umukunzi wa AIGP Andrew Kaweesi, wari umuvugizi w’Igipolisi cya Uganda wishwe mu ntangiriro z’uyu mwaka, ngo ashobora kwirukanwa mu nzu yatekerezaga ko leta yamuguriye.

Uyu Mbabazi yabonanye na perezida Museveni muri uyu mwaka bagira icyo bavugana ku byabanjirije iyicwa rya Kaweesi muri Werurwe 2017, aho byavugwaga ko uyu mukobwa hari amakuru yari abifiteho.

Icyo gihe nk’uko bitangazwa n’abegereye Mbabazi, ngo perezida Museveni akaba yaranategetse ko bamugurira inzu yo kubamo, aho bivugwa ko urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu (ISO) rwishyuye miliyoni 20 z’amashilingi kuri konti ya nyiri iiyo nzu hagasigara miliyoni 280 bigaragara ko zitishyuwe.

Uyu Mbabazi wari wabanje gufungirwa na ISO muri Lodge iri ahitwa Kabuusu, yaje kwimurirwa muri iyo nzu yari azi ko yaguriwe ahitwa Lungujja, mu nkengero za Kampala.

Nyamara ariko, nyuma igipolisi cyaje kuhamusanga gishaka kumutwara biburizwamo na ISO ari nabwo nk’uko twabibagejejeho mu nkuru zabanje kuri uyu Mbabazi, perezida Museveni yahise yohereza itsinda ry’abasirikare bashinzwe kumurinda ngo bajye kurinda Mbabazi wabaga muri urwo rugo kuva muri Nzeri.

Kuri ubu rero k’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ivuga, abafitanye isano na Mbabazi baravuga ko nyiri iyi nzu abamo ashaka amafaranga bamusigayemo bitaba ibyo Mbabazi agasohorwamo.

Aba bene wabo bakaba bavuga ko Mbabazi ubu afite impungenge z’ahazaza he dore ko ngo amaze amezi menshi asa nk’ufunzwe ntacyo yikorera ndetse ngo akaba ashobora no kubura iyi nzu perezida yamuhaye.

Uyu Mbabazi bizwi ko yari mu rukundo na AIGP Kaweesi nubwo uyu yari afite umugore, yigeze kubwira iki kinyamakuru ko mbere y’uko yicwa, Andrew Kaweesi yari afite ubwoba bw’ubuzima bwe ndetse yifuzaga ko bamusengera nk’uko yajyaga abimubwira.

Kuba yaramaze imyaka myinshi ari umukunzi wa Kaweesi rero niho leta ya Uganda ishingira ivuga ko ashobora kuba abitse amakuru akenewe yatanga umucyo ku mayobera y’urupfu rwa Kaweesi kugeza ubu hataramenyekana mu by’ukuri abamwishe ubwo bamurasaga agiye ku kazi bakamwicana n’umushoferi we n’uwari ushinzwe kumurinda.

2017-12-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abashinyaguzi ntibagira ikiruhuko, Umukobwa wa Nsekarije yakamejeje

Abashinyaguzi ntibagira ikiruhuko, Umukobwa wa Nsekarije yakamejeje

Ubwanditsi 12 Apr 2016
Muri RNC:  Agatsiko ka Rudasingwa  na Gahima kariye karungu gashobora kwirenza Nyamwasa

Muri RNC: Agatsiko ka Rudasingwa na Gahima kariye karungu gashobora kwirenza Nyamwasa

Ubwanditsi 30 Jun 2016
Abasirikari ba Uganda bari mu butumwa bw’amahoro muri Somaliya barashinjwa kwica abaturage

Abasirikari ba Uganda bari mu butumwa bw’amahoro muri Somaliya barashinjwa kwica abaturage

Ubwanditsi 13 Aug 2021
Opposition : Amahoriwacu basize umugani Montreal

Opposition : Amahoriwacu basize umugani Montreal

Ubwanditsi 02 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itsinda ry’abapolisi bo muri Malawi  mu rugendoshuri muri Polisi y’u Rwanda
Mu Mahanga

Itsinda ry’abapolisi bo muri Malawi mu rugendoshuri muri Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 21 Jun 2016
”Nanone kandi, mureke tureke kuba nk’ingunguru zirimo ubusa” -Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

”Nanone kandi, mureke tureke kuba nk’ingunguru zirimo ubusa” -Perezida Kagame

Ubwanditsi 16 May 2019
Rudasingwa ashobora kwirukanwa (deportation) muri  Amerika
ITOHOZA

Rudasingwa ashobora kwirukanwa (deportation) muri Amerika

Ubwanditsi 22 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru