• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Uwahoze ari umukunzi wa Kaweesi ashobora gusohorwa mu nzu yari azi ko Museveni yamuguriye

Uganda: Uwahoze ari umukunzi wa Kaweesi ashobora gusohorwa mu nzu yari azi ko Museveni yamuguriye

Ubwanditsi 12 Dec 2017 ITOHOZA

Christine Muhoza Mbabazi wigeze kuba umukunzi wa AIGP Andrew Kaweesi, wari umuvugizi w’Igipolisi cya Uganda wishwe mu ntangiriro z’uyu mwaka, ngo ashobora kwirukanwa mu nzu yatekerezaga ko leta yamuguriye.

Uyu Mbabazi yabonanye na perezida Museveni muri uyu mwaka bagira icyo bavugana ku byabanjirije iyicwa rya Kaweesi muri Werurwe 2017, aho byavugwaga ko uyu mukobwa hari amakuru yari abifiteho.

Icyo gihe nk’uko bitangazwa n’abegereye Mbabazi, ngo perezida Museveni akaba yaranategetse ko bamugurira inzu yo kubamo, aho bivugwa ko urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu (ISO) rwishyuye miliyoni 20 z’amashilingi kuri konti ya nyiri iiyo nzu hagasigara miliyoni 280 bigaragara ko zitishyuwe.

Uyu Mbabazi wari wabanje gufungirwa na ISO muri Lodge iri ahitwa Kabuusu, yaje kwimurirwa muri iyo nzu yari azi ko yaguriwe ahitwa Lungujja, mu nkengero za Kampala.

Nyamara ariko, nyuma igipolisi cyaje kuhamusanga gishaka kumutwara biburizwamo na ISO ari nabwo nk’uko twabibagejejeho mu nkuru zabanje kuri uyu Mbabazi, perezida Museveni yahise yohereza itsinda ry’abasirikare bashinzwe kumurinda ngo bajye kurinda Mbabazi wabaga muri urwo rugo kuva muri Nzeri.

Kuri ubu rero k’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ivuga, abafitanye isano na Mbabazi baravuga ko nyiri iyi nzu abamo ashaka amafaranga bamusigayemo bitaba ibyo Mbabazi agasohorwamo.

Aba bene wabo bakaba bavuga ko Mbabazi ubu afite impungenge z’ahazaza he dore ko ngo amaze amezi menshi asa nk’ufunzwe ntacyo yikorera ndetse ngo akaba ashobora no kubura iyi nzu perezida yamuhaye.

Uyu Mbabazi bizwi ko yari mu rukundo na AIGP Kaweesi nubwo uyu yari afite umugore, yigeze kubwira iki kinyamakuru ko mbere y’uko yicwa, Andrew Kaweesi yari afite ubwoba bw’ubuzima bwe ndetse yifuzaga ko bamusengera nk’uko yajyaga abimubwira.

Kuba yaramaze imyaka myinshi ari umukunzi wa Kaweesi rero niho leta ya Uganda ishingira ivuga ko ashobora kuba abitse amakuru akenewe yatanga umucyo ku mayobera y’urupfu rwa Kaweesi kugeza ubu hataramenyekana mu by’ukuri abamwishe ubwo bamurasaga agiye ku kazi bakamwicana n’umushoferi we n’uwari ushinzwe kumurinda.

2017-12-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mpayimana Phillippe ushaka kuba Perezida, arapfobya Jenoside

Mpayimana Phillippe ushaka kuba Perezida, arapfobya Jenoside

Ubwanditsi 04 Feb 2017
Ishyamba si ryeru :  Ibitaro bya MedStar mu mujyi wa Washington birishyuza Rudasingwa Theogene  12.000 USD,  yasize atishyuye

Ishyamba si ryeru : Ibitaro bya MedStar mu mujyi wa Washington birishyuza Rudasingwa Theogene 12.000 USD, yasize atishyuye

Ubwanditsi 28 Aug 2016
Maj. Gen. Bayingana wagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira mu Kirere ni muntu ki ?

Maj. Gen. Bayingana wagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira mu Kirere ni muntu ki ?

Ubwanditsi 03 Sep 2019
Burundi : Umunyarwandakazi  Uwimana Florence afungiwe  mu kasho mu Ntara ya Gitega ashinjwa ubutasi

Burundi : Umunyarwandakazi  Uwimana Florence afungiwe  mu kasho mu Ntara ya Gitega ashinjwa ubutasi

Ubwanditsi 10 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umusirikare wa RDC yafatiwe ku butaka bw’u Rwanda
Mu Mahanga

Umusirikare wa RDC yafatiwe ku butaka bw’u Rwanda

Ubwanditsi 27 Feb 2019
Ikipe ya Rayon Sports yaguye miswi na Lydia Ludic 1-1
IMIKINO

Ikipe ya Rayon Sports yaguye miswi na Lydia Ludic 1-1

Ubwanditsi 12 Feb 2018
Abanyapolitiki bagaragaje ko amateka y’u Rwanda aruha kugira demokarasi yihariye
POLITIKI

Abanyapolitiki bagaragaje ko amateka y’u Rwanda aruha kugira demokarasi yihariye

Ubwanditsi 24 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru