• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Itsinda ry’abapolisi bo muri Malawi mu rugendoshuri muri Polisi y’u Rwanda

Itsinda ry’abapolisi bo muri Malawi mu rugendoshuri muri Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 21 Jun 2016 Mu Mahanga

Itsinda ry’abapolisi bakuru bane bavuye mu gihugu cya Malawi bageze mu Rwanda kuri uyu wa mbere mu rugendoshuri rw’iminsi ibiri.

Iryo tsinda riyobowe n’umuyobozi mukuru wungirije ushinzwe ibikorwa muri Polisi ya Malawi, DIGP Jose Rodney, rigizwe kandi n’umuyobozi w’ubugenzacyaha, abashinzwe ubushakashatsi na kominiti polisingi muri Polisi ya Malawi.

Ku wa mbere, bakiriwe n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, Inspector General of Police (IGP) Emmanuel K. Gasana ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru aho baganiriye ku birebana n’urwego Polisi y’u Rwanda igezeho mu kurwanya ibyaha muri iyi myaka 16 imaze ishinzwe, ubufatanye bwayo mpuzamahanga, aho igeze yiyubaka n’ibindi.

DIGP Rodney yashimye umuhate Polisi y’u Rwanda yagize mu kwigisha abanyarwanda bakiva mu bihe bya jenoside kugeza ubwo babaye bamwe mu baturage batekanye kuri iyi si.

Yagize ati:” Mboneyeho umwanya wo gushima Polisi y’u Rwanda ku kazi kanini yakoze mu gihe gito ihangana n’ibibazo by’umutekano maze ihindura u Rwanda intangarugero aho abanyarwanda n’abanyamahanga batewe ishema no kurubamo.”

Yavuze ko iyi ari imwe mu mpamvu zatumye bahitamo u Rwanda nk’ahantu ho kugirira urugendoshuri ngo bavome ku bitekerezo n’ingamba z’akataraboneka mu by’umutekano.

Mu kiganiro yatanze nyuma gato y’inama n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, umuyobozi wa kominiti polisingi muri Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Damas Gatare, yavuze ko Polisi y’u Rwanda yahanganye n’ibibazo bya nyuma ya jenoside byasabaga kuvugurura urwego rw’umutekano.

ACP Gatare yavuze ko bimwe mu byo Polisi y’u Rwanda ishyize imbere harimo guhugura abakozi, gushyiraho ingamba zo gukumira no kurwanya ibyaha, kurwanya ruswa, ubufatanye mpuzamahanga, guteza imbere ihame ry’uburinganire n’ibindi.

Kuva yashingwa , Polisi y’u Rwanda yashyize imbaraga mu bufatanye n’abaturage mu gukumira no kurwanya ibyaha kuko yari imwe mu mirongo ngenderwaho yo kwimakaza ubufatanye, gukorera mu mucyo, kugira ngo ishobore guhangana n’ ibyaha, akaba yagize ati:” Gukorana n’abaturage bakiva mu bihe bya jenoside byari akazi gakomeye kasabaga ubwitange no gukora cyane kugirango tugere ku byagezweho ubu.”

ACP Gatare yongeyeho ati:” Mu myaka 16 ishize, Polisi y’u Rwanda yavuyemo urwego rukomeye kandi rufite ibikoresho n’intumbero yo kuzagera kubyo rwateganyije kugeraho; inzira iracyari ndende ariko bizagerwaho cyane ko Leta ibishyigikiye ndetse n’abaturage bakaba barabigize ibyabo.”

Uruhare rw’ubufatanye n’abaturage

Yakomeje avuga ko abaturage bagize uruhare rugaragara mu myaka ishize yose biciye mu bukangurambaga bahawe no mu kugaragaza ibyaha n’abanyabyaha ndetse n’ikindi cyashoboraga guhungabanya ituze ryabo , bikaba byarabaye ingirakamaro.

Yavuze ko ubufatanye n’abaturage bufite uruhare rukomeye mu kubona umutekano bagizemo uruhare, mu gukemura amakimbirane ndetse no gukumira ibyaha.

Bimwe mu byo Polisi y’u Rwanda yagezeho mu myaka 16 ishize , harimo umubare w’abapolisi wikubye kane, ishyirwaho ry’ikigo gihugura abapolisi cy’icyitegererezo mu karere, amashuri ya Polisi, iterambere ry’uburinganire aho 20 ku ijana muri Polisi yose ari igitsinagore,n’ibindi,..

Ibindi ni ishyirwaho rya za Isange One stop Centers zigeze ubu kuri 27, kuba yarinjiye mu miryango yo mu karere na mpuzamahanga nka Interpol, EAPCCO, IACP.

-3022.jpg

ACP Gatare yarangije agira ati:” Ubufatanye n’inzego zose , izigenga n’iza Leta , amatsinda yo kurwanya ibyaha, urubyiruko rw’abakorerabushake mu kurwanya ibyaha, komite za kominiti polisingi, ikoreshwa ry’itangazamakuru mu bukangurambaga bwo kurwanya ibyaha , kugira umunsi w’imurikabikorwa no gufatanya n’amahanga n’ibindi,.. byagize akamaro kanini mu guhindura u Rwanda igihugu gitekanye.”

RNP

2016-06-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abafana ba Congo batunguranye baririmba ngo  Baba Wetu, Baba Wetu [Muzehe wacu, Muzehe wacu] bivuze ngo Kagame  ‘Muzehe wacu’

Abafana ba Congo batunguranye baririmba ngo Baba Wetu, Baba Wetu [Muzehe wacu, Muzehe wacu] bivuze ngo Kagame ‘Muzehe wacu’

Ubwanditsi 10 Feb 2016
Abasirikari benshi b’Afrika y’Epfo baba barishyize mu maboko ya M23!

Abasirikari benshi b’Afrika y’Epfo baba barishyize mu maboko ya M23!

Ubwanditsi 03 Apr 2024
Perezida Kagame yatangije inama y’Umushyikirano,atangaza aho u Rwanda ruhagaze

Perezida Kagame yatangije inama y’Umushyikirano,atangaza aho u Rwanda ruhagaze

Ubwanditsi 16 Dec 2016
Umutwe wa FPU7 wagiye gusimbura undi muri Haiti

Umutwe wa FPU7 wagiye gusimbura undi muri Haiti

Ubwanditsi 24 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda yatangiye guha ubuhungiro inyeshyamba za FDLR, FLN, RUD-Urunana
INKURU NYAMUKURU

Uganda yatangiye guha ubuhungiro inyeshyamba za FDLR, FLN, RUD-Urunana

Ubwanditsi 25 Dec 2019
Urwa Semukanya Intahanabatatu, Rukara mwene Bishingwe wa Sekidandi umutware w’imitwe y’ingabo Abakemba
Mu Mahanga

Urwa Semukanya Intahanabatatu, Rukara mwene Bishingwe wa Sekidandi umutware w’imitwe y’ingabo Abakemba

Ubwanditsi 11 Aug 2016
Bidasubirwaho Umwami Kigeli azatabarizwa  mu Rwanda
ITOHOZA

Bidasubirwaho Umwami Kigeli azatabarizwa mu Rwanda

Ubwanditsi 04 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru