• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Kagame yatangije inama y’Umushyikirano,atangaza aho u Rwanda ruhagaze

Perezida Kagame yatangije inama y’Umushyikirano,atangaza aho u Rwanda ruhagaze

Ubwanditsi 16 Dec 2016 Mu Mahanga

Umukuru w’Igihugu ati : Nishimiye gutangiza iyi Nama y’Igihugu y’Umushyikirano ibaye ku nshuro ya 14. Mbahaye mwese ikaze abitabiriye iki kiganiro tugirana nk’Igihugu, abari mu Rwanda n’ahandi hirya no hino ku isi.

Nifurije ikaze kandi abashyitsi bacu baturutse mu bindi bihugu, baje kwifatanya natwe.

Nk’uko Itegeko Nshinga ribiteganya, iyi nama iba buri mwaka,bikaba uburyo Leta igaragariza abaturage ibyo igomba kubakorera.

Nishimiye rero kuvuga ko Igihugu cyacu gihagaze neza, gikomeye, kandi gikomeza gutera intambwe nziza.

Ibi turabizi kuko hari ibipimo bibyerekana, kandi n’ibyo twanyuzemo mu myaka birabigaragaza.

Umuryango w’Abibumbye mu gipimo cyawo k’iterambere ry’abantu, werekana ko mu myaka irenga makumyabiri ishize, u Rwanda ari rumwe mu bihugu bifite umuvuduko mwinshi mu iterambere.

Mu mezi make tuzatangira ikindi kiciro cy’urugendo rw’Iguhugu cyacu.

Uyu rero ni umwanya mwiza wo gusubiza amaso inyuma, tukareba inzira twanyuzemo dufatanije, n’indi ikiri imbere.

Ikiciro cya mbere, kimaze imyaka makumyabiri n’ibiri, cyari icyo kugarura umutekano n’ubumwe bw’Igihugu, kumva ko ntacyo dutinya, kandi ko twese turi ben’igihugu.

Iki cyakurikiwe n’iyindi myaka icumi yo guha imbaraga inzego z’Igihugu.Ibi byashimangiye umutekano, ubutabera, n’ikizere.

Twese turabona ejo hazaza heza.

Ni bwo bwa mbere mu buzima bw’iki Gihuguumuturage yumva afite umigabane mu Gihugu ke, aho kumva ko ahigwa, atotezwa, cyangwa avutswa ubuzima.

Ibipimo mpuzamahanga bitandukanye bigaragaza ko Abanyarwanda barenga 90% bavuga ko bafitiye ikizere polisi n’ingabo by’igihugu ku kigero cya 95%.

Ibi n’ibintu bikomeye tudakwiye na rimwe kwirengagiza.

Ikindi kiciro ni icyo mu myaka ya vuba. Cyari icyo kubaka ibikenewe kugira ngo ubukungu bwacu tubuhuze n’ubw’ahandi ku isi, kandi duhe Abanyarwanda ubushobozi bwo gukora bidasanzwe kugira ngo bashobore gupiganwa ku rwego mpuzamahanga.

Iki kiciro cyari ngombwa, kugira ngo dushobore kubaka umusingi w’ubukungu bwacu. Ubukungu burahenda. Ni yo mpamvu twashyize imbaraga nyinshi mu gutegura ejo heza dushaka.

Nk’uko twatangiye kubibona muri uyu mwaka, imbuto twabibye zitangiye kwera.

Ubu ubukerarugendo nibwo bwa mbere mu kwinjiza amadovize.

Twatanga ingero. URwanda rwakiriye inama mpuzamahanga zikomeye, kandi zafatiwemo ibyemezo bigamije gutunganya isi, ikarushaho kuba nziza.

Ibi byashobotse kubera impamvu ebyiri.

Iya mbere ni uko dufite ahantu inama nk’izo zishobora kubera.

Iya kabiri, kandi na yo y’ingenzi, ni uko u Rwanda rusangiyegahunda nziza n’ibindi bihugu, nko kubungabunga ibidukikije.

Igihe izi nama zabaga, Abanyarwanda benshi babonye akazi, n’ibihumbi by’abashyitsi byibonera umwihariko w’Igihugu cyacu. Ibi akaba ari ibyo kwishimira kuko twese tubifitemo uruhare.

Ibi ntibivuze ko hatakiri Abanyarwanda bataragera ku buzima bifuza.

Reka ngire icyo mbivugaho nshingiye ku mwihariko w’ibyo twanyuzemo.

Mu mwaka wi 2001, Abanyarwanda bane ku icumi bari mu bukene bukabije. Uyu munsi uwo mubare ni umuntu umwe mu bantu icumi.

Ikindi, nk’uko Banki y’Isi ibihamya, u Rwanda ni urwa kabiri muri Afurika mu korohereza ishoramari mu gihugu.

Hambere twashakishaga imibereho. Ubu turashaka ubukire.

Ndagira ngo nshimire Abanyarwanda bose kubera ikizere batugiriye no kwihangana, cyane cyane ko ibyo dukora byose bidahita bitanga akazi, cyangwa ngo bigabanye ibiciro.

Icyo dukwiye kwitaho mu minsi iri imbere ni ukubakira ku byo twagezeho kugira ngo twongere ubukungu bwacu. Ibi ni byo bizatuma Abanyarwanda babona imirimo kandi imirimo myiza.

Irindi somo twavana muri uru rugendo tumazemo iminsi ni uko ibyo dukora byose bishingira ku byabanje.

Ubukungu twifuza bushingira ku bikorwa by’igihe kirekire Leta iba yarakoze, na byo biba bishingiye ku nzego zihamye kandi abaturage bafitiye ikizere. Ibi byose ntibyashoboka tudafite umutekano n’ubumwe.

Uko dutera intambwe ni ko tugomba guhora tubumbatira ibyo twagezeho, n’ubwo abazadukomaho bo bazabibona nk’ibisanzwe.

Dusubije amaso inyuma, ibibazo twahuye na byo bitubera isomo rituma turushaho gukora neza. Ibi bikaba ishingiro ry’ikizere ko imbere ari heza.

Icyo nakongeraho ni uko politike yacu ireba twebwe Abanyarwanda, n’inyungu zacu.

Iri ni ihame tugomba guharanira kuko ari ryo rizatuma dukora ibyo twemera kandi bidufitiye akamaro. Ni nayo mpamvu tugomba guhora dukorera abaturage ibyo bakwiriye.

Akenshi inzitizi duhura nazo ni iziduturukamo. Aha ndavuga kudamarara, tugakora ibitworoheye, tukibagirwa ko ibi byose bifite ingaruka.

Dukwiye rero guhangana n’ibibazo nta kujenjeka, duhereye mu mizi ya byo.

Urugero ni ibyo tumaze iminsi tuvuga: guhora duteze amaso abadutera inkunga ngo tugere ku bikorwa bidufitiye inyungu.

Ibyo twakoze byose byatugiriye akamaro. Tugomba guhora twumva ko ari ibyacu. Ni ko gaciro kacu.

Ni nayo mpamvu muri uyu Mushyikirano, dukwiye gufata umwanzuro w’igihe ntarengwa u Rwanda ruzaba rutagitegera abandi amaboko.

Ndashimira abafatanyabikorwa n’inshuti zacu. Icyo twifuza ni ugukorana neza n’abo dufatanyije muri uru rugendo, akenshi tugashingira kubitekerezo n’amikoro byacu bwite.

Aho tugeze nta gushidikanya ko dukoranye umurava, ibi twabigeraho.

Imigambi nk’iyi ni yo ituma tuba abo twifuza kuba. Agaciro, nk’uko dukunze kubivuga, ntabwo ari ubukire, ahubwo ni ukwiyubaha no kumva ko twebwe ubwacu twakwikorera ibyo dushaka.

Intego yacu ni Ubumwe, Umurimo no Gukunda Igihugu. Mu matora tugiye kujyamo, dukwiye kongera kwibukiranya icyo gukunda Igihugu bitubwira twebwe Abanyarwanda.

Urukundo dufitiye Igihugu rugomba kugaragara no mu bagituye. Ni nayo mpamvu iyo dutora abayobozi tukanababaza ibyo bagomba kudukorera, tubikorana ikizere. Nyamara mu mahanga, bikunze kugaragara ko icyo bita demokarasi gihinduka amacakubiri n’umwiryane. Kandi si ko bikwiye kuba.

Ibyo twanyuzemo byose, n’uburyo twagiye dukemura ibibazo twahuye nabyo, bitwereka ko dufite ubushobozi bwo gukomeza gutera imbere. Ni nabyo dukwiye kwibandaho muri iyi iminsi ibiri.

Nonggeye kubashimira kandi mbifuriza inama nziza. Ndanabasaba ko muzakorana umurava mu gushyira mu bikorwa imyanzuro izavamo.

-5067.jpg

-5066.jpg

-5065.jpg

-5059.jpg

-5058.jpg

-5069.jpg

-5068.jpg

2016-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyagatare: Umuntu yarakubiswe arapfa undi atemwa ugutwi gucikaho

Nyagatare: Umuntu yarakubiswe arapfa undi atemwa ugutwi gucikaho

Ubwanditsi 04 Jan 2016
Prof. Dr Rwigamba Balinda yamuritse agatabo “UMUKRISTO W’UKURI”

Prof. Dr Rwigamba Balinda yamuritse agatabo “UMUKRISTO W’UKURI”

Ubwanditsi 15 Dec 2016
RDC: Abakuru B’ibihugu 3 Mu Kugerageza Gushakira Moise Katumbi Inzira Imusubiza Mu Gihugu Cye

RDC: Abakuru B’ibihugu 3 Mu Kugerageza Gushakira Moise Katumbi Inzira Imusubiza Mu Gihugu Cye

Ubwanditsi 06 Aug 2018
Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Ubwanditsi 02 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amateka y’ u Rwanda ntiyari gutuma rukomeza kurebera abaturage ba Mozambike bicwa, nk’uko amahanga yarebereye Jenoside yakorewe Abatutsi.
Amakuru

Amateka y’ u Rwanda ntiyari gutuma rukomeza kurebera abaturage ba Mozambike bicwa, nk’uko amahanga yarebereye Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwanditsi 15 Jul 2021
Teta Diana yageze i Dakar aho agiye gususurutsa abazitabira ‘Next Einstein Forum, NEF’
IMIKINO

Teta Diana yageze i Dakar aho agiye gususurutsa abazitabira ‘Next Einstein Forum, NEF’

Ubwanditsi 08 Mar 2016
Mu RWANDA: Urukiko rwategetse ko Dr Mukankomeje  amanurwa muri gereza agafungwa iminsi 30 y’agateganyo
Mu Mahanga

Mu RWANDA: Urukiko rwategetse ko Dr Mukankomeje amanurwa muri gereza agafungwa iminsi 30 y’agateganyo

Ubwanditsi 01 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru