• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Batatu bafungiye kunyereza imisoro ingana na miliyari y’amanyarwanda

Batatu bafungiye kunyereza imisoro ingana na miliyari y’amanyarwanda

Ubwanditsi 05 Nov 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda ejo yerekanye abagabo batatu bafashwe bakurikiranyweho kugerageza kunyereza imisoro ingana na miliyari imwe y’amafaranga y’u Rwanda.

Abakekwa bakurikiranyweho gukoresha icyuma gitanga inyemezabuguzi (Electronic Billing Machine/EBM) muri kompanyi za baringa , aho nyuma bajyaga kwaka amafaranga mu kigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro ku byagurishijwe nta nyungu kuko barabitangiye umusoro ku nyungu.

Abafashwe ni Cyliaque Muyango, Jean Claude Rugwizangoga na Ribonande Abdul banakurikiranyweho kugurisha inyemezabuguzi ku bandi bacuruzi nta kintu babagurishije; ibi byose babinyujije muri kompanyi za baringa bishyiriyeho zitwa Reason Trading Company, Beyi Layisi Company na Quality Business Company.

Emmy Mbera ushinzwe imikoreshereze ya EBM yagize ati:” Umwaka wose ushize nta kintu bacuruje cyangwa baguze, ahubwo imashini yabo igaragaza ko barundanyije imisoro,..bakaba hari inzira nyinshi bakoreshejemo izi nyemezabuguzi zitemewe, iperereza ryagaragaje ko babikorera hamwe.”

Amafaranga yatswe na Union Trading yageraga kuri miliyoni 145, Quality Business yatse miliyoni 390 naho Bayi Layisi yaka miliyoni 210. Nanone Bayi Layisi yari ishigaje kwaka miliyoni 39 mu mpapuro zayo, Quality Business isigaje 152 mu gihe Reason Trading yasabaga kugarurirwa imisoro ingana na miliyoni 76.

Aha Mbera yagize ati:”Ku bantu 12,000 bakoresha EBM, 25 bonyine nibo bagaragaweho ubu bujura ariko muri bo, 10 bamaze gutabwa muri yombi , tukaba tugikorana na Polisi ngo nabandi basigaye bafatwe.”

Avugana n’itangazamakuru, umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Superintendent of Police (SP) Emmanuel Hitayezu yashimye abafatanyabikorwa bose barimo Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro(RRA) n’abandi muri rusange ku ruhare bagize mu ifatwa ry’aba bantu.

SP Hitayezu yagize ati:” Ibi bibere urugero abacuruzi bose bafite imigambi yo gukora amakosa nk’aya. Biratinda bagafatwa kandi bagashyikirizwa ubutabera.”

Yavuze ko ibikorwa nk’ibi bidindiza gahunda yo guteza imbere igihugu maze asaba abacuruza bose kwitandukanya n’ibikorwa bidindiza ubukungu bw’igihugu.

-4597.jpg

Baramuka bahamwe n’icyaha, aba bagabo bazahanishwa igifungo gihera ku myaka ibiri n’amande angana n’umusoro wanyerejwe nk’uko bitegenywa n’ingingo ya 369 mu gitabo cy’amategeko ahana.

RNP

2016-11-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyirabayazana w’Inkongi y’Umuriro muri  Gereza 1930 yamenyekanye

Nyirabayazana w’Inkongi y’Umuriro muri Gereza 1930 yamenyekanye

Ubwanditsi 27 Dec 2016
Thomas Nahimana aravuga intambara ngo yibonere amaronko kuko azi neza icyo yabyariye Rusesabagina

Thomas Nahimana aravuga intambara ngo yibonere amaronko kuko azi neza icyo yabyariye Rusesabagina

Ubwanditsi 04 Nov 2021
Rutahizamu wa Manchester City yo mu Bwongereza Sergio Kun Aguero yabwiwe ko atazagumana n’iyi kipe nyuma yaho amasezerano ye azaba arangiye mu mpera z’uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021

Rutahizamu wa Manchester City yo mu Bwongereza Sergio Kun Aguero yabwiwe ko atazagumana n’iyi kipe nyuma yaho amasezerano ye azaba arangiye mu mpera z’uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021

Ubwanditsi 30 Mar 2021
Mu gihe cy’ibiruhuko by’abanyeshuri, Polisi y’u Rwanda iributsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko y’umuhanda

Mu gihe cy’ibiruhuko by’abanyeshuri, Polisi y’u Rwanda iributsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko y’umuhanda

Ubwanditsi 27 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Depite Mukayisenga Françoise yitabye Imana aguye mu bitaro bya Gisirikare i Kanombe
HIRYA NO HINO

Depite Mukayisenga Françoise yitabye Imana aguye mu bitaro bya Gisirikare i Kanombe

Ubwanditsi 12 Jun 2017
Mu mikino y’igikombe cy’Intwari 2024, APR FC yasezereye Musanze FC, Police isezerera Rayon Sports
Amakuru

Mu mikino y’igikombe cy’Intwari 2024, APR FC yasezereye Musanze FC, Police isezerera Rayon Sports

Ubwanditsi 28 Jan 2024
Aho twasohokeye ni ho twinjiriye muri Nyagatare, Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa I Kayonza “Chairman wa FPR INKOTANYI”
Amakuru

Aho twasohokeye ni ho twinjiriye muri Nyagatare, Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa I Kayonza “Chairman wa FPR INKOTANYI”

Ubwanditsi 07 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru