• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Haburijwemo umugambi wo kugera ku nyandiko za Mitterand zivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Haburijwemo umugambi wo kugera ku nyandiko za Mitterand zivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 15 Sep 2017 ITOHOZA

Abarinda Itegeko Nshinga ry’u Bufaransa bafashe umwanzuro wo kwima uburenganzira umushakashatsi François Graner washaka kwinjira mu ishyinguranyandiko ry’uwahoze ari Perezida w’u Bufaransa, François Mitterand, mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Umushakashatsi Graner uyobora ikigo cy’ubushakashatsi, CNRS, yatanze ikirego nyuma yo kwangirwa kugera mu ishyinguranyandiko rya Mitterand hagendewe ku mategeko agenga ubushyinguro bw’inyandiko z’abayobozi bakuru. Izo nyandiko za Mitterand zicungwa n’uwahoze ari Minisitiri witwa Dominique Bertinotti.

Nk’uko tubikesha Jeune Afrique, abarinda Itegeko Nshinga bafashe icyo cyemezo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 15 Nzeri 2017, bagaragaza ko kutemerera Graner kwinjira muri izo nyandiko ntaho binyuranye n’Itegeko Nshinga.

Basobanura ko mu kurinda inyandiko z’abayobozi bakuru, ubishinzwe ashobora kugira izo yagira ababikeneye kuzigeraho mu gihe zishobora kuba zifite amakuru y’ibanga y’ubutegetsi. Ibyo bigakorwa mu nyungu rusange.

Icyemezo cyasobanuye ko uwo mwihariko ku kugera ku nyandiko za Perezida wa Repubulika, Minisitiri w’Intebe, n’abandi bagize Guverinoma ntaho binabangamiye ubwisanzure mu itumanaho.

Muri Mata 2015, u Bufaransa bwatangaje ko bugiye gushyira ahagaragara inyandiko zerekana ibikorwa byabwo na Guverinoma y’u Rwanda hagati ya 1990 na 1995, nyamara si ko byagenze kuko zose atari ko zafunguriwe amaso ya rubanda.

U Rwanda ntirusiba kugaragaza ko u Bufaransa bwagize uruhare mu gutera inkunga Guverinoma yariho muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko bwo bubitera utwatsi. Nyamara kuba hari inyandiko butemera ko zijya ahabano ababikurikiranira hafi bakabibonamo inzira yo guhisha uruhare rwabwo muri Jenoside.

Umushakashatsi Graner wanditse ibitabo byinshi ku Rwanda anakorana bya hafi n’umuryango “Survie” uharanira impinduka za politiki y’u Bufaransa kuri Afurika.

Uretse izo nyandiko, umubano w’u Bufaransa n’u Rwanda urimo agatotsi kuko rubushinja gukingira ikibaba abagize uruhare muri Jenoside, aho kubafata ngo bubohereze mu Rwanda cyangwa ngo bubaburanishe, dore ko Jenoside ari icyaha mpuzamahanga.

-7970.jpg

Uwahoze ari Perezida w’u Bufaransa, François Mitterand

2017-09-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Museveni agerageza guhungabanya umutekano w’u Rwanda akoresheje abo yita impunzi

Uko Museveni agerageza guhungabanya umutekano w’u Rwanda akoresheje abo yita impunzi

Ubwanditsi 05 Sep 2018
Umuryango wa Rwigara uri mu maboko ya Polisi ukurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo kugambanira Igihugu

Umuryango wa Rwigara uri mu maboko ya Polisi ukurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo kugambanira Igihugu

Ubwanditsi 24 Sep 2017
Uganda : Daily Monitor muri Propaganda  zo guharabika u Rwanda mu nyungu za Museveni

Uganda : Daily Monitor muri Propaganda zo guharabika u Rwanda mu nyungu za Museveni

Ubwanditsi 14 Apr 2019
U Bufaransa: Bagiye kumara iminsi 3 mu cyunamo cya 84 bishwe n’umwiyahuzi

U Bufaransa: Bagiye kumara iminsi 3 mu cyunamo cya 84 bishwe n’umwiyahuzi

Ubwanditsi 15 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwanda- Uganda : Ukwikuza kwa Perezida Museveni  [ Igice 2]
POLITIKI

Rwanda- Uganda : Ukwikuza kwa Perezida Museveni [ Igice 2]

Ubwanditsi 23 May 2019
KNC witegura kumurikira Album mu gitaramo yatumiyemo ChakaChaka yashyize hanze indirimbo 3 icyarimwe
SHOWBIZ

KNC witegura kumurikira Album mu gitaramo yatumiyemo ChakaChaka yashyize hanze indirimbo 3 icyarimwe

Ubwanditsi 14 May 2018
Umudepite wa Uganda aramagana uburyo igihugu cye kiri kuzambya umubano mu karere kose
ITOHOZA

Umudepite wa Uganda aramagana uburyo igihugu cye kiri kuzambya umubano mu karere kose

Ubwanditsi 28 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru