• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda : Daily Monitor muri Propaganda zo guharabika u Rwanda mu nyungu za Museveni

Uganda : Daily Monitor muri Propaganda zo guharabika u Rwanda mu nyungu za Museveni

Ubwanditsi 14 Apr 2019 ITOHOZA

Nyuma y’igihe itangazamakuru ryegamiye kuri leta muri Uganda ritangaza inkuru zishimagiza abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, ubu ryatangije icengezamatwara rishya rigamije guharabika Abanyarwanda ko babayeho mu buzima bugoye.

Muri Werurwe 2019, ibinyamakuru bikomeye muri Uganda birimo New Vision, NTV na The East African byasabwe n’Urwego rushinzwe Ubutasi mu Gisirikare cya Uganda, CMI n’Umutwe wa RNC gutangaza inkuru zigaragaza neza Rujugiro Ayabatwa Tribert.

Leta ya Uganda yabyifashishije mu kugaragaza ko Rujugiro ari umuntu w’ingirakamaro mu gihe u Rwanda rudahwema kugaragaza ko uyu mushoramari atera inkunga imitwe y’iterabwoba igamije guhungabanya umutekano warwo.

Guverinoma ya Uganda yashyize imbaraga nyinshi mu kunyuza icengezamatwara ryayo mu itangazamakuru, igamije kugoreka ukuri kw’icyahungabanyije umubano wayo n’u Rwanda.

Virunga Post dukesha inkuru yanditse ko Daily Monitor, na yo iri mu binyamakuru bitiza umurindi icengezamatwara rya Museveni, yatangiye kwibanda ku nkuru zivuga ku Rwanda.

Urugero rwa bugufi ni inkuru yo ku wa 10 Mata 2019, yasohotse muri Daily Monitor ivuga ko “Abanyarwanda barindwi barashaka ubuhungiro muri Uganda.’’

Inkuru ya Virunga Post ivuga ko ibyanditswe bigamije kugaragaza ko ‘u Rwanda ruri kuba ahantu hagoye ho kuba’ nyuma y’ifungwa ry’imipaka ya Uganda.

Umwanditsi agaragaza ko urwego rw’ikinyamakuru nka Daily Monitor kidakwiye gutangaza inkuru nk’iyo, idafitiwe gihamya.

Abanyarwanda barindwi bashinjwa gushaka ubuhungiro muri Uganda barimo Uwayisenga Sudi, umugore we Mukeshimana Eugenia n’abana babo batatu, Enock Kwizera na Nkurikiyimana Sumayili.

Muri iyo nkuru, Daily Monitor yavugishije Umuyobozi w’Ishami rya Croix Rouge i Kabale, Ayebazibwe Christine, wayibwiye ko Abanyarwanda bageze ku biro byayo ku wa 3 Mata 2019, bavuga ko “bahunze imibereho ikomeye mu Rwanda.’’

Ayebazibwe ngo yongeyeho ko yavuganye n’abayobozi b’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR), ‘batanze uburyo bwo gutwara abashakaga ubuhungiro berekeza mu Nkambi ya Nakivale’.

Abashinzwe kugenzura inyandiko z’abinjira n’abasohoka mu gihugu, bagaragaza ko abo Banyarwanda babaga muri Uganda.

Inyandiko zo ku mupaka w’u Rwanda zigaragaza ko Sudi Uwayisenga yagiye muri Uganda byemewe n’amategeko ku wa 12 Mutarama 2018; umugore we Mukeshimana n’abana babo bahamusanga ku wa 25 Nyakanga 2018. Nkurikiyimana we yagiye muri Uganda ku wa 28 Ukuboza 2018.

Ababikurikiranira hafi bagaragaza ko Daily Monitor mu kwandika inkuru yayo yabonye ayo makuru ndetse n’ibyangombwa byabo bigaragaza ko binjiye mu gihugu bizwi.

Bavuga ko ibyatangajwe binyuranyije n’ibivugwa mu nkuru ko binjiye muri Uganda banyuze mu nzira zitemewe.

Monitor inakomeza gukwirakwiza ibihuha ko u Rwanda rwafunze imipaka yarwo mu gihe umupaka wa Gatuna ufunzwe by’igihe gito ku makamyo manini naho uwa Kagitumba, Mirama Hills yo ifunguye.

Yakomeje avuga ko iyo nkuru yari ifite intego yo kugaragaza ko ifungwa ry’imipaka ngo ryahombeje u Rwanda n’Abanyarwanda kurusha abandi bose.

U Rwanda ntirwahwemye kugaragariza Uganda ibihamya bifatika ku iyicarubozo rikorerwa Abanyarwanda batemberera muri iki gihugu bigizwemo uruhare na CMI.

Ambasade y’u Rwanda muri Uganda yandikiye abayobozi b’iki gihugu inshuro nyinshi, yamagana ihohoterwa rikorerwa Abanyarwanda.

Kuva mu myaka ibiri ishize, Abanyarwanda benshi batawe muri yombi, bafungirwa ahantu hatazwi ariko nta n’umwe wigeze agezwa mu butabera ngo akurikiranwe.

Abasesenguzi bongeraho ko ubundi buryo Uganda iri gukoresha mu kuzambya umubano wayo n’u Rwanda ari ugutera ingabo mu bitugu imitwe ya RNC na FDLR, igizwe n’abatifuriza ineza igihugu cyabibarutse.

Benshi muri bo bavuga ko Uganda ikomeje gukoresha icengezamatwara rigamije guhisha ukuri.

Umwe yavuze ko “Mwitege ko bazahimba inkuru nyinshi zivuga ku mubabaro Abanyarwanda bafite.’’

Uganda bivugwa ko yakiriye impunzi z’Abanyarwanda, irakemangwa na raporo mpuzamahanga ku buryo ikemura ibibazo byazo.

Raporo ya UNHCR yatangajwe ku wa 30 Ugushyingo 2018 igaragaza ko Guverinoma ya Uganda ibinyujije mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, yakoresheje uburyo bwa magendu muri gahunda z’impunzi.

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatanze imibare y’impunzi zitari mu nkambi ishaka guhabwa amafaranga y’inyongera ava muri Loni.

Umwanditsi w’inkuru ya Virunga Post yavuze ko ibitangarizwa muri Uganda bigamije gutanga imibare mihimbano y’impunzi z’Abanyarwanda, no guharabika u Rwanda ko abarutuye bari guhunga.

Inkuru ye ivuga ko Abanyarwanda barindwi batanzweho urugero bategetswe kuvuga nabi u Rwanda bashimangira ko ‘nta byo kurya bihagije rufite’ cyangwa bagafungwa n’abashinzwe umutekano muri Uganda nkuko babigize akamenyero.

Nyuma yo gutegekwa kuvuga ko ari impunzi, bajyanywe i Nakivale, hagamijwe kongera umubare shusho w’impunzi ziri mu nkambi za Uganda.

Abasesenguzi bashimangira ko The Monitor yo yishimiye kwandika inkuru ku Rwanda, itanabanje kugenzura ishingiro ry’ibiyikubiyemo.

2019-04-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Aba FDLR baba bayoboye u Burundi cyangwa ni abacancuro

Aba FDLR baba bayoboye u Burundi cyangwa ni abacancuro

Ubwanditsi 15 Sep 2019
Bishop Rugagi yavuze ku by’uko yaba akorana na Satani ku mbaraga yahashye muri Nigeria

Bishop Rugagi yavuze ku by’uko yaba akorana na Satani ku mbaraga yahashye muri Nigeria

Ubwanditsi 26 Sep 2017
“ Udashinga ntabyina” MPAYIMANA, NAHIMANA na HABINEZA kuyobora u Rwanda – twisekere !!!!

“ Udashinga ntabyina” MPAYIMANA, NAHIMANA na HABINEZA kuyobora u Rwanda – twisekere !!!!

Ubwanditsi 14 Feb 2017
Ni iki gituma amashyaka ya Opposition akomeje gucikamo ibice : Ubusambo, Ubuswa bwinshi, Ubusambanyi  n’Inda nini.

Ni iki gituma amashyaka ya Opposition akomeje gucikamo ibice : Ubusambo, Ubuswa bwinshi, Ubusambanyi n’Inda nini.

Ubwanditsi 14 Sep 2016

Igitekerezo kimwe

  1. yewe
    April 16, 20195:36 am -

    yewe nubwo abanyarwanda twahahiragayo sha na uganda ifite abaturage benshi babayeho mubuzima bugoye nawe nabonye iyo zakiboga umuntu ufite umuryango akararana nabana mukumba kamww kndi mukazu kibyatsi benshi babayeho nabi

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Besigye abona umubano w’u Rwanda na Uganda muri iki gihe
INKURU NYAMUKURU

Uko Besigye abona umubano w’u Rwanda na Uganda muri iki gihe

Ubwanditsi 06 Mar 2019
Amakipe 78 aturutse hirya no hino ku isi agiye guhurira mu karere ka Rubavu muri IFVB Beach Volleyball 2-star World Tour tournament.
Amakuru

Amakipe 78 aturutse hirya no hino ku isi agiye guhurira mu karere ka Rubavu muri IFVB Beach Volleyball 2-star World Tour tournament.

Ubwanditsi 09 Jun 2021
Rayon Sports FC yatumiye ikipe ya Kenya Police FC mu rwego rwo kurushaho gukomeza kwitegura neza imikino ya shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

Rayon Sports FC yatumiye ikipe ya Kenya Police FC mu rwego rwo kurushaho gukomeza kwitegura neza imikino ya shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 24 Aug 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru