• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police FC yasezereye Rayon Sports igera ku mukino wa nyuma wa Super Cup 2026 isanzeyo Kiyovu SC yo yasezereye Mukura VS   |   28 Aug 2026

  • U Rwanda rwabonye inguzanyo ya miliyari 280 Frw yo kuzamura ibikorwaremezo   |   26 Aug 2026

  • Volleyball: Mu mikino y’igikombe cy’Afurika mu Bagore iri kubera muri Kenya, U Rwanda rwandagaje Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC)   |   26 Aug 2026

  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Sebarundi yabaye Semuhanuka arota atumaho abashatse guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza Pierre   |   24 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Rwanda- Uganda : Ukwikuza kwa Perezida Museveni [ Igice 2]

Rwanda- Uganda : Ukwikuza kwa Perezida Museveni [ Igice 2]

Ubwanditsi 23 May 2019 POLITIKI

Iyi ni impamvu muzi yazanye agatotsi mu mubano w’u Rwanda na Uganda kuva mu 1994, ubwo FPR Inkotanyi yabohoraga igihugu.

Ukwikuza ni uburyo bwo kwiyumva nk’umuntu uri hejuru y’abandi, ukibona nk’ubasumba ndetse ukabagaragariza ko bari hasi y’ibirenge byawe.

Iki ni igisobanuro cyiza cy’imico n’imyitwarire ya Perezida Museveni ku bamubanjirije, abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe, abayobozi bagenzi be mu Karere ndetse by’umwihariko ubuyobozi bw’u Rwanda n’u Rwanda nk’igihugu gifite ubusugire.

A. Ukwikuza kwa Museveni mu gihugu cye

Uganda ni Gomborora

Ubwo Ishyaka rya NRM ryari riyobowe na Museveni ryafataga ubutegetsi mu 1986, yagereranyije kuyobora Uganda no kuba Umuyobozi w’akarere. Yavuze ko Uganda ari nto cyane kuri we.

Museveni yakunze kugaragaza inyota y’ukwihuza kwa Afurika n’uk’Umuryango wa Afurika y’Uburazirazuba.

Mu by’ukuri, yatorewe kuyobora igikorwa cy’ukwihuza kwa EAC mu bijyanye na Politiki ariko kuri we, yaba ukwihuza kwa EAC na Afurika, kwagerwaho mu gihe yaba ariwe uyoboye.

Yatesheje agaciro abamubanjirije

Perezida Museveni ubwe yigeze yumvikana agereranya abamubanjirije n’ingurube.

Iri tungo ubusanzwe ryitirirwa umuntu w’umunyamafuti, uhora yivuruguta mu bibi. Perezida rukumbi, Uganda yagize ni Museveni, abandi bose ni ingurube.

Impamvu ze zo kugundira ubutegetsi

Abantu bashaka igisobanuro ku mpamvu Museveni yagundiriye ubutegetsi, igisubizo gihishe muri wa muco we wo kwikunda.

Mu gitabo cye yise “What is Africa’s Problem?” bishatse kuvuga ngo “Ni ibihe bibazo Afurika ifite?’’; Museveni ubwe yagaragaje ko ikibazo gikomeye cyazahaje umugabane ari “Abayobozi ba Afurika batinda ku butegetsi.’’

Manda ye ya gatandatu izarangira mu 2021, icyo gihe azaba yujuje imyaka 35 ari ku butegetsi. Urebye ni ½ cy’imyaka abaperezida bose ba Uganda bayiyoboye.

Museveni yamaze kwigaragaza nk’umukandida rukumbi uzahagararira Ishyaka rya NRM mu matora yo mu 2021. Impamvu ze zituma aguma ku butegetsi zihishura neza igisobanuro cya ya kamere yo kwikuza cyane.

Yakunze kumvikana avuga ko atarasoza intego ye yo kuyobora Uganda yatumye ajya mu ishyamba ndetse ko nta wundi yaha ubutegetsi.

Museveni ubwe yivugiye ko ari we rukumbi ufite icyerekezo. Abandi Banya-Uganda ntibafite icyo cyerekezo.

Mu nama yahuje Umuryango w’amashanyaka ugamije ibiganiro (IPOD) yitabiriwe n’abayobozi b’imitwe ya politiki muri Uganda ku wa 12 Ukuboza 2018, abari mu atavuga rumwe n’ubutegetsi bamusabye kubuhererekanya mu mahoro.

Museveni yababwiye ko adateganya kuva ku butegetsi ndetse ko badakwiye kwivuna batekereza ko azabutanga.

Yababwiye ko atazatekereza gutanga ubutegetsi kugeza anyuzwe n’iterambere n’umutekano Afurika izaba yagezeho.

“Nimba ngifite imbaraga, nzakomeza. Ni uko mbona ibintu. Sinzahagarika mu gihe ibibazo byari bigiye gutura Afurika mu manga bitarakemuka. Mwe muravuga ibintu bito, amatora. Murashaka gutora abazakora iki mu by’ukuri? Icyo mugomba kugisubiza. Nta zindi nyungu mfite muri politiki kuko ubusanzwe ndi umworozi.’’

Nta muyobozi utavuga rumwe n’ubutegetsi cyangwa undi muturage wa Uganda ufite ubushobozi bwo gusimbura Museveni. Afite icyerekezo kuri Uganda na Afurika, ubushobozi budafitwe n’undi uwo ariwe wese.

Afata abaturage nk’abana n’abuzukuru

Museveni afata abaturage ba Uganda nk’abana n’abuzukuru be. Mu mico yose by’umwihariko muri Afurika, abana n’abuzukuru bagomba gutega amatwi no kumva amategeko y’ababyeyi na ba sekuru kandi bakayakurikiza.

Abanya-Uganda bose ni abantu baciriritse. Baracyari bato ku buryo batakwicara ku ntebe y’ubutegetsi muri Uganda.

Museveni nka Sabalwanyi

Museveni yihaye icyubahiro yiyita Sabalwanyi, ijambo ryo mu Kigande risobanura ‘Indwanyi kabuhariwe.’

Yafashe ubutegetsi binyuze mu rugamba rw’amasasu ndetse azi ko iyo nzira ariyo izakoreshwa ngo abuveho. Azi neza ko nta wamukura ku butegetsi mu nzira y’amatora.

B. Ukwikakaza kwa Museveni ku rwego rw’umugabane

Perezida Museveni yiyumva nk’uwoherejwe gucungura Uganda n’abayituye, akagera n’aho yizera ko azacungura Afurika n’Abanyafurika muri rusange.

“Niko mbyumva ko ntazegura mu gihe ibibazo byari bigiye gutura Afurika mu manga bitarakemuka.’’

Museveni yizera ko Afurika yababajwe cyane mu gihe cy’ubukoloni ndetse abaperezida bose bananiwe gukemura ikibazo cy’Abanyafurika.

Ni we wenyine ufite ubushake n’ubushobozi bwo kugarurira Abanyafurika agaciro n’ubusugire. Niyo mpamvu atanga amasomo n’inyigisho zigoramye ku bijyanye n’umuco wo gukunda Afurika no guharanira ubwigenge, agaciro n’iterambere by’umugabane.

Museveni ntanaha agaciro Abanyafurika baharaniye ubwigenge bwa Afurika, abitangiye ubumwe bwayo binyuze mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe (OAU) waje guhinduka Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika (AU) ndetse n’abarwanyije ivanguraruhu “Apartheid” muri Afurika y’Epfo.

Nyuma y’imyaka 35 aracyakeneye indi myinshi ngo akure Abanyafurika mu bukene n’umutekano muke.

C. Ukwishyira hejuru kwa Museveni n’u Rwanda

Ukwishyira hejuru kwa Museveni kwakomeje kwigaragaza cyane ku gihugu bari inshuti kandi cy’abavandimwe b’abaturanyi cy’u Rwanda. Byagejeje ku makimbirane yavuyemo intambara ya Kisangani muri RDC, yazamuye umwuka mubi n’ukwishishanya hagati y’ibihugu byombi.

Mu gushaka kwimakaza ubutegetsi bwe no kwigarurira akarere ndetse n’umugabane muri rusange, yabonye u Rwanda nk’igihugu cyo gutangiriraho. Ingabo zari iza RPA zashingiwe muri Uganda n’abasirikare bakuru yayoboye.  [ Biracyaza ….]

2019-05-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

Ubwanditsi 31 Mar 2024
Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe

Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe

RUSHYASHYA 20 Jun 2026
Ubu kuyobora itorero birasaba kwiga Kaminuza no kuba utarakoze Jenoside

Ubu kuyobora itorero birasaba kwiga Kaminuza no kuba utarakoze Jenoside

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Imyaka 50 irashize Habyarimana afashe ubutegetsi, Ivangura ryaburanze

Imyaka 50 irashize Habyarimana afashe ubutegetsi, Ivangura ryaburanze

Ubwanditsi 30 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Politiki n’ingengabitekerezo bya Jenoside byabujije ba nyiramukubitwa kuba abantu
POLITIKI

Politiki n’ingengabitekerezo bya Jenoside byabujije ba nyiramukubitwa kuba abantu

Ubwanditsi 07 Apr 2018
Polisi y’u Rwanda yakanguriye abatuye mu karere ka Kirehe kwirinda ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yakanguriye abatuye mu karere ka Kirehe kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 29 Jan 2016
Perezida Kagame yaje ku rutonde rw’abantu 100 bubashywe ku Isi
Mu Rwanda

Perezida Kagame yaje ku rutonde rw’abantu 100 bubashywe ku Isi

Ubwanditsi 09 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru