• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Amavubi yahagurukanye i Kigali intego yo gutsindira muri Guinée Conakry

Amavubi yahagurukanye i Kigali intego yo gutsindira muri Guinée Conakry

Ubwanditsi 09 Oct 2018 IMIKINO

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere nibwo ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yahagurutse ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, igiye muri Guinée Conakry gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Cameroon mu mwaka utaha.

Abakinnyi 21 bagaragaza icyizere ku maso bahagurukanye n’abatoza bane; Mashami Vincent, Jimmy Mulisa, Seninga Innocent na Higiro Thomas n’abandi babaherekeje. Bazabanza kunyura muri Cote d’Ivoire mbere yo kwerekeza i Conakry.

Umutoza Mashami yatoranyije abakinnyi 23 ariko abahagurutse i Kigali ni 21 kuko Bizimana Djihad na Nirisarike Salomon bakina mu Bubiligi bazahurira muri Guinea.

Mu bakinnyi bahagurutse ntiharimo Eric Ngendahimana wa Police FC, n’abanyezamu babiri; Omar Rwabugiri wa Mukura VS na Bashunga Abuba wa Rayon Sports bari bahamagawe ariko basabwa gisigara i Kigali.

Cyiza Hussein Mugabo, kapiteni wa Mukura nawe wari wahamagawe yasigaye kubera kubura ibyangombwa byuzuye bimwemerera gukinira Amavubi.

Iyi kipe izaba iyobowe na Haruna Niyonzima nka kapiteni iharugukanye icyizere cyo gushakira amanota atatu hanze y’u Rwanda nkuko IGIHE yabibwiwe na Mashami Vincent.

Yagize ati “Ntabwo twitwaye neza mu mikino iheruka ariko hari icyizere ko umukino utaha uzaba utandukanye. Imikino dukinira hanze abakinnyi nta gitutu kinini kibabaho bituma batanga umusaruro nk’uko byageze muri Ethiopia, Mozambique na Tanzania mu myaka ibiri ishize. Icyizere kirahari kandi tuzakora ibishoboka byose.”

Abakinnyi 23 Amavubi aza kujyana muri Guinea:

Abanyezamu:

Kwizera Olivier (Free State Stars/Afurika y’Epfo)
Kimenyi Yves (APR FC)

Ba myugariro:

Nirisarike Salomon (AFC Tubize, u Bubiligi)
Rwatubyaye Abdoul (Rayon Sports FC)
Rugwiro Herve (APR FC)
Manzi Thierry (Rayon Sports FC)
Fitina Ombolenga (APR FC)
Imanishimwe Emmanuel (APR FC)
Eric Rutanga (Rayon Sports FC)
Rusheshangoga Michel (APR FC)

Abakina hagati:

Mugiraneza Jean Baptiste (APR FC)
Mukunzi Yannick (Rayon Sports FC)
Muhire Kevin (Rayon Sports FC)
Bizimana Djihad (Waasland-Beveren, u Bubiligi)
Haruna Niyonzima (SC Simba, Tanzania)
Manishimwe Djabel (Rayon Sports FC),
Buteera Andrew (APR FC)
Niyonzima Ally (AS Kigali)
Iranzi Jean Claude (APR FC)

Ba rutahizamu:

Kagere Meddie (SC Simba, Tanzania)
Tuyisenge Jacques (Gor Mahia, Kenya)
Hakizimana Muhadjiri (APR FC)
Usengimana Danny (Tersana SC, Misiri)

2018-10-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu mukino Petros utoza Urucaca yashinje abasifuzi bo mu Rwanda ubwiyemezi, Kiyovu SC yatsinze Gorilla FC 1-0

Mu mukino Petros utoza Urucaca yashinje abasifuzi bo mu Rwanda ubwiyemezi, Kiyovu SC yatsinze Gorilla FC 1-0

Ubwanditsi 03 Oct 2023
Kiyovu SC yafashe umwanya wa mbere w’agateganyo nyuma yo gutsinda Rayon Sports 2-0, Marines FC yanyagiwe na Bugesera FC 6-2

Kiyovu SC yafashe umwanya wa mbere w’agateganyo nyuma yo gutsinda Rayon Sports 2-0, Marines FC yanyagiwe na Bugesera FC 6-2

Ubwanditsi 06 Dec 2021
Mauritius yamaze guhamagara abakinnyi 23 izifashisha ikina n’Amavubi

Mauritius yamaze guhamagara abakinnyi 23 izifashisha ikina n’Amavubi

Ubwanditsi 22 Mar 2016

Gicumbi FC, Amagaju FC, Etoile de l’Est na Heroes niyo makipe yageze muri 1/2 cy’imikino yo gukina ikiciro ya mbere mu bagabo umwaka w’imikino wa 2021-2022

Ubwanditsi 07 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

MONUSCO yabonye umugaba mukuru w’ingabo mushya
ITOHOZA

MONUSCO yabonye umugaba mukuru w’ingabo mushya

Ubwanditsi 15 Apr 2018
Uganda: Umupolisi yafashwe yibye inka 2 azitwaye muri ‘pandagari’
Mu Mahanga

Uganda: Umupolisi yafashwe yibye inka 2 azitwaye muri ‘pandagari’

Ubwanditsi 03 May 2018
Umunyamakuru Phocas Ndayizera  wari waraburiwe irengero afunzwe na RIB
INKURU NYAMUKURU

Umunyamakuru Phocas Ndayizera wari waraburiwe irengero afunzwe na RIB

Ubwanditsi 28 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru