• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ese Evariste Ndayishimiye ajya yibuka ko ari Umukuru w’Igihugu?

Ese Evariste Ndayishimiye ajya yibuka ko ari Umukuru w’Igihugu?

Ubwanditsi 18 Mar 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Kuva mu bwana bwe Perezida Evariste Ndayishimiye azwi ku izina rya “Kirogorogo” kubera kuvuga ibyo abonye adatekereje. Ibyo ntibyagarukiye mu bwana bwe kuko ageze no mu myanya mikuru y’ubuyobozi ntiyigeze ahinduka. Byaje kuba agahomamunwa aho abereye Perezida w’igihugu agakomeza kuvuga amagambo atabereye umukuru w’igihugu haba areba politike y’imbere mu gihugu cye ndetse no kuri politiki y’akarere na politiki mpuzamahanga.

Bakiri mu ishyamba Ndayishimiye nanone bamwitaga insamirizi, cyangwa umupupuzi kuko yaravugaga, akavuga byinshi, akavuga yidoga azura akaboze agata umurongo. Kirogororo ubundi ni inyoni ivuga umwanya muremure igahindura n’amajwi.

Perezida Ndayishimiye yavuze ko ubusitani bwa Edeni buvugwa muri Bibiliya buherereye mu Burundi ndetse ko n’ubwato bwa Nowa bwubakiwe muri icyo gihugu . Neva yongeyeho ko u Burundi bukize kurusha Amerika kukomuri Amerika avoka igura amadorali atanu, kandi ibiryo bigura amadorali icumi mugihe idorali rimwe warya mu Burundi.

Nubwo Ndayishimiye avuga ibintu adategekereje hari amagambo avuga agira ingaruka kuri politiki y’akarere. Ubwo yari I Kinshasa ahura n’urubyiruko yavuzeko bagomba gufasha urubyiruko rw’u Rwanda bagakuraho ubutegetsi bwa Perezida Kagame amagambo atemewe muri dipolomasi keretse ari ibihugu birwana

Usibye kandi ibyo Ndayishimiye yavuze kenshi amagambo asa naho akurura intambara adakwiye kuvugwa n’umukuru w’igihugu.

Ku munsi w’ejo Ndayishimiye yavuze amagambo abenshi bibaza niba yari yanyoye urumogi abasirikari be bamukuriye muri Congo. Birazwi ko n’ubundi akunda kuvuga amagambo menshi yasomye ku gahiye ariko ku munsi w’ejo yari yakabije.

Perezida Ndayishimiye yemeje ko ingabo ze ari ingabo z’Imana ko ziri kurwana n’umwanzi Imana ishobora kohereza n’amavubi. Yavuzeko hari abavuga ko ingabo z’u Rwanda zikomeye ariko ko ingabo ze zikomeye kurushaho kuko ari ingabo z’Imana. Ndayishimiye nk’Umugaba Mukuru w’ikirenga yiyambuye ububasha abuha imyemerere ye. Ariko nubwo yitwaza Imana mu icengezamatwararye, Ndayishimiye azwiho kuba umwicanyi utihanganira abo batavuga rumwe cyane cyane akoresheje uburozi dore ko yahereye kuri Perezida Nkurunziza akurukizaho Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka CNDD/FDD Reverien Ndikuriyo aramuroga akaba avuye kwivuza mu bihugu by’iburayi ariko akaba ataragaruka mu kazi.

Ndayishimiye yarenze umupaka avuga ko u Rwanda arirwo nyirabayazana w’ibibazo mu karere kandi ingabo ze zizwiho kwica abanyamulenge ariko akavuga ko ingabo ze zikunzwe muri Congo. Yagiye muri Congo yifatanya na FDLR Interahamwe ngo arashaka kurwanya M23, maze iramushushubikanya imuvana muri Kivu y’amajyarugu imugeza muri Kivu y’amajyepfo mu byumweru bibiri kandi yari afite ingabo zirenga ibihumbi 15.

Ndayishimiye agomba kumenya ko yabaye Perezida w’igihugu akareka kuvuga nkuri mu kabari nako k’urwagwa. Agomba kumenya amagambo avuga akamenya ko ikivuzwe n’umukuru w’igihugu kigira ingaruka.

2025-03-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu nama yatorewemo Motsepe nk’umuyobozi mushya wa CAF, Ethiopia yahawe kwakira CECAFA y’ibihugu, Tanzaniya ihabwa Kagame Cup.

Mu nama yatorewemo Motsepe nk’umuyobozi mushya wa CAF, Ethiopia yahawe kwakira CECAFA y’ibihugu, Tanzaniya ihabwa Kagame Cup.

Ubwanditsi 12 Mar 2021
Igisebo kuri Kiliziya Gatolika yo mu Bubiligi: Ba babikira b’abajenosideri basubiye mu mirimo yabo, ubu baryohewe n’ubuzima nk’aho abo bishe nta gaciro bari bafite

Igisebo kuri Kiliziya Gatolika yo mu Bubiligi: Ba babikira b’abajenosideri basubiye mu mirimo yabo, ubu baryohewe n’ubuzima nk’aho abo bishe nta gaciro bari bafite

Ubwanditsi 06 Jan 2022
Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama

Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama

Ubwanditsi 06 Oct 2022
APR FC na Rayon Sports zigiye gucungira kuri shampiyona, nyuma yaho byanze ku rwego rwa Afurika

APR FC na Rayon Sports zigiye gucungira kuri shampiyona, nyuma yaho byanze ku rwego rwa Afurika

Ubwanditsi 02 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bobi Wine mu rukiko yavuze ko aticuza
HIRYA NO HINO

Bobi Wine mu rukiko yavuze ko aticuza

Ubwanditsi 02 May 2019
Muyoboke yamaganiye kure ibivugwa ko agiye gutandukana na Charly na Nina
MULTIMEDIA

Muyoboke yamaganiye kure ibivugwa ko agiye gutandukana na Charly na Nina

Ubwanditsi 11 May 2017
Ruswa ivuza ubuhuha mu nteko Ishinga Amategeko y’Abanyaburayi, yaba ariyo ituma bamwe mu badepite bayo bikoma u Rwanda?
Amakuru

Ruswa ivuza ubuhuha mu nteko Ishinga Amategeko y’Abanyaburayi, yaba ariyo ituma bamwe mu badepite bayo bikoma u Rwanda?

Ubwanditsi 12 Dec 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru