• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ese Evariste Ndayishimiye ajya yibuka ko ari Umukuru w’Igihugu?

Ese Evariste Ndayishimiye ajya yibuka ko ari Umukuru w’Igihugu?

Ubwanditsi 18 Mar 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Kuva mu bwana bwe Perezida Evariste Ndayishimiye azwi ku izina rya “Kirogorogo” kubera kuvuga ibyo abonye adatekereje. Ibyo ntibyagarukiye mu bwana bwe kuko ageze no mu myanya mikuru y’ubuyobozi ntiyigeze ahinduka. Byaje kuba agahomamunwa aho abereye Perezida w’igihugu agakomeza kuvuga amagambo atabereye umukuru w’igihugu haba areba politike y’imbere mu gihugu cye ndetse no kuri politiki y’akarere na politiki mpuzamahanga.

Bakiri mu ishyamba Ndayishimiye nanone bamwitaga insamirizi, cyangwa umupupuzi kuko yaravugaga, akavuga byinshi, akavuga yidoga azura akaboze agata umurongo. Kirogororo ubundi ni inyoni ivuga umwanya muremure igahindura n’amajwi.

Perezida Ndayishimiye yavuze ko ubusitani bwa Edeni buvugwa muri Bibiliya buherereye mu Burundi ndetse ko n’ubwato bwa Nowa bwubakiwe muri icyo gihugu . Neva yongeyeho ko u Burundi bukize kurusha Amerika kukomuri Amerika avoka igura amadorali atanu, kandi ibiryo bigura amadorali icumi mugihe idorali rimwe warya mu Burundi.

Nubwo Ndayishimiye avuga ibintu adategekereje hari amagambo avuga agira ingaruka kuri politiki y’akarere. Ubwo yari I Kinshasa ahura n’urubyiruko yavuzeko bagomba gufasha urubyiruko rw’u Rwanda bagakuraho ubutegetsi bwa Perezida Kagame amagambo atemewe muri dipolomasi keretse ari ibihugu birwana

Usibye kandi ibyo Ndayishimiye yavuze kenshi amagambo asa naho akurura intambara adakwiye kuvugwa n’umukuru w’igihugu.

Ku munsi w’ejo Ndayishimiye yavuze amagambo abenshi bibaza niba yari yanyoye urumogi abasirikari be bamukuriye muri Congo. Birazwi ko n’ubundi akunda kuvuga amagambo menshi yasomye ku gahiye ariko ku munsi w’ejo yari yakabije.

Perezida Ndayishimiye yemeje ko ingabo ze ari ingabo z’Imana ko ziri kurwana n’umwanzi Imana ishobora kohereza n’amavubi. Yavuzeko hari abavuga ko ingabo z’u Rwanda zikomeye ariko ko ingabo ze zikomeye kurushaho kuko ari ingabo z’Imana. Ndayishimiye nk’Umugaba Mukuru w’ikirenga yiyambuye ububasha abuha imyemerere ye. Ariko nubwo yitwaza Imana mu icengezamatwararye, Ndayishimiye azwiho kuba umwicanyi utihanganira abo batavuga rumwe cyane cyane akoresheje uburozi dore ko yahereye kuri Perezida Nkurunziza akurukizaho Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka CNDD/FDD Reverien Ndikuriyo aramuroga akaba avuye kwivuza mu bihugu by’iburayi ariko akaba ataragaruka mu kazi.

Ndayishimiye yarenze umupaka avuga ko u Rwanda arirwo nyirabayazana w’ibibazo mu karere kandi ingabo ze zizwiho kwica abanyamulenge ariko akavuga ko ingabo ze zikunzwe muri Congo. Yagiye muri Congo yifatanya na FDLR Interahamwe ngo arashaka kurwanya M23, maze iramushushubikanya imuvana muri Kivu y’amajyarugu imugeza muri Kivu y’amajyepfo mu byumweru bibiri kandi yari afite ingabo zirenga ibihumbi 15.

Ndayishimiye agomba kumenya ko yabaye Perezida w’igihugu akareka kuvuga nkuri mu kabari nako k’urwagwa. Agomba kumenya amagambo avuga akamenya ko ikivuzwe n’umukuru w’igihugu kigira ingaruka.

2025-03-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

I Bethlehem hubatswe urukuta rushushanyijeho Trump na Netanyahu basomana

I Bethlehem hubatswe urukuta rushushanyijeho Trump na Netanyahu basomana

Ubwanditsi 30 Oct 2017
Perezida Tshisekedi arakoresha intambara ya Kongo mu nyungu ze bwite

Perezida Tshisekedi arakoresha intambara ya Kongo mu nyungu ze bwite

Ubwanditsi 03 Dec 2024
Amarira y’ingona ya Protais Zigiranyirazo abajijwe ifatwa, ifungwa n’iyicwa ry’abanyapolitiki b’i Gitarama igihe Habyarimana yafataga ubutegetsi

Amarira y’ingona ya Protais Zigiranyirazo abajijwe ifatwa, ifungwa n’iyicwa ry’abanyapolitiki b’i Gitarama igihe Habyarimana yafataga ubutegetsi

Ubwanditsi 18 Aug 2020
Dusobanukirwe neza Umusesabagina-nterahamwe  Uzabakiriho Alfred Antoine wiyita Gitifu Sebatware

Dusobanukirwe neza Umusesabagina-nterahamwe  Uzabakiriho Alfred Antoine wiyita Gitifu Sebatware

Ubwanditsi 29 Apr 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bobi Wine akomeje kwiyegereza urubyiruko mu rugamba rwo kurwanya Perezida Museveni
INKURU NYAMUKURU

Bobi Wine akomeje kwiyegereza urubyiruko mu rugamba rwo kurwanya Perezida Museveni

Ubwanditsi 15 Oct 2018
Musenyeri Smaragde yavuye ku izima
Mu Mahanga

Musenyeri Smaragde yavuye ku izima

Ubwanditsi 11 Jul 2016
Young Africans yegukanye igikombe ku Munsi w’Igikundiro 20245,  ni nyuma yo gutsinda Rayon Sports 3-1
Amakuru

Young Africans yegukanye igikombe ku Munsi w’Igikundiro 20245, ni nyuma yo gutsinda Rayon Sports 3-1

Ubwanditsi 15 Aug 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru