• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Amarira y’ingona ya Protais Zigiranyirazo abajijwe ifatwa, ifungwa n’iyicwa ry’abanyapolitiki b’i Gitarama igihe Habyarimana yafataga ubutegetsi

Amarira y’ingona ya Protais Zigiranyirazo abajijwe ifatwa, ifungwa n’iyicwa ry’abanyapolitiki b’i Gitarama igihe Habyarimana yafataga ubutegetsi

Ubwanditsi 18 Aug 2020 INKURU NYAMUKURU

Mu kiganiro na Radiyo Ijwi ry’Amerika, abishe umusubirizo abanyapolitiki bakomokaga mu nduga, cyane cyane mu yahoze ari Perefegitura ya Gitarama, tariki ya 5 Nyakanga 1973, igihe Habyarimana yakoraga Coup d’Etat, bumvikanye ku ijwi ry’Amerika mu kiganiro cyateguwe na Venuste Nshimiyimana bavuga ko bababajwe n’urupfu rwabo b’abanyapolitiki ariko bongeraho amagambo ashinyagura; abo ni Protais Zigiranyirazo muramu wa Habyarimana, Col Simba na Col Serubuga. Turaza kugaruka ku byatangajwe cyane na Protais Zigiranyirazo, wari Perefe wa Ruhengeri ubwo ibi byabaga ndetse akaba yarafatwaga nkaho ari Perezida wa Ruhengeri aho kuba Perefe, kuko ntawundi wamuhaga amabwiriza yakoraga icyo ashaka nk’uwagabiwe na muramu we koko.
Venuste Nshimiyimana yabajije Protais Zigiranyirazo niba mu myaka 47 ishize atumvako abana b’abanyepolitiki badakeneye kumenya ibyabaye ku babyeyi babo, maze Zigiranyirazo abunza imitima abura icyo avuga agira ati “Birababaje kuba abana batazi aho ababyeyi babo bahambwe biteye agahinda abahazi bashobora kuhamenya ni ugushakira nyine mubabikoraga babicaga bajyaga kubahamba……birababaje uburyo bwose bushobora gukoreshwa kugira ngo umuntu ashobore kubona abo mu miryango yabo bashobore kuba babaririra kuba babashyingura niba bishoboka ku buryo uwo ari we wese ku muntu wo mu muryango we icyo bashobora gukorerwa bagikorerwa”

Kuri Zigiranyirazo, abanyapolitiki b’abahanga ndetse n’abacuruzi igihugu cyari gifite, barenga 200, bagomba kubazwa ababashyinguye; ibi Zigiranyirazo yabivugaga kandi mu gihe yatagatifuje Habyarimana ku mugaragaro, maze urupfu rwabo bose arwegeka kuri Theoneste Lizinde. Twibukiranye ko Lizinde yafashwe agafungwa azira gutegura Coup d’Etat, nyamara yajya kuburanishwa akabazwa ibijyanye n’urupfu rw’abanyapolitiki b’I Gitarama. Lizinde nawe ngo ntiyaripfanye bamugejeje mu rukiko asaba ko Habyarimana na Zigiranyirazo batumizwa muri urwo rubanza kuko nibo bari ku isonga mu rupfu rwabo banyapolitiki.
Kuri Zigiranyirazo, Habyarimana yari umwere kuko ngo abamuvuga ni ugushaka kwangiza isura ye. Mu magambo ye, Zigiranyirazo yumvikanishaga urwango rudasanzwe cyane cyane hagati y’ikibazo cy’abakiga n’abanyenduga kuko kuri we Habyarimana yitoraguriye igihugu ntabwo yakoze Coup d’Etat.
Ntawe utazi uburyo Habyarimana yakindaguye uwari wese wari uzi gusoma no kwandika uvuka I Gitarama, ariko Zigiranyirazo akavuga ati “Umva Habyarimana ntabwo yigeze yanga abanyagitarama pas du tout …” Mu gihe bavuga abanyapolitiki bishwe muri 1973, twibutse ko Abatutsi bo bishwe ku bwinshi ari abaturage basanzwe kandi nta politiki bakoraga, bazize uko bavutse.
Muri icyo kiganiro habaye kutumvikana kw’impande zombi, aho Col Ndengeyinka ashinja Habyarimana gukora Coup d’Etat, harimo gusimbuza abasirikari bose b’abanyenduga babasimbuza abasirikari b’abakiga. Ikindi bivugwa ko umunsi Coup d’Etat yabaye, Perezida Kayibanda yatumije Habyarimana wari Minisitiri w’Ingabo undi aramusuzugura ntiyamwitaba. Bivugwa ko Kayibanda yapfuye, yishwe urwagashinyaguro, kuko yafungiwe no mu Ruhengeli umugore we akajya amusura agenda n’amaguru bityo Veridiyana Mukagatare, apfa mbere y’umugabo we yishwe n’agahinda. Kayibanda we yapfuye muri 1976, nyuma yo gusurwa na Elie Sagatwa, muramu wa Habyarimana.
Albert Bizindoli, uhagarariye abakomoka ku banyapolitiki bishwe na Habyarimana yavuze ko bishimiye intambwe yo kuvuga ababyeyi babo nyuma y’imyaka 47. Yanagarutse ku buryo umubyeyi we Ludoviko Bizindoli, wayoboraga ikigo gishinzwe ubucuruzi (ENACO) yatwawe agafungirwa ku Gisenyi nyuma bumva ko yapfuye.
Kuri Simba, Zigiranyirazo na Serubuga, abanyapolitiki bishwe babazwa Lizinde na Kavaruganda. Bikaba bibabaje cyane. Naho Col Ndengeyinka n’abandi bagashinja Habyarimana n’akazu ke.

2020-08-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Interahamwe ruharwa “Capt” Innocent Sagahutu ngo irashaka impinduka mu Rwanda

Interahamwe ruharwa “Capt” Innocent Sagahutu ngo irashaka impinduka mu Rwanda

Ubwanditsi 04 Jan 2022
Urubanza rwa Sosthène Munyemana rukomeje mu bujurire mu Bufaransa

Urubanza rwa Sosthène Munyemana rukomeje mu bujurire mu Bufaransa

RUSHYASHYA 15 Oct 2025
Perezida Kagame yifurije Boris Johnson gukira vuba #COVID19

Perezida Kagame yifurije Boris Johnson gukira vuba #COVID19

Ubwanditsi 08 Apr 2020
Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul

Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul

RUSHYASHYA 08 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi 384 basezerewe mu kazi ku mpamvu zitandukanye
Mu Rwanda

Abapolisi 384 basezerewe mu kazi ku mpamvu zitandukanye

Ubwanditsi 15 Sep 2018
Undi munyarwanda yashimutiwe Uganda n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikari (CMI)
INKURU NYAMUKURU

Undi munyarwanda yashimutiwe Uganda n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikari (CMI)

Ubwanditsi 11 Dec 2017
Umugore wa Muhoozi Kainerugaba na murumuna we, bakaba n’abakobwa ba Sam Kuteesa banyereje asaga miliyari 6,4 z’amashilingi ya Uganda
Amakuru

Umugore wa Muhoozi Kainerugaba na murumuna we, bakaba n’abakobwa ba Sam Kuteesa banyereje asaga miliyari 6,4 z’amashilingi ya Uganda

Ubwanditsi 07 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru