• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!   |   22 Jan 2021

  • Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!   |   21 Jan 2021

  • Ingabo z’u Rwanda zifite inshingano zidasanzwe zo kurindira umutekano Perezida wa Centrafrique kugera ku muturage wo hasi no gukumira ibitero by’inyeshyamba   |   21 Jan 2021

  • Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi   |   19 Jan 2021

  • U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura   |   18 Jan 2021

  • Umunyarwanda ati:”Umutindi umuha amata akaruka amaraso”. Patrick Habamenshi, ubuparmehutu buranze burakokamye?!   |   18 Jan 2021

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’igikorwa cyagizwe ubwiru kugeza ku munota wa nyuma cyo gufata umuterankunga wa Jenoside Kabuga Felicien, u Bufaransa bwaba bugiye gushyira inyandiko zabwo kuri Jenoside ahabona

Nyuma y’igikorwa cyagizwe ubwiru kugeza ku munota wa nyuma cyo gufata umuterankunga wa Jenoside Kabuga Felicien, u Bufaransa bwaba bugiye gushyira inyandiko zabwo kuri Jenoside ahabona

Editorial 06 Jun 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Rwanda

Mu gihe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi afite aho ahuriye n’igihugu cy’u Bufaransa haba mu itegurwa ryayo kugeza mu gukingira ikibaba abateguye bakanashyira mu bikorwa umugamb wa Jenoside , muri iyi minsi haragaraga ubushake bw’iki gihugu bwo guhindura amateka. Byatangiye aho u Bufaransa, bufatanyije n’ibindi bihugu nk’u Bubiligi n’u Bwongereza bwashyize hamwe bukorana n’itsinda rishinzwe kugurikirana no kuburanisha imanza zasizwe n’urukiko mpanabyaha rwari rwarashyiriweho u Rwanda rwarangije igihe cyarwo mu mwaka wa 2015.

Nkuko amakuru mashya yagiye hanze ku ifatwa rya Kabuga abivuga, avugako yari yihishe mu Bufaransa ku mazina ya Antoine Tounga nk’umukongomani kandi ko yari afite Pasiporo ya Kongo. Polisi icyinjira munzu basanganiwe n’umuhungu wa Kabuga, Donatien Nshimyumuremyi uzwi nka Nshima, noneho Kabuga ashaka kubavugisha mu giswayili avuga ko ari umukongomani.

Ikimenyetso gikuru abagendeye gufata Kabuga bari bafite ni inkovu yari afite ku ijosi, bivugwa ko ari inkovu yatewe n’igikorwa cyo kumubaga ubwo yari arwariye mu Budage mu 2007, ku buryo yo bari bizeye neza ko nta bundi buryo bwo kuyicika yabona. Ni inkovu bivugwa ko ifite santimetero ziri hagati y’umunani n’icyenda ku ruhande rw’iburyo nk’uko mu iperereza RFI yakoze ry’uburyo uyu mugabo yafashwe yabihamirijwe n’umwe mu bapolisi.

Amakuru yuko yari arwariye mu Budage kandi yari yizewe, kuko bayasanze kuri Flash Disk y’umukwe we Augustin Ngirabatware ubwo yafatwaga, akayikandira, ariko polisi y’ubudage ikongera ikayiteranya igasangaho amakuru y’inyemezabuguzi bishyuye ibitaro bagakurikirana bagasanga ibyo bitaro byaravuye umuntu ufite amazina Kabuga akoresha.

Ku munsi wa kabiri w’urubanza rwe, havugiwemo ko ubwo Kabuga yatabwaga muri yombi, kugira ngo inzego z’umutekano zimenye neza ko uwo zafashe ariwe koko, byabaye ngombwa ko zigenzura zifashishije agace gato ko mu rura rwe kakuwemo ubwo yabagwaga mu nda mu bitaro byo mu gace ka Clichy mu Bufaransa, byitwa Beaujon. Iki gikorwa cyo guta muri yombi Kabuga cyari muri operation yitwa “955”, nimero y’umwanzuro wa Loni wo gushinga Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriyeho u Rwanda.

Ikindi cyafashije izi nzego ni iperereza ryakozwe binyuze kuri konti za banki z’abo mu muryango wa Kabuga, zaje kugaragaza ko hari amadolari ibihumbi 10 yishyuwe ku bitaro bya Beaujon biherereye ahitwa Clichy, hafi cyane ya Asnières. Byagaragazaga ko ubwo bwishyu bwakozwe mu mpeshyi ya 2019 na Bernadette Uwamariya, undi mukobwa wa Kabuga wafatwaga nk’umwe mu bakuriye umuryango we mu Bufaransa, akaba yari umugore wa Jean-Pierre Habyarimana umwe mu bahungu ba Habyarimana Juvenal wayoboraga u Rwanda.

Usibye kandi igikorwa cyo gufata Kabuga, u Bufaransa bwateye indi ntambwe mu bijyanye no kurekura amakuru kuri Jenoside yakorewe Abatutsi aho hashize igihe abashakashatsi biruka mu nkiko ngo babone ayo makuru ariko bikaba iby’ubusa.  Umuyobozi mu Rwego rushinzwe kugira inama Guverinoma y’u Bufaransa no gukurikirana ibibazo birebana n’ibyemezo by’ubutegetsi, Conseil d’Etat, yamaze gushyigikira ubusabe bw’umuryango Survie, ku buryo zimwe mu nyandiko bubitse zigaruka ku Rwanda zishobora gutangira gufungurirwa abashakashatsi.

Kuri uyu wa Gatanu nibwo ubusabe bwa François Graner, umwe mu bagize Survie – kuva mu 1984 iharanira impinduka muri politiki y’u Bufaransa kuri Afurika bwashyigikiwe nyuma y’imyaka itanu asaba kwemererwa kureba mu nyandiko u Bufaransa bubitse, zigaruka ku makuru bwari bufite ku Rwanda mbere, mu gihe na nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni inyandiko Perezida François Hollande mu mwaka wa 2015 yatangaje ko zigiye gufungurirwa abashakashatsi, ariko ntabwo byigeze bikorwa biguma mu magambo gusa.  Nyuma yo kwegera inzego zitandukanye ariko ntibigire icyo bitanga, umushakashatsi François Graner yaregeye Urukiko rw’u Burayi rw’Uburenganzira bwa muntu, ku wa 29 Gicurasi 2020 rwohereza iyo dosiye Conseil d’Etat.

Kureba muri izi nyandiko bishobora kuzahishura byinshi birebana n’amakuru u Bufaransa bwari bufite muri kiriya gihe, ku ngingo zirebana n’ihanurwa ry’indege ya Habyarimana ku wa 6 Mata 1994, itegurwa rya Operation Turquoise, ibikorwa by’Abafaransa mu Rwanda n’uburyo batereranye Abatutsi mu Bisesero. Muri ibyo bindi harimo kureba ku buryo u Bufaransa bwahaye intwaro Guverinoma yakoze Jenoside kugeza n’igihe yari mu mayira ihunga ndetse n’igihe yari yageze mu buhungiro muri Zaire.

Umushakashatsi François Graner akaba n’umwanditsi w’igitabo kigaruka ku ngabo z’Abafaransa mu Rwanda yise “Le sabre et la machette” cyasohotse mu 2014, yari amaze imyaka myinshi asaba kureba mu nyandiko 83 byatangajwe ko zashyizwe ahabona na Élysée. Gusa, Dominique Bertinotti washinzwe gukurikirana inyandiko za Mitterrand yasubizaga inyuma ubusabe bwose.

Muri Mata 2019 Perezida Macron yatangaje ko yashyizeho Komisiyo igizwe n’abahanga mu mateka n’abashakashatsi ariko abantu bemeza ko abashakashatsi nyabo bazi amateka y’u Rwanda n’u Bufaransa bigijweyo ko batazizera ibizava muri izo nyandiko.

 

 

2020-06-06
Editorial

IZINDI NKURU

Gasabo: Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasuye abapolisi bo mu mujyi wa Kigali

Gasabo: Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasuye abapolisi bo mu mujyi wa Kigali

Editorial 13 Mar 2017
Ibaruwa ndende Museveni yandikiye Kagame yemera ko yahuye na Mukankusi wo muri RNC na Eugene Gasana  wahoze ari Ambasaderi muri Loni

Ibaruwa ndende Museveni yandikiye Kagame yemera ko yahuye na Mukankusi wo muri RNC na Eugene Gasana wahoze ari Ambasaderi muri Loni

Editorial 19 Mar 2019
Abahoze bayoboye ADEPR basigaye muri gereza bahaye urukiko impamvu na bo bakwiye gufungurwa

Abahoze bayoboye ADEPR basigaye muri gereza bahaye urukiko impamvu na bo bakwiye gufungurwa

Editorial 28 Sep 2017
Kayumba Nyamwasa mu mugambi wo guhitana Jean Paul na Maj Micombero

Kayumba Nyamwasa mu mugambi wo guhitana Jean Paul na Maj Micombero

Editorial 10 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

12 Jan 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

07 Jan 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

16 Oct 2020
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

07 Oct 2020
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

02 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

10 Jan 2021
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

06 Jan 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

05 Jan 2021
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

22 Jul 2020
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

02 Jul 2020
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

25 Jun 2020
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

16 Jun 2020

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru