• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abanyamakuru bahuguwe ku ndwara ya Ebola bahamya ko basobanukiwe ukuri ku rukingo rwayo

Abanyamakuru bahuguwe ku ndwara ya Ebola bahamya ko basobanukiwe ukuri ku rukingo rwayo

Ubwanditsi 20 Jan 2020 Mu Rwanda

Kuva aho indwara ya Ebola yongeye kugaragara ica icyuho mu batuye muri Repubulika Iharanira Demokarasiya Kongo, (RDC) aho abagera ku 2,236 bahitanwe na yo muri 3,288 bagaragaweho n’iyindwara, uRwanda rwafashe iyambere mu kuyikumira bidasubirwaho.

Zimwe mu ngufu zikurikira ingamba uRwanda rwafashe mu kurwanya no gukumira iyi ndwara yahitanye imbaga y’abantu muri DRC, harimo no guhugura abanyamakuru, aho ku ikubitiro abagera kuri 60 bahawe amahugurwa ku kwandika no kuvuga inkuru zijyanye no kurwanya no gukumira indwara ya Ebola bikozwe kinyamwuga kandi birinda gukwirakwiza impuha.

Ubumenyi bahawe kandi bugendanye no kuvuga inkuru uko iri mu gihe hagaragaye indwara runaka y’icyorezo nka Ebola, bityo basabwa kugira ubushishozi bwimbitse no kugira ukuri ku nkuru batangariza Abanyarwanda.

KAYITARE Jean Bosco, ni umwe mu banyamakuru bahawe aya mahugurwa, avuga ko hari byinshi bashoboye gusobanukirwa nko kuba barakuriweho urujijo kuri zimwe mu mpuha zivugwa n’abaturage ku rukingo rwa Ebola.

Yagize ati “Twasobanukiwe neza imikorere y’urukingo rwa Ebola. Ubwo twaganiraga n’abaturage, hari aho twageze abagabo bavuga ngo umugabo utewe urukingo rwa Ebola aba ikiremba, abagore ngo ntibongerra kubyara, ariko ibyo byose ni ibihuha nk’uko twabisobanuriwe n’impuguke. Batwigishije gutangaza amakuru y’ukuri tutagendeye ku bivugwa n’abaturage,”

Aya mahugurwa y’iminsi 3 yatangiye tariki ya 16 Mutarama 2020 yateguwe n’Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda ARJ ngo yitezweho kuzamura ireme ry’inkuru zitangazwa ku ndwara z’ibyorezo cyane cyane Ebola.

Umuyobozi w’ishyirahamwe rya ARJ, Havugimana Aldo yavuze ko aya mahugurwa agamije gutsura ubumenyi ku mitarire n’imitangarize y’inkuru ku byoreo nka Ebola, bityo ngo abanyamakuru bahuguwe ku ikubitiro bakaba bitezweho umusaruro.

Kugeza ubu nta muti wemewe wa Ebola uraboneka. Abaganga bita ku muntu uyirwaye bamusubizamo imyunyungugu n’ibindi umurwayi aba yatakaje kugeza igihe umubiri ubashije guhangana na Virusi itera Ebola.

Nubwo kugeza ubu urukingo rwa Ebola ruhabwa abaganga bita ku barwayi ba Ebola n’abantu bashobora kugira ibyago byo guhura n’uwanduye Ebola, abanyamakuru na bo bifuje kuba mu mubare w’abagomba gukingirwa iyi ndwara kuko na bo bagize igice kinini cy’abahura n’imbaga mu gihe bashakashaka amakuru hirya no hino mu gihugu ndetse rimwe na rimwe bakanarenga imbibi zacyo.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubuzima Malick Kayumba, yijeje itangazamakuru kujya bahabwa amakuru y’ukuri ku ndwara z’ibyorezo nka Ebola mu rwego rwo kurengera ubuzima bw’abaturage.

Yavuze ko biramutse bibayeho ko abanyamakuru bimwa amakuru byatuma ubuzima bwa benshi bujya mu kaga batazi uko bari bwifate mu bihuha byaba bihari ku cyorezo nka Ebola.

Kugeza ubu u Rwanda rumaze gukingira abafite aho bahurira n’abashobora kugira ikibazo cya Ebola. Abagera ku bihumbi bitatu (3000) nibo bamaze gukingirwa, hakaba hatahiwe gukingirwa abandi 6793 mu masite 4, mu giuhe hateganywa gukingira abantu ibihumbi maganabiri (200,000.)

Mu bindi bikorwa byagezweho, hubatswe ahantu 18 mu gihugu umuntu yashyirwa hihariye mu gihe yagaragaje ibimenyetso bya Ebola bategereje ko ibizamini bigaragaza niba koko arwaye.

2020-01-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Byinshi utamenye ku mibanire y’u Rwanda na Congo nkuko byahishuwe na Gen (Rtd) James Kabarebe

Byinshi utamenye ku mibanire y’u Rwanda na Congo nkuko byahishuwe na Gen (Rtd) James Kabarebe

Ubwanditsi 02 Nov 2024
Rutsiro na Karongi  : Abanyamuryango ba FPR basaga  ibihumbi 600,  bakiriye  Umukandida wabo Paul Kagame

Rutsiro na Karongi : Abanyamuryango ba FPR basaga ibihumbi 600, bakiriye Umukandida wabo Paul Kagame

Ubwanditsi 27 Jul 2017
Inararibonye Tito Rutaremara yibukije Abanyarwanda uko amasezerano ya Arusha yavutse

Inararibonye Tito Rutaremara yibukije Abanyarwanda uko amasezerano ya Arusha yavutse

Ubwanditsi 28 Dec 2021
Ni iki gituma imihanda Perezida Kagame yemerera abaturage itinda kubakwa?

Ni iki gituma imihanda Perezida Kagame yemerera abaturage itinda kubakwa?

Ubwanditsi 01 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umusazi-mwenge Karasira Aimable yanze kuburana ngo afite uburwayi bwo mu mutwe, none asohoye igitabo. Niwe wacyanditse, cyangwa aracyitirirwa?
Amakuru

Umusazi-mwenge Karasira Aimable yanze kuburana ngo afite uburwayi bwo mu mutwe, none asohoye igitabo. Niwe wacyanditse, cyangwa aracyitirirwa?

Ubwanditsi 14 Oct 2022
Swede : Umunyamakuru Jean Bosco Gasasira  yajyanywe igitaraganya munzu y’abasazi ( Rehab )
ITOHOZA

Swede : Umunyamakuru Jean Bosco Gasasira yajyanywe igitaraganya munzu y’abasazi ( Rehab )

Ubwanditsi 01 Sep 2016
Gicumbi: Ubukene, ubujiji n’indwara byarindimukanye n’ubutegetsi bubi cyane
Amakuru

Gicumbi: Ubukene, ubujiji n’indwara byarindimukanye n’ubutegetsi bubi cyane

Ubwanditsi 10 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru