• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amafoto – Pyramids FC isezereye APR FC muri CAF Champions League ku bgiteranyo cy’ibitego 6-1 mu mikino yombi   |   29 Sep 2023

  • Inama ya Perezida Tshisekedi na Charles Onana igamije gukwirakwiza amagambo abiba urwango mu karere   |   28 Sep 2023

  • Gen (Rtd) Kabarebe yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minaffet, Francis Gatare asubira muri RDB   |   28 Sep 2023

  • Kiyovu SC yavuye mu maboko ya Mvukiyehe Juvenal ijya muya Ndorimana F. Regis “General”   |   27 Sep 2023

  • Perezida Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abarimo CG Emmanuel K.Gasana   |   27 Sep 2023

  • APR FC yerekeje mu Misiri gukina umukino wo kwishyura na Pyramid mu irushanwa rya CAF Champions League   |   26 Sep 2023

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Gatsibo: Abazitabira itorero ry’igihugu batumwe inzitiramibu

Gatsibo: Abazitabira itorero ry’igihugu batumwe inzitiramibu

Editorial 04 Jan 2016 Mu Mahanga

Abanyeshuri barangije umwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye bo mu karere ka Gatsibo mu ntara y’Iburasirazuba, basabwe kujya mu itorero ry’igihugu rizabera muri ako karere bitwaje inzitiramibu mu rwego rwo kwirinda Malariya.

Bernadette Umfuyisoni ushinzwe itorero mu karere ka Gatsibo yabwiye Rushyashya ko abazitabira itorero babatumye kuzana inzitiramibu.

Yagize ati “Inzitiramibu twarazibatumye, ntabwo twamenya uko twatangira gukemura ikibazo kitaravuka kandi tudateganya ko kizaba gihari kuko amasite amwe tuzabatorezaho zirahari.”

-1635.jpg
Bernadette Umfuyisoni ushinzwe itorero ry’igihugu mu karere ka Gatsibo.

Bernadette yatangaje ibi mu gihe hari andi makuru avuga ko akarere ntacyo kiteguye gufasha abarimo gutegura itorero, kugira ngo abazayitabira batazahura n’indwara ya malariya.

Ikinyamakuru Rushyashya cyagerageje kuvugana n’Umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage ntiyabasha kuboneka ku murongo wa telefoni ndetse ntiyanasubiza ubutumwa bugufi yandikiwe.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu, Ladislas Ngendahima, avuga ko abazitabira itorero ry’igihugu mu Rwanda hose, bazitwaza inzitiramibu. Yagize ati “Hari iziba ziri ku bigo by’amashuri aho abatozwa bazatorezwa, hanyuma aho zitari abana bazaza bazitwaje.”

Bernadette ushinzwe itorero mu karere ka Gatsibo avuga ko kugeza ubu imyiteguro imeze neza, kandi ko nta kibazo bateganya guhura na cyo.

Akomeza avuga ko bimwe mu byo abana bazakura mu itorero, ari umuco w’ubutore, indangagaciro zibafasha gukunda igihugu cyabo.

Avuga kandi koi torero rizitabirwa kuko ngo hatanzwe amatangazo hirya no hino mu nsengero, ndetse hanakoreshwa abahwituzi. Anashimangira ko uwaba atariyandikisha akaba yaracikwanywe, yazaza akazatozwa.

Itorero ry’abanyeshuri barangije umwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye, rizabera i Muhura kuri Lycée, Gakoni, Kabarore na Gatsibo nkuko byatangajwe n’umuyobozi w’itorero ry’igihugu mu karere ka Gatsibo.

Itorero rizahera ku itariki ya 06 kugeza ku ya 15 Mutarama 2016, kuri ubu abatozwa bamaze kwiyandikisha, baragera ku 1951.

RUSHYASHYA

2016-01-04
Editorial

IZINDI NKURU

Induru yo kwa Rusesabagina ipfuye ubusa, bidasubirwaho Johnson Busingye ni Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza

Induru yo kwa Rusesabagina ipfuye ubusa, bidasubirwaho Johnson Busingye ni Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza

Editorial 21 Mar 2022
Umusirikare w’u Rwanda yahitanwe n’impanuka y’imodoka

Umusirikare w’u Rwanda yahitanwe n’impanuka y’imodoka

Editorial 07 Jul 2016
Police HBC yegukanye igikombe cyitiriwe Intwari

Police HBC yegukanye igikombe cyitiriwe Intwari

Editorial 22 Feb 2016
Perezida wa Tanzaniya, Mama Samia Suluhu Hassan ategerejwe mu Rwanda mu ntangiriro z’icyumweru gitaha

Perezida wa Tanzaniya, Mama Samia Suluhu Hassan ategerejwe mu Rwanda mu ntangiriro z’icyumweru gitaha

Editorial 30 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ni iki cyatuma Ahubwo Perezida w’Abanyarwanda atiyamamaza 2024?

Ni iki cyatuma Ahubwo Perezida w’Abanyarwanda atiyamamaza 2024?

20 Sep 2023
Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

15 Sep 2023
Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

10 Sep 2023
Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya

Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya

05 Sep 2023
Polisi yasimbuje Umuvugizi maze CP Kabera JB Ahabwa inshingano nshya

Polisi yasimbuje Umuvugizi maze CP Kabera JB Ahabwa inshingano nshya

30 Aug 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Kurya igi rimwe ku munsi ni umuti ukomeye ku buzima bwa muntu

Kurya igi rimwe ku munsi ni umuti ukomeye ku buzima bwa muntu

24 Sep 2023
JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

20 Sep 2023
Ubwiza bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe yashyizwe mu murage w’Isi wa UNESCO

Ubwiza bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe yashyizwe mu murage w’Isi wa UNESCO

20 Sep 2023
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

29 Aug 2023
Ubanza Ingabire Victoire yariyibagiwe reka tumwibutse uwo ari we

Ubanza Ingabire Victoire yariyibagiwe reka tumwibutse uwo ari we

26 Aug 2023
Umubare w’Abashaka Kumenya Amateka y’Urugamba Bagasura ku Murindi w’intwari Ukomeje Gutumbagira

Umubare w’Abashaka Kumenya Amateka y’Urugamba Bagasura ku Murindi w’intwari Ukomeje Gutumbagira

22 Aug 2023
Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo

Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo

22 Aug 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru