• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Niki cyihishe inyuma y’amagambo Perezida Museveni yavugiye I Kabale amaze kubonana na bagenzi be b’abakuru b’ibihugu?
Perezida Museveni aganira n'abaturage ba Kabale nyuma yo kubonana na bagenzi be i Gatuna

Niki cyihishe inyuma y’amagambo Perezida Museveni yavugiye I Kabale amaze kubonana na bagenzi be b’abakuru b’ibihugu?

Ubwanditsi 22 Feb 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA, Mu Mahanga

Ku munsi w’ejo, nyuma yo guhura n’abakuru b’ibihugu mu nama ya kane irebera hamwe ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda aribo Paul Kagame w’u Rwanda, Felix Tshisekedi wa Kongo  na  João Lourenço w’Angola ku mupaka w’u Rwanda na Uganda I gatuna, Perezida Museveni yageze mu mugi muto wa Kabale aganira n’abaturage mu nzira asubira Kampala.

Ibyavugiwe mu nama twabigarutseho mu nkuru zacu mbere ubu turibanda ku magambo Museveni yabwiye abaturage ba Kabale n’impamvu yayo. Perezida Museveni yavuzeko ibibazo mu Rwanda ngo byatewe n’amacakubiri ari muri FPR ndetse ko Uganda nta ruhare ibifitemo. Icyambere ni uko Uganda ikomeje kotswa igitutu kubera ibimenyetso simusiga bigaragaza uruhare rwayo mu gufasha imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda bikaba byaratumye umupaka wa Gatuna ufungwa. Uyu mupaka niwo watumaga haba ubucuruzi mu mugi wa Kabale kubera urujya n’uruza rwaba abava mu Rwanda cyangwa abava muri Uganda. Mbere yuko bambuka umupaka abacuruzi n’abashoferi b’amakamyo bahitagamo kurara Kabale kugirango bambuke mu gitondo babaruze ibicuruzwa byabo. Ibi byatumaga amafaranga aboneka kubera ubucuruzi bwahakorerwaga.

Ubu ngubu umugi wa Kabale wambaye ubusa bose bibaza impamvu umupaka udafungurwa. Perezida Museveni na NRM bababuriye igisubizo kandi barashaka amajwi. Bityo rero Museveni yagombaga kubegera akagira icyo ababwira nubwo yagaragaje ibinyoma. Uganda imaze igihe ishyigikira imitwe irwanya u Rwanda ariko noneho u Rwanda rwamuvugutiye umuti urambye kandi agomba kuwunywa nubwo agenda asunika igihe.

Buri nama u Rwanda rugaragaza ibimenyetso byuko Uganda binyuze kuri Perezida Museveni ubwe no munzego z’umutekano bashyigikiye RNC aho we ubwe yabonanye n’abayobozi bakuru ba RNC ndetse Minisitiri we Philemon Mateke akabonana n’abayobozi ba FDLR. Ntabwo Museveni yahakanye ibyo u Rwanda ruvuga ahubwo bashakisha inyito.

Nyuma yo guhabwa ukwezi na bagenzi be ko agomba guhagarika imitwe yitwaje intwaro ikorera muri Uganda, Museveni yabuze icyo asobanurira abaturage ba Kabale basubijwe inyuma n’ifungwa ry’umupaka akwirakwiza ibihuha ahakana gukora nabo kandi ibimenyetso bihari. Ntabwo yagombaga guhakana pasiporo ya Mukankusi kandi iyo agenda ariyo akoresha cyangwa se ngo ahakane abarwanyi ba RUD Urunana kandi u Rwanda rumubwira amazina naho baherereye.  Aho gukemura ikibazo, Museveni yagiye gucira umugani abaturage ba Kabale ababwira ko ari ibibazo biri imbere muri FPR ashaka gukwepa uruhare rwe.

Igihe cyo gushakisha amajwi kirageze, Uganda yakozweho n’ingaruka zo gufunga Gatuna cyane ko ariyo nzira ikoreshwa mu bucuruzi haba I Burundi no mu burasirazuba bwa Kongo. Ariko by’umwihariko abaturage ba Kabale byabakozeho ku buryo bugaragara. Ntakindi Museveni yababwira usibye kwikuraho amakosa akayashyira ku Rwanda nyamara imbere ya ad hoc commission ntacyo bavuga. Museveni ushakisha amajwi nta kindi yari kubabwira.

Ikindi abaturage ba Kabale bahishwe igihe kirekire, ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda kuko itangazamakuru ryose ryigaruriwe n’ibiro bishinzwe iperereza CMI na ISO. Ariko ikigaragara ni uko bamwe bamaze kubona ukuri kuko ibirego by’u Rwanda ntibihinduka kandi Uganda ikemura bimwe kandi yari yabanje kubihakana.

Ni ugutegereza tukareba ko Uganda isenya ibirindiro by’imitwe yitwaje intwaro ikorera muri Uganda dore ko yahawe amazina naho bakorera.

2020-02-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Paul Kagame azatanga “Igihango”, Impeta y’Ishimwe y’Ubucuti, kubantu icyenda kubera ibikorwa by’ikirenga bakoreye igihugu.

Perezida Paul Kagame azatanga “Igihango”, Impeta y’Ishimwe y’Ubucuti, kubantu icyenda kubera ibikorwa by’ikirenga bakoreye igihugu.

Ubwanditsi 15 Nov 2017
Ubutabera bwo mu Bufaransa bugiye kubyutsa urubanza rwa Sosthene Munyemana ushinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubutabera bwo mu Bufaransa bugiye kubyutsa urubanza rwa Sosthene Munyemana ushinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 28 Dec 2021
Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe

Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe

RUSHYASHYA 20 Jun 2026
Ku Rwibutso rwa Rebero Hashyinguye  Inzirakarengane z’Abanyapolitiki bishwe muri Jenoside, Menya byinshi n’Impamvu hongeweho n’abandi

Ku Rwibutso rwa Rebero Hashyinguye Inzirakarengane z’Abanyapolitiki bishwe muri Jenoside, Menya byinshi n’Impamvu hongeweho n’abandi

Ubwanditsi 13 Apr 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mwiseneza ku isonga mu majwi y’ibanze y’abahataniye Miss Rwanda 2019
HIRYA NO HINO

Mwiseneza ku isonga mu majwi y’ibanze y’abahataniye Miss Rwanda 2019

Ubwanditsi 20 Jan 2019
Uvuga ko yahoze avura perezida Salva kiir aremeza ko mu mutwe we hatamwemerera kuyobora igihugu
HIRYA NO HINO

Uvuga ko yahoze avura perezida Salva kiir aremeza ko mu mutwe we hatamwemerera kuyobora igihugu

Ubwanditsi 07 May 2018
Vincent Karega: “M23 ntabwo ari u Rwanda kandi Ntabwo irengera inyungu z’u Rwanda ”
Amakuru

Vincent Karega: “M23 ntabwo ari u Rwanda kandi Ntabwo irengera inyungu z’u Rwanda ”

Ubwanditsi 09 Jun 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru